Tuesday, July 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Humviswe ibitaramenyekanye ku rupfu rw’abana 10 ubwo haburanishwaga umugabo bari kumwe

radiotv10by radiotv10
09/08/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Humviswe ibitaramenyekanye ku rupfu rw’abana 10 ubwo haburanishwaga umugabo bari kumwe
Share on FacebookShare on Twitter

Mu rubanza ruregwamo umugabo wari kumwe n’abana 10 bitabye Imana barohamye mu mugezi wa Nyabarongo mu Karere ka Muhanga, waburanishirijwe mu ruhame, ubushinjacyaha bwagaragaje ibyabanjirije iyi mpanuka, na we avuga icyatumye barohama ariko cyamaganwa n’Ubushinjacyaha.

Ni urubanza rwabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 08 Kanama 2023, rwaburanishijwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga, rubera mu gace kabereyemo iyi mpanuka mu kwezi gushize tariki 17 Nyakanga.

Ubushinjacyaha bwagaragaje ibimenyetso bushingiraho busaba urukiko guhamya uyu mugabo witwa Ndababonye Jean Pierre, icyaha, birimo ibyo yitangarije we ubwe.

Buvuga ko uregwa na we yiyemerera ko yagize uruhare muri iriya mpanuka, bukavuga ko yahamagaje abana 13 ngo abatware mu bwato atabanje kubimenyesha ababyeyi babo, ubundi agakoresha umwana umwe muri bo w’imyaka 14 ari we yahaye ingashya ngo abambutse abageze muri Ngororero.

Ubushinjacyaha buvuga ko uyu mugabo yari ajyanye abo bana mu kazi mu Murenge wa Ndaro mu Karere ka Ngororero, kandi ko mbere yo kujyana abo bana 13 yari yabanje kumenyeshwa ko ubwo bwato butagomba kurenza abantu batatu, ariko akinangira.

Buvuga ko ubwato bugeze mu mazi, yahise abusunika atitaye ku kuba bwari butwaye abantu barengeje umubare w’abagombaga kubujyamo, bwageramo hagati bukaremererwa bukarohama kuko yari yarengeje umubare.

Ubushinjacyaha bushingiye ku buhamya bwatanzwe n’abana barokotse iyi mpanuka ndetse n’ibyatangajwe n’uregwa mu ibazwa, bwasabye Urukiko kumuhamya icyaha, bukamukatira gufungwa imyaka 2 n’ihazabu ya miliyoni 2 Frw.

Uregwa ugaragaza ko na we yababajwe n’ibyabaye, akavuga ko nta ruhare yagize mu gutuma aba bana barohama, ahubwo ko ngo ubwo bari mu bwato bagezemo hagati bakabukiniramo, bigatuma bucubangana ari na bwo bwarohamaga.

Ni imvugo yahise yamaganwa n’Ubushinjacyaha, bwavuze ko byatewe no kuba ubwato bwari bwaremerewe kandi ko bwari bwarapfumutse kandi ko byari binazwi na mbere y’uko abukoresha.

Avuga kuri iki gihano yasabiwe, Ndababonye yasabye Urukiko guca inkoni izamba kuko yemera icyaha akanagisabira imbabazi, asaba ko yahanishwa igifungo gisubitse.

Urukiko rw’Ibanze rwa Nyamabuye rwahise rupfundikira urubanza, rwanzuye ko ruzasoma icyemezo cyarwo mu cyumweru gitaha tariki 15 Kanama.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − 6 =

Previous Post

P.Kagame yagaragaje abari inyuma y’imvururu ziri muri Afurika anaburira abagambirira inabi u Rwanda

Next Post

Amafaranga yagerekwaga Rutahizamu ukomeye yatewe ishoti n’ikipe ye, iyamwifuzaga itaha yimyiza imoso

Related Posts

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

by radiotv10
29/07/2025
0

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwakoreye ibirori byo gusezerera abasirikare barimo abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj Gen (Rtd) Wilson Gumisiriza,...

Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje

Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje

by radiotv10
29/07/2025
0

Inteko y’Umuco yagaragaje gahunda y’ibirori byo kwihiza Umuganura, isaba Abanyarwanda bose kuzawizihiza baganuzanya baharanira kuba Abanyarwanda b’umutima, badahujwe gusa no...

Harakurikiraho iki nyuma yuko abakoresha MTN Rwanda bahuye n’imbogamizi ikanabiseguraho?

Harakurikiraho iki nyuma yuko abakoresha MTN Rwanda bahuye n’imbogamizi ikanabiseguraho?

by radiotv10
29/07/2025
0

Nyuma yuko abakoresha umurongo wa Sosiyete y’Itumanaho ‘MTN Rwanda’ bahuye n’imbogamizi zirimo guhamagarana, kanisegura ku bakiliya bayo, Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere...

Uburyo bwo kwandura Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura SIDA mu Rwanda

Uburyo bwo kwandura Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura SIDA mu Rwanda

by radiotv10
29/07/2025
0

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC gitangaza ko uburyo bwo kwandura indwara ya Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura Virusi...

Can Rwandan women balance career and family, or is that a lie?

Can Rwandan women balance career and family, or is that a lie?

by radiotv10
29/07/2025
0

In Rwanda today, the image of a modern woman is one of confidence, ambition, and independence. She’s climbing the corporate...

IZIHERUKA

Ari gusaba kugaruka- Perezida wa Rayon yatanze umucyo ku byavuzwe kuri myugariro Aimable
FOOTBALL

Ari gusaba kugaruka- Perezida wa Rayon yatanze umucyo ku byavuzwe kuri myugariro Aimable

by radiotv10
29/07/2025
0

Senegal: Hatanzwe itegeko ry’iperereza ku mvururu zabaye hagati y’abaturage n’inzego z’umutekano zigahitana benshi

Senegal: Hatanzwe itegeko ry’iperereza ku mvururu zabaye hagati y’abaturage n’inzego z’umutekano zigahitana benshi

29/07/2025
Abasirikare batatu b’igisirikare cya Uganda baburiye ubuzima muri Congo

Abasirikare batatu b’igisirikare cya Uganda baburiye ubuzima muri Congo

29/07/2025
AMASHUSHO: Uwayoboye kimwe mu Bihugu bikomeye yagaragaye atwaye imodoka ishaje

AMASHUSHO: Uwayoboye kimwe mu Bihugu bikomeye yagaragaye atwaye imodoka ishaje

29/07/2025
Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

29/07/2025
Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje

Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje

29/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amafaranga yagerekwaga Rutahizamu ukomeye yatewe ishoti n’ikipe ye, iyamwifuzaga itaha yimyiza imoso

Amafaranga yagerekwaga Rutahizamu ukomeye yatewe ishoti n’ikipe ye, iyamwifuzaga itaha yimyiza imoso

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ari gusaba kugaruka- Perezida wa Rayon yatanze umucyo ku byavuzwe kuri myugariro Aimable

Senegal: Hatanzwe itegeko ry’iperereza ku mvururu zabaye hagati y’abaturage n’inzego z’umutekano zigahitana benshi

Abasirikare batatu b’igisirikare cya Uganda baburiye ubuzima muri Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.