Monday, November 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

I Kigali hagiye kugaragara utugare tuzwi mu mijyi yateye imbere

radiotv10by radiotv10
23/08/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
I Kigali hagiye kugaragara utugare tuzwi mu mijyi yateye imbere
Share on FacebookShare on Twitter

Ku bufatanye bw’Ibigo bibiri bikora ibijyanye n’ubwikorezi bw’ibintu no gutwara abantu, mu Rwanda hatangijwe ikoreshwa ry’utugare na moto nto bikoresha amashanyarazi, aho uyu mwaka uzasiga nibura hamaze kuza ibigera muri 500.

Ni amasezerano yasinywe hagati y’Ikigo eWAKA gisanzwe gitanga serivisi zo kugeza ibicuruzwa ku bantu kifashishije moto zikoresha amashanyarazi ndetse n’ikigo AC Mobility gisanzwe ari cyo nyiri ikoranabuhanga ryifashishwa mu gutwara abagenzi rizwi nka Tap&Go.

Aya masezerano yashyizweho umukono kuri uyu wa Kabiri tariki 22 Kanama 2023, yatumye hahita hatangira gukoreshwa utugare duto na moto nto zizwi nka scooters bigera muri 50.

Iki kigo eWAKA gitangaza ko gifite intego yo kuzana izi moto n’amagare 500 kugeza mu mpera z’uyu mwaka, bizajya byifashishwa mu gutembera umujyi wa Kigali, ndetse no mu gutwara ibicuruzwa

Muri uyu mushinga ugamije gushyigikira Guverinoma y’u Rwanda kugera ku ntego yo gukoresha ingufu zidahumanya ikirere kandi n’ubwikorezi buhendutse, biteganyijwe ko umwaka wa 2024 uzarangira hamaze kugera ibi bikoresho 1 000.

Umuyobozi Mukuru wa eWAKA, Celeste Vogel, yavuze ko bishimiye gukorana na AC Mobility Rwanda, kandi ko isoko ry’u Rwanda mu bijyanye n’ibi binyabiziga bikoresha amashanyarazi, rikomeje gukura ku rwego rushimishije ugereranyije n’ahandi muri Afurika.

Ati “Imiterere y’amasoko yatumye dufata icyemezo cyacu cyo kwagurira ibikorwa mu Rwanda no gukorana n’ikigo kiza ku isonga mu ikoranabuhanga rigezweho ritanga ibisubizo mu gutwara abagenzi.”

Umuyobozi Mukuru wa AC Mobility Rwanda, Jones Kizihira na we yavuze ko bishimiye gukorana n’iki kigo cya eWAKA, avuga ko bije gutanga umusanzu w’ubwikorezi no gutwara abagenzi mu kuzamura urwego rw’Ubukungu.

Yagize ati “Bimaze kugaragara ko ibinyabiziga bikoresha amashanyarazi bikenewe cyane. Twizeye ko binyuze muri ubu bufatanye na eWAKA, tuzaha imbaraga ikoreshwa ry’amagare yikorera imizigo na za scooter bikoresha amashanyarazi mu Rwanda.”

U Rwanda rusanzwe ruzwiho kuba ruri gutera intambwe ishimishije mu ikoreshwa ry’ibinyabiziga bidahumanya ikirere, aho hakomeje kugaragara kompanyi zizana moto zikoresha amashanyarazi, zikoreshwa mu gutwara abagenzi mu Mujyi wa Kigali, zikomeje kwiyongera umunsi ku wundi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × three =

Previous Post

Umuhanzi ukunzwe akaba n’umuyobozi mu rwego wa Leta yatangiye undi mwuga w’imyidagaduro

Next Post

Perezida Kagame, Inshuti y’urubyiruko rwamwakiranye morali yo hejuru

Related Posts

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi umugenzuzi mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe Ubuziranenge bw'Ibiribwa n'Imiti (Rwanda FDA), na...

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

by radiotv10
17/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Mirenge ya Kivumu na Nyamyumba mu Turere twa Rubavu na Rutsiro mu Ntara y’Iburengerazuba, bavuga ko...

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

by radiotv10
17/11/2025
0

Many people say Monday is the hardest of the week, but it doesn’t have to be. When you start your...

Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

by radiotv10
17/11/2025
0

Abarerera mu Ishuri Ribanza rya Nyanza ryo mu Murenge wa Ngera mu Karere ka Nyaruguru, barasaba ko inyubako z’iri shuri...

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

by radiotv10
17/11/2025
0

Mu rwego rwo kurwanya indwara zitandura zirimo diyabete yibasiye abangana na 2% mu baturage b’akarere ka Rusizi, ubuyobozi bw’aka karere...

IZIHERUKA

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga
MU RWANDA

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

17/11/2025
Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

17/11/2025
Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

17/11/2025
Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

17/11/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Ubutumwa AFC/M23 yageneye Congo ku gufungura Ikibuga cya Goma no kuyizana mu bibazo byayo n’u Rwanda

17/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame, Inshuti y’urubyiruko rwamwakiranye morali yo hejuru

Perezida Kagame, Inshuti y’urubyiruko rwamwakiranye morali yo hejuru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.