Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

I Rubavu haraturuka inkuru ibabaje y’abana bato bishwe n’umusozi wabagwiriye

radiotv10by radiotv10
28/04/2022
in MU RWANDA
0
I Rubavu haraturuka inkuru ibabaje y’abana bato bishwe n’umusozi wabagwiriye
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu,haraturuka inkuru ibabaje y’abana babiri barimo uw’imyaka itanu n’undi w’itandatu bamaze kumenyekana ko bishwe n’inkangu y’umusozi watengutse ukabagwira.

Uyu musozi wa Huye uherereye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka watengutse usanga hari abana bari kuvoma ku iriba riri munsi yawo.

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze butangaza ko hamaze kumenyekana ko abana babiri bishwe n’iyi nkangu, barimo umwe w’umukobwa w’imyaka itanu (5) n’undi w’umuhungu w’imyaka itandatu (6).

Kagina Diogene usanzwe ari umukozi ushinzwe ubuhinzi uri kuyobora by’agateganyo Umurenge wa Nyundo, yavuze ko bikekwa ko iyi nkangu yahitanye abandi bana babiri bivugwa n’ababyeyi babo ko bashobora kuba bahitanywe n’iyi nkangu.

Uyu muyobozi avuga ko iyi nkangu yari ifite uburemere kuko itaka ryamanutse ryageze ahangana na Metero ziri hagati ya 300 na 500.

Ati “Kandi noneho igiteye inkeke ni uko byagiye bisimbuka [ibitaka] tunakeka ko byabasimbukiye noneho bikabatabamo.”

Uyu mukozi usanzwe ashinzwe iby’ubuhinzi avuga ko iyi nkangu yabaye nta mvura yaherukaga kugwa muri aka gace.

Ati “Umurenge wa Nyundo ufite ubutaka bw’inombe ariko bufite amazi cyane. Nta mvura yaraye iguye, yaherukaga kugwa mu minsi ibiri ishize ariko turakeka ko ubutaka bwamaze gusoma noneho n’aho hantu hatengutse bigaragara ko ubutaka buri ku rutare bikaba ari byo bayeteye kuba bugenda bwimuka mu buryo bworoshye.”

Avuga ko inzego zinyuranye zirimo iz’umutekano batangiye gukorana kugira ngo hakomeze gushakishwa n’abandi bana bikekwa ko bagwiriye n’uyu musozi.

Ni inkangu ikomeye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + 14 =

Previous Post

Mageragere: Ababyariye muri Gereza bahembwa nk’abandi babyeyi bose n’igikoma kikabageraho

Next Post

Byatangiye kujya hanze…Hasohotse amajwi bivugwa ko ari Prince Kid abwira Muheto ko yamwihebeye

Related Posts

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

IZIHERUKA

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)
MU RWANDA

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Byatangiye kujya hanze…Hasohotse amajwi bivugwa ko ari Prince Kid abwira Muheto ko yamwihebeye

Byatangiye kujya hanze…Hasohotse amajwi bivugwa ko ari Prince Kid abwira Muheto ko yamwihebeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.