Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

I Kigali hagiye kugaragara utugare tuzwi mu mijyi yateye imbere

radiotv10by radiotv10
23/08/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
I Kigali hagiye kugaragara utugare tuzwi mu mijyi yateye imbere
Share on FacebookShare on Twitter

Ku bufatanye bw’Ibigo bibiri bikora ibijyanye n’ubwikorezi bw’ibintu no gutwara abantu, mu Rwanda hatangijwe ikoreshwa ry’utugare na moto nto bikoresha amashanyarazi, aho uyu mwaka uzasiga nibura hamaze kuza ibigera muri 500.

Ni amasezerano yasinywe hagati y’Ikigo eWAKA gisanzwe gitanga serivisi zo kugeza ibicuruzwa ku bantu kifashishije moto zikoresha amashanyarazi ndetse n’ikigo AC Mobility gisanzwe ari cyo nyiri ikoranabuhanga ryifashishwa mu gutwara abagenzi rizwi nka Tap&Go.

Aya masezerano yashyizweho umukono kuri uyu wa Kabiri tariki 22 Kanama 2023, yatumye hahita hatangira gukoreshwa utugare duto na moto nto zizwi nka scooters bigera muri 50.

Iki kigo eWAKA gitangaza ko gifite intego yo kuzana izi moto n’amagare 500 kugeza mu mpera z’uyu mwaka, bizajya byifashishwa mu gutembera umujyi wa Kigali, ndetse no mu gutwara ibicuruzwa

Muri uyu mushinga ugamije gushyigikira Guverinoma y’u Rwanda kugera ku ntego yo gukoresha ingufu zidahumanya ikirere kandi n’ubwikorezi buhendutse, biteganyijwe ko umwaka wa 2024 uzarangira hamaze kugera ibi bikoresho 1 000.

Umuyobozi Mukuru wa eWAKA, Celeste Vogel, yavuze ko bishimiye gukorana na AC Mobility Rwanda, kandi ko isoko ry’u Rwanda mu bijyanye n’ibi binyabiziga bikoresha amashanyarazi, rikomeje gukura ku rwego rushimishije ugereranyije n’ahandi muri Afurika.

Ati “Imiterere y’amasoko yatumye dufata icyemezo cyacu cyo kwagurira ibikorwa mu Rwanda no gukorana n’ikigo kiza ku isonga mu ikoranabuhanga rigezweho ritanga ibisubizo mu gutwara abagenzi.”

Umuyobozi Mukuru wa AC Mobility Rwanda, Jones Kizihira na we yavuze ko bishimiye gukorana n’iki kigo cya eWAKA, avuga ko bije gutanga umusanzu w’ubwikorezi no gutwara abagenzi mu kuzamura urwego rw’Ubukungu.

Yagize ati “Bimaze kugaragara ko ibinyabiziga bikoresha amashanyarazi bikenewe cyane. Twizeye ko binyuze muri ubu bufatanye na eWAKA, tuzaha imbaraga ikoreshwa ry’amagare yikorera imizigo na za scooter bikoresha amashanyarazi mu Rwanda.”

U Rwanda rusanzwe ruzwiho kuba ruri gutera intambwe ishimishije mu ikoreshwa ry’ibinyabiziga bidahumanya ikirere, aho hakomeje kugaragara kompanyi zizana moto zikoresha amashanyarazi, zikoreshwa mu gutwara abagenzi mu Mujyi wa Kigali, zikomeje kwiyongera umunsi ku wundi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − two =

Previous Post

Umuhanzi ukunzwe akaba n’umuyobozi mu rwego wa Leta yatangiye undi mwuga w’imyidagaduro

Next Post

Perezida Kagame, Inshuti y’urubyiruko rwamwakiranye morali yo hejuru

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame, Inshuti y’urubyiruko rwamwakiranye morali yo hejuru

Perezida Kagame, Inshuti y’urubyiruko rwamwakiranye morali yo hejuru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.