• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

I Kinshasa byadogera noneho abanyapolitiki bakomeye barwanya Tshisekedi bakora ibidasanzwe

radiotv10by radiotv10
25/05/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
I Kinshasa byadogera noneho abanyapolitiki bakomeye barwanya Tshisekedi bakora ibidasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

I Kinshasa mu murwa mukuru wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, hongeye kuba imyigaragambyo y’abashyigikiye abatavuga rumwe n’ubutegetsi barimo Moïse Katumbi na Martin Fayulu, ubwo bakomwaga imbere n’igipolisi, hakabaho gushyamirana kwanagaragayemo aba banyapolitiki bakomeye.

Ni akaduruvayo kabaye kuri uyu wa Kane tariki 25 Gicurasi 2023, ubwo Moïse Katumbi na Fayulu bari bagiye ku cyicaro cya Komisiyo y’Igihugu y’amatora kugaragaza ibitekerezo byabo, bakagenda bagaragiwe n’ababashyigikiye benshi.

Ubwo berecyezaga kuri iyi Komisiyo ari ikivunge kinini, Polisi yabakomye imbere ibasaba ko bashaka abantu icumi (10) bagize itsinda rigomba kwinjira muri iyi komisiyo.

Aba batavuga rumwe n’ubutegetsi muri Congo Kinshasa, banze ibyo basabwaga kuko bifuzaga ko binjirana n’abigaragambyaga bose babashyigikiye, bituma hahita havuka akaduruvayo.

Amashusho yagiye akwirakwira ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza abapolisi bari bambaye imyambaro igaragaza ko biteguye guhangana n’abigaragambya, bari guhangana bikomeye na bo ndetse n’aba banyapolitiki.

Ibi byatumye mu mujyi wa Kinshasa, hirirwa mu bihe bidasanzwe kuko abacuruzi biriwe bafunze imiryango kugeza saa sita, kuko abigaragambyaga bari barakaye, bariho batwika amapine.

Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru ahari hari kubera iyi myigaragambyo, Martin Fayulu yavuze ko ibyakozwe uyu munsi bigaragaza ko ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bukomeje gukora uburiganya ku bijyanye n’amatora y’Umukuru w’Igihugu.

Yagize ati “Twaje kubereka ko tudateze kwihanganira uburiganya bwabo mu matora, ntituzemera iby’impapuro z’itora zabo. Impapuro z’itora zabo, zaratekinitswe kugira ngo batambutse Tshisekedi.”

Uyu munyapolitiki wahanganye na Tshisekedi mu matora aheruka agatsindwa ariko we ntiyemere ko yatsinzwe, yavuze ko Abanyekongo badateze kwemera ko uyu Mukuru w’Igihugu cyabo yongera gukorerwa uburiganya bwo kumugumisha ku butegetsi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − eleven =

Previous Post

Twamenye amakuru arambuye ku gikorwa cyakozwe na Mayor cyakoze benshi ku mutima

Next Post

Umuyobozi ukomeye muri Ukraine ategerejwe mu Rwanda mu rugendo rw’amateka…Harakekwa ikimuzanye

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Umuyobozi ukomeye muri Ukraine ategerejwe mu Rwanda mu rugendo rw’amateka…Harakekwa ikimuzanye

Umuyobozi ukomeye muri Ukraine ategerejwe mu Rwanda mu rugendo rw’amateka…Harakekwa ikimuzanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.