Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Humviswe ibitaramenyekanye ku rupfu rw’abana 10 ubwo haburanishwaga umugabo bari kumwe

radiotv10by radiotv10
09/08/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Humviswe ibitaramenyekanye ku rupfu rw’abana 10 ubwo haburanishwaga umugabo bari kumwe
Share on FacebookShare on Twitter

Mu rubanza ruregwamo umugabo wari kumwe n’abana 10 bitabye Imana barohamye mu mugezi wa Nyabarongo mu Karere ka Muhanga, waburanishirijwe mu ruhame, ubushinjacyaha bwagaragaje ibyabanjirije iyi mpanuka, na we avuga icyatumye barohama ariko cyamaganwa n’Ubushinjacyaha.

Ni urubanza rwabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 08 Kanama 2023, rwaburanishijwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga, rubera mu gace kabereyemo iyi mpanuka mu kwezi gushize tariki 17 Nyakanga.

Ubushinjacyaha bwagaragaje ibimenyetso bushingiraho busaba urukiko guhamya uyu mugabo witwa Ndababonye Jean Pierre, icyaha, birimo ibyo yitangarije we ubwe.

Buvuga ko uregwa na we yiyemerera ko yagize uruhare muri iriya mpanuka, bukavuga ko yahamagaje abana 13 ngo abatware mu bwato atabanje kubimenyesha ababyeyi babo, ubundi agakoresha umwana umwe muri bo w’imyaka 14 ari we yahaye ingashya ngo abambutse abageze muri Ngororero.

Ubushinjacyaha buvuga ko uyu mugabo yari ajyanye abo bana mu kazi mu Murenge wa Ndaro mu Karere ka Ngororero, kandi ko mbere yo kujyana abo bana 13 yari yabanje kumenyeshwa ko ubwo bwato butagomba kurenza abantu batatu, ariko akinangira.

Buvuga ko ubwato bugeze mu mazi, yahise abusunika atitaye ku kuba bwari butwaye abantu barengeje umubare w’abagombaga kubujyamo, bwageramo hagati bukaremererwa bukarohama kuko yari yarengeje umubare.

Ubushinjacyaha bushingiye ku buhamya bwatanzwe n’abana barokotse iyi mpanuka ndetse n’ibyatangajwe n’uregwa mu ibazwa, bwasabye Urukiko kumuhamya icyaha, bukamukatira gufungwa imyaka 2 n’ihazabu ya miliyoni 2 Frw.

Uregwa ugaragaza ko na we yababajwe n’ibyabaye, akavuga ko nta ruhare yagize mu gutuma aba bana barohama, ahubwo ko ngo ubwo bari mu bwato bagezemo hagati bakabukiniramo, bigatuma bucubangana ari na bwo bwarohamaga.

Ni imvugo yahise yamaganwa n’Ubushinjacyaha, bwavuze ko byatewe no kuba ubwato bwari bwaremerewe kandi ko bwari bwarapfumutse kandi ko byari binazwi na mbere y’uko abukoresha.

Avuga kuri iki gihano yasabiwe, Ndababonye yasabye Urukiko guca inkoni izamba kuko yemera icyaha akanagisabira imbabazi, asaba ko yahanishwa igifungo gisubitse.

Urukiko rw’Ibanze rwa Nyamabuye rwahise rupfundikira urubanza, rwanzuye ko ruzasoma icyemezo cyarwo mu cyumweru gitaha tariki 15 Kanama.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + 1 =

Previous Post

P.Kagame yagaragaje abari inyuma y’imvururu ziri muri Afurika anaburira abagambirira inabi u Rwanda

Next Post

Amafaranga yagerekwaga Rutahizamu ukomeye yatewe ishoti n’ikipe ye, iyamwifuzaga itaha yimyiza imoso

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amafaranga yagerekwaga Rutahizamu ukomeye yatewe ishoti n’ikipe ye, iyamwifuzaga itaha yimyiza imoso

Amafaranga yagerekwaga Rutahizamu ukomeye yatewe ishoti n’ikipe ye, iyamwifuzaga itaha yimyiza imoso

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.