Friday, December 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

I Kinshasa byadogera noneho abanyapolitiki bakomeye barwanya Tshisekedi bakora ibidasanzwe

radiotv10by radiotv10
25/05/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
I Kinshasa byadogera noneho abanyapolitiki bakomeye barwanya Tshisekedi bakora ibidasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

I Kinshasa mu murwa mukuru wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, hongeye kuba imyigaragambyo y’abashyigikiye abatavuga rumwe n’ubutegetsi barimo Moïse Katumbi na Martin Fayulu, ubwo bakomwaga imbere n’igipolisi, hakabaho gushyamirana kwanagaragayemo aba banyapolitiki bakomeye.

Ni akaduruvayo kabaye kuri uyu wa Kane tariki 25 Gicurasi 2023, ubwo Moïse Katumbi na Fayulu bari bagiye ku cyicaro cya Komisiyo y’Igihugu y’amatora kugaragaza ibitekerezo byabo, bakagenda bagaragiwe n’ababashyigikiye benshi.

Ubwo berecyezaga kuri iyi Komisiyo ari ikivunge kinini, Polisi yabakomye imbere ibasaba ko bashaka abantu icumi (10) bagize itsinda rigomba kwinjira muri iyi komisiyo.

Aba batavuga rumwe n’ubutegetsi muri Congo Kinshasa, banze ibyo basabwaga kuko bifuzaga ko binjirana n’abigaragambyaga bose babashyigikiye, bituma hahita havuka akaduruvayo.

Amashusho yagiye akwirakwira ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza abapolisi bari bambaye imyambaro igaragaza ko biteguye guhangana n’abigaragambya, bari guhangana bikomeye na bo ndetse n’aba banyapolitiki.

Ibi byatumye mu mujyi wa Kinshasa, hirirwa mu bihe bidasanzwe kuko abacuruzi biriwe bafunze imiryango kugeza saa sita, kuko abigaragambyaga bari barakaye, bariho batwika amapine.

Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru ahari hari kubera iyi myigaragambyo, Martin Fayulu yavuze ko ibyakozwe uyu munsi bigaragaza ko ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bukomeje gukora uburiganya ku bijyanye n’amatora y’Umukuru w’Igihugu.

Yagize ati “Twaje kubereka ko tudateze kwihanganira uburiganya bwabo mu matora, ntituzemera iby’impapuro z’itora zabo. Impapuro z’itora zabo, zaratekinitswe kugira ngo batambutse Tshisekedi.”

Uyu munyapolitiki wahanganye na Tshisekedi mu matora aheruka agatsindwa ariko we ntiyemere ko yatsinzwe, yavuze ko Abanyekongo badateze kwemera ko uyu Mukuru w’Igihugu cyabo yongera gukorerwa uburiganya bwo kumugumisha ku butegetsi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + 3 =

Previous Post

Twamenye amakuru arambuye ku gikorwa cyakozwe na Mayor cyakoze benshi ku mutima

Next Post

Umuyobozi ukomeye muri Ukraine ategerejwe mu Rwanda mu rugendo rw’amateka…Harakekwa ikimuzanye

Related Posts

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

by radiotv10
11/12/2025
0

Magloire Paluku wahoze ari umunyamakuru, ubu akaba yari Umujyanama mu bijyanye n'itumanaho mu Buhuzabikorwa bw’Ihuriro AFC/M23, akaba yari n'inkoramutima ya...

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

by radiotv10
11/12/2025
0

Nyuma yuko abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo bakubise incuro abarimo abasirikare b’u Burundi, Igihugu cyabo...

Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City

Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City

by radiotv10
11/12/2025
0

Magloire Paluku, a former journalist who later became a Communications Advisor in the Coordination Office of the AFC/M23 coalition and...

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryemeje ko ryamaze gufata umujyi wa Uvira, risaba abaturage bawutuye...

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

by radiotv10
10/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryagaragaje intwaro nyinshi zirimo izirasa kure yambuye ingabo z’u Burundi ziri gufasha FARDC bahanyanye, inerekana impuzankano z’igisirikare cya...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya
MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

by radiotv10
12/12/2025
0

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

11/12/2025
AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

11/12/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

11/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuyobozi ukomeye muri Ukraine ategerejwe mu Rwanda mu rugendo rw’amateka…Harakekwa ikimuzanye

Umuyobozi ukomeye muri Ukraine ategerejwe mu Rwanda mu rugendo rw’amateka…Harakekwa ikimuzanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.