Saturday, December 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ibigwi by’umutoza wabengutswe n’kipe y’ibikombe i Burayi igiye gutandukana n’uyisizemo amateka aremereye

radiotv10by radiotv10
28/09/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ibigwi by’umutoza wabengutswe n’kipe y’ibikombe i Burayi igiye gutandukana n’uyisizemo amateka aremereye
Share on FacebookShare on Twitter

Real Madrid irifuza Roberto De Zerbi usanzwe atoza ikipe ya Brighton& Hove Albion FC nk’umusimbura wa Carlo Ancelotti uzatandukana n’iyi kipe ubwo uyu mwaka w’imikino uzaba urangiye. Ibinyamakuru bitandukanye by’I Burayi bikomeje kubigarukaho cyane.

Ancelotti ategerejweho kongera guhesha ikipe ya Real Madrid igikombe cya Shampiyona (ubu iyoboye urutonde rwa Shampiyona) ategerejweho kandi kongera guhesha iyi kipe igikombe cya UEFA Champions League kibitswe na Manchester City kugeza ubu, nyuma y’ibi akajya gutoza ikipe y’Igihugu ya Brazil nk’uko bitekerezwa.

Amazina menshi y’abashobora kumusimbura yagiye agarukwaho harimo n’uwahoze ari umukinnyi wa Real Madrid ubu utoza Bayer Leverkusen yo mu Budage, Xabi Alonso, gusa nk’uko bitangazwa na Cadena, ikipe ya Real Madrid itazirwa Los Blancos ngo izakora ibishoboka byose izane Roberto De Zerbi Santiago Bernabeu i Madrid nyuma y’akazi gakomeye ari gukorera Brighton.

Roberto De Zerbi yaje mu ikipe ya Brighton umwaka w’imikino ushize avuye muri Shaktar Donesk, aza asimbuye Graham Potter wari ugiye muri Chelsea FC.

Nyuma y’igihe gito ahageze yahise atsindira imitima y’abakunzi ba Brighton ndetse n’abakunzi b’umupira w’amaguru muri rusange bijyanye n’uburyo akina umupira we ndetse akanatsinda amakipe makuru.

Nanone kandi iyi kipe ntiyigeze ihindura gahunda yo kugurisha abakinnyi bayo beza, aho mu mpeshyi iheruka yagurishije abarimo Alexis McAllister wagiye muri Liverpool na Moises Caicedo wagiye muri Chelsea kimwe n’abandi.

Ubu Brighton ni iya 3 ku rutonde rwa Shampiyona, ikaba ari nayo imaze kwinjiza ibitego byinshi kugeza ubu (18) mu mikino 6 gusa, bivuze ko nibura yinjiza ibitego 3 kuri buri mukino.

Bivugwa ko uwakwifuza gukura Roberto De Zerbi muri Brighton yakwishyura angana na Miliyoni 11 z’Ama-Pound, yaba ari macye cyane kuri Real Madrid irimo ishima cyane akazi arimo gukora mu Bwongereza.

Abel Deus KWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × three =

Previous Post

Bidasubirwaho umuhanzi ufite abakunzi benshi mu Rwanda yashimangiye ko yahinduye amayira

Next Post

Igikekwa ku rupfu rw’abahungu babiri basanze bapfiriye mu nzu nyuma yo kwica urugi

Related Posts

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

by radiotv10
13/12/2025
0

Rutahizamu wa Police FC, Kwitonda Alain bakunze kwita Bacca, yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga, ahamya ko ari itangirira...

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

by radiotv10
12/12/2025
0

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports biravugwa ko agera mu Rwanda mu mpera z’iki...

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon yatanze umucyo ku bibaza ku hazaza h’ikipe

by radiotv10
11/12/2025
0

Umuyobozi w’inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yatangaje itariki ntarengwa iyi kipe izaba yamaze kubona umutoza mushya wayo, ndetse anagaruka...

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

by radiotv10
09/12/2025
0

Uwari Umuyobozi w’ikipe ya APR FC, Brigadier General Déo RUSANGANWA, ntakiri kuri uyu mwanya kubera izindi nshingano z’akazi ke ka...

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

by radiotv10
09/12/2025
0

Rutahizamu wa Police FC n’Ikipe y’Igihugu Amavubi, Byiringiro Lague yifurije umugore we isabukuru nziza y’imyaka ine bamaze bakoze ubukwe bemeranyijwe...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igikekwa ku rupfu rw’abahungu babiri basanze bapfiriye mu nzu nyuma yo kwica urugi

Igikekwa ku rupfu rw’abahungu babiri basanze bapfiriye mu nzu nyuma yo kwica urugi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.