Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

I Masisi urugamba hagati ya AFC/M23 na Wazalendo rwabyutse rwambikanye

radiotv10by radiotv10
29/09/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
I Masisi urugamba hagati ya AFC/M23 na Wazalendo rwabyutse rwambikanye
Share on FacebookShare on Twitter

Imirwano ihanganishije abarwanyi ba AFC/M23 n’inyeshyamba z’umutwe wa Wazalendo urwanirira ubutegetsi bwa DRC, yaramutse yumvikana mu gace ka Kasopo muri Teritwari ya Masisi mu Ntara ya Kivu ya Ruguru.

Iyi mirwano yatangiye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 29 Nzeri 2025, nk’uko amakuru dukesha ikinyamakucuru ACTUALITE.CD abihamya.

Ni imirwano yashojwe n’abarwanyi b’umutwe wa Wazalendo usanzwe urwanrira ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wagabye ibitero ku birindiro by’abarwanyi ba AFC/M23.

Abatuye muri ibi bice byaramukiyemo imirwano, bavuga ko baramutse bumva urusaku rw’imbunda za rutura ndetse n’izoroheje kuva saa kumi n’imwe za mu gitondo ubwo Wazalendo yari igabye ibi bitero.

Iyi mirwano ibaye nyuma y’ibyumweru bibiri muri aka gace hari agahenge dore ko n’ubundi mu minsi ishize, hari habereye imirwano na bwo yashozwaga na Wazalendo yashakaga kwisubiza ibice yambuwe na AFC/M23.

Gusa muri icyo gihe, Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryakomeje kongera imbaraga za gisirikare muri aka gace ka Kasopo, aho ryohereje abasirikare benshi n’intwaro kugira ngo ribashe guhangana n’ibi bitero by’uruhande bahanganye.

Ihuriro AFC/M23 ryo rikomeje kuvuga ko uruhande bahanganye rugizwe na FARDC, FDLR, Wazalendo, Ingabo z’u Burundi n’abacancuro, bakomeje ibikorwa byabo byo kurasa mu bice bitumwe n’abaturage, bakivugana abatari bacye, abandi benshi bakava mu byabo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − two =

Previous Post

IFOTO: Moto yabererekeye igare iba igikoresho cyo gutuma barireba

Next Post

Perezida Kagame yakiriye umukinnyi w’iteramakofe amuha impano y’igihembo yegukanye ku Isi

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yakiriye umukinnyi w’iteramakofe amuha impano y’igihembo yegukanye ku Isi

Perezida Kagame yakiriye umukinnyi w’iteramakofe amuha impano y’igihembo yegukanye ku Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.