Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Humviswe ibitaramenyekanye ku rupfu rw’abana 10 ubwo haburanishwaga umugabo bari kumwe

radiotv10by radiotv10
09/08/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Humviswe ibitaramenyekanye ku rupfu rw’abana 10 ubwo haburanishwaga umugabo bari kumwe
Share on FacebookShare on Twitter

Mu rubanza ruregwamo umugabo wari kumwe n’abana 10 bitabye Imana barohamye mu mugezi wa Nyabarongo mu Karere ka Muhanga, waburanishirijwe mu ruhame, ubushinjacyaha bwagaragaje ibyabanjirije iyi mpanuka, na we avuga icyatumye barohama ariko cyamaganwa n’Ubushinjacyaha.

Ni urubanza rwabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 08 Kanama 2023, rwaburanishijwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga, rubera mu gace kabereyemo iyi mpanuka mu kwezi gushize tariki 17 Nyakanga.

Ubushinjacyaha bwagaragaje ibimenyetso bushingiraho busaba urukiko guhamya uyu mugabo witwa Ndababonye Jean Pierre, icyaha, birimo ibyo yitangarije we ubwe.

Buvuga ko uregwa na we yiyemerera ko yagize uruhare muri iriya mpanuka, bukavuga ko yahamagaje abana 13 ngo abatware mu bwato atabanje kubimenyesha ababyeyi babo, ubundi agakoresha umwana umwe muri bo w’imyaka 14 ari we yahaye ingashya ngo abambutse abageze muri Ngororero.

Ubushinjacyaha buvuga ko uyu mugabo yari ajyanye abo bana mu kazi mu Murenge wa Ndaro mu Karere ka Ngororero, kandi ko mbere yo kujyana abo bana 13 yari yabanje kumenyeshwa ko ubwo bwato butagomba kurenza abantu batatu, ariko akinangira.

Buvuga ko ubwato bugeze mu mazi, yahise abusunika atitaye ku kuba bwari butwaye abantu barengeje umubare w’abagombaga kubujyamo, bwageramo hagati bukaremererwa bukarohama kuko yari yarengeje umubare.

Ubushinjacyaha bushingiye ku buhamya bwatanzwe n’abana barokotse iyi mpanuka ndetse n’ibyatangajwe n’uregwa mu ibazwa, bwasabye Urukiko kumuhamya icyaha, bukamukatira gufungwa imyaka 2 n’ihazabu ya miliyoni 2 Frw.

Uregwa ugaragaza ko na we yababajwe n’ibyabaye, akavuga ko nta ruhare yagize mu gutuma aba bana barohama, ahubwo ko ngo ubwo bari mu bwato bagezemo hagati bakabukiniramo, bigatuma bucubangana ari na bwo bwarohamaga.

Ni imvugo yahise yamaganwa n’Ubushinjacyaha, bwavuze ko byatewe no kuba ubwato bwari bwaremerewe kandi ko bwari bwarapfumutse kandi ko byari binazwi na mbere y’uko abukoresha.

Avuga kuri iki gihano yasabiwe, Ndababonye yasabye Urukiko guca inkoni izamba kuko yemera icyaha akanagisabira imbabazi, asaba ko yahanishwa igifungo gisubitse.

Urukiko rw’Ibanze rwa Nyamabuye rwahise rupfundikira urubanza, rwanzuye ko ruzasoma icyemezo cyarwo mu cyumweru gitaha tariki 15 Kanama.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 − two =

Previous Post

P.Kagame yagaragaje abari inyuma y’imvururu ziri muri Afurika anaburira abagambirira inabi u Rwanda

Next Post

Amafaranga yagerekwaga Rutahizamu ukomeye yatewe ishoti n’ikipe ye, iyamwifuzaga itaha yimyiza imoso

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amafaranga yagerekwaga Rutahizamu ukomeye yatewe ishoti n’ikipe ye, iyamwifuzaga itaha yimyiza imoso

Amafaranga yagerekwaga Rutahizamu ukomeye yatewe ishoti n’ikipe ye, iyamwifuzaga itaha yimyiza imoso

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.