Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibigo byinshi byasabye guhinga urumogi mu Rwanda ariko bitanu nibyo bigaragaza ubushobozi

radiotv10by radiotv10
21/03/2022
in MU RWANDA
0
Ibigo byinshi byasabye guhinga urumogi mu Rwanda ariko bitanu nibyo bigaragaza ubushobozi
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere (RDB) rutangaza ko hari ibigo byinshi byasabye guhinga urumogi ariko ko bitanu ari byo byagaragaje ko bifite imbaraga mu kubahiriza amabwiriza yashyizweho.

Muri Kamena 2021 hasohotse Iteka rya Minisitiri No 003/MoH/2021 ryo ku wa 25/06/2021 ryerekeye ihingwa n’itunganywa ry’urumogi n’ibikomoka ku rumogi.

Iteka ryerekeye ihingwa ry’urumogi, ryagaragazaga ko abazemererwa guhinga urumogi bagomba kugaragaza uburyo bazajya bacungira umutekano imirima y’urumogi ndetse n’ibindi bisabwa.

Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) ruratangaza ko Leta y’u Rwanda yamaze kugena hegitari 134 zizahingwaho urumogi ndetse ko ubwo butaka bwatangiye gutegurwa.

Ubutumwa bw’iki Kigo, bugaragaza ko kompanyi nyinshi zagaragaje ubushake bwo guhinga urumogi, kurutunganya no kurujyana hanze.

Ubu butumwa bukomeza bugaragaza RDB yakomeje gukorana n’abafatanyabikorwa ba Leta  mu kwakira ubwo busabe ariko ko Guverinoma y’u Rwanda yagerageje gutoranya ibiko bifite ubushobozi bwo guhinga urumogi rwo gutunganyamo imiti.

RDB igira iyi “Inyigo yakozwe mu byiciro bitandukanye. Kugeza ubu Kompanyi eshanu ni zo zigeze ku rwego rushimishije.”

Gusa kugeza ubu nta kigo mu Rwanda kirahabwa icyangombwa cyo guhinda, gutunganya cyangwa kohereza urumogi kuko RDB itaragira icyo yemerera.

Amakuru avuga ko ibigo byasabye ubu burenganzira bwo guhinga urumogi mu Rwanda, ari ibyo mu bice binyuranye ku Isi, gusa hakabamo n’ibyo mu Rwanda.

Ubwo Guverinoma y’u Rwanda yemezaga iteka ryo guhinga ibihingwa birimo urumogi byifashishwa mu gutunganya imiti, bamwe mu Banyarwanda ntibahise babyumva kuko iki kiyobyabwenge kiri mu bikomeye, gisanzwe kiri mu bishyirwamo ingufu nyinshi mu kubirwanya.

Guverimoma y’u Rwanda itangaza ko n’ubwo iri teka rihari ariko urumogi rukiko mu biyobyabwenge bikomeye ndetse ko n’imbaraga zo kukirwanya zizakomeza gukazwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × three =

Previous Post

Kiyovu ikoza imitwe y’intoki ku gikombe yongeye guhana Rayon iyitsinda 2-0 birimo icyaciye incundura

Next Post

Urukiko rwavuze ko igihe rwari rwihaye cyo gusomera ba Rusesabagina cyarubanye gito

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026
AMAHANGA

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Urukiko rwavuze ko igihe rwari rwihaye cyo gusomera ba Rusesabagina cyarubanye gito

Urukiko rwavuze ko igihe rwari rwihaye cyo gusomera ba Rusesabagina cyarubanye gito

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.