Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Humvikanye ibishya mu rubanza rw’uwigishaga muri Kaminuza uvuga ko arwaye mu mutwe

radiotv10by radiotv10
19/06/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Karasira wabitswe ari muzima yaje mu Rukiko na Bibiliya Abanyamategeko bamuvugaho ibitangaje
Share on FacebookShare on Twitter

Mu rubanza ruregwamo Aimable Karasira Nzaramba wakunze kuvuga ko afite ibibazo byo mu mutwe, Ubushinjacyaha bwongeye ibyaha bishya muri dosiye y’ikirego aregwamo, byanavuzwe agitabwa muri yombi ariko bitaburanwagaho.

Aimable Karasira wabaye umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda, ubu uregwa ibyaha birimo guhakana Jenoside no gukurura amamacakubiri mu Banyarwanda, yari amaze iminsi aburana ku nzitizi yatanze zo kuba afite ibibazo byo mu mutwe, bityo ko adakwiye gukorwaho uburyozwacyaha.

Raporo y’inzobere mu bibazo byo mu mutwe, yari iherutse kugaragaza ko Karasira afite ibibazo byo mu mutwe bikomeye, ariko Ubushinjacyaha bugasobanura ko uburwayi afite butamubuza kuburanishwa.

Byatumye Urugereko Rwihariye rw’Urukiko Rukuru ruburanisha Ibyaha Mpuzamahanga n’ibyambukiranye imipaka rwanzura ko impuguke zongera gukora isuzuma kuri Karasira, zigatanga indi raporo ari na yo yagombaga kuburanwaho kuri uyu wa Mbere tariki 19 Kamena, ariko urubanza rusubikwa itaburanyweho.

Urubanza rwasubitswe ku busabe bw’umunyamategeko wunganira uregwa utari witabiriye iburanisha rya none, wavuze ko kuri iki Cyumweru tariki 18 Kamena 2023, muri sisiteme y’ikoranabuhanga inyuzwamo ibiburanwaho, hagaragaye ibyaha by’inyongera ari byo; kudasobanura inkomoko y’umutungo ndetse n’icyaha cy’iyezandonke.

Ni ibyaha byanavuzweho ubwo Karasira yari agitabwa muri yombi, aho Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, rwavugaga ko ubwo rwajyaga gusaka iwe, rwasanze afite ibihumbi 10 USD, ndetse n’ama-Euro 520, ndetse na Miliyoni 3 Frw kimwe na miliyoni 11 Frw yari afite kuri Mobile Money, ariko akaba yarananiwe gusobanura aho yaturutse.

Me Gatera Gashabana wunganira uregwa, yavuze ko nubwo umukiliya we atitabiriye iburanisha ry’uyu munsi, ariko akeneye umwanya wo kugira icyo avuga kuri ibi byaha bishya byaje muri dosiye ye.

Ubushinjacyaha bwo bwifuzaga ko urubanza rukomeza, hakaburanwa kuri ibi byaba bishya, ariko Urukiko rwanzura ko mu nyungu z’ubutabera, urubanza rusubikwa, uregwa akazabanza kugira icyo avuga kuri ibi byaha bishya, ahibereye, rurwimurira tariki 05 z’ukwezi gutaha kwa Nyakanga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + fifteen =

Previous Post

Ikipe ikomeye i Burayi yatijwe umukinnyi w’iyamanutse mu cyiciro cya 2

Next Post

Abakekwaho igikorwa cy’ubugome ndengakamere bavuze icyo babanje gukora nacyo kigize icyaha

Related Posts

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Moving to a new place can feel overwhelming, especially when you’re doing it by yourself. From packing your things to...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Eng.-Rwanda’s Foreign Minister says FARDC spokesperson’s suspension was driven by Western pressure

by radiotv10
31/12/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation of Rwanda, Olivier Nduhungirehe, says that the suspension of Major General Sylvain...

IZIHERUKA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier
MU RWANDA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abakekwaho igikorwa cy’ubugome ndengakamere bavuze icyo babanje gukora nacyo kigize icyaha

Abakekwaho igikorwa cy’ubugome ndengakamere bavuze icyo babanje gukora nacyo kigize icyaha

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.