Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ibigwi by’umutoza wabengutswe n’kipe y’ibikombe i Burayi igiye gutandukana n’uyisizemo amateka aremereye

radiotv10by radiotv10
28/09/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ibigwi by’umutoza wabengutswe n’kipe y’ibikombe i Burayi igiye gutandukana n’uyisizemo amateka aremereye
Share on FacebookShare on Twitter

Real Madrid irifuza Roberto De Zerbi usanzwe atoza ikipe ya Brighton& Hove Albion FC nk’umusimbura wa Carlo Ancelotti uzatandukana n’iyi kipe ubwo uyu mwaka w’imikino uzaba urangiye. Ibinyamakuru bitandukanye by’I Burayi bikomeje kubigarukaho cyane.

Ancelotti ategerejweho kongera guhesha ikipe ya Real Madrid igikombe cya Shampiyona (ubu iyoboye urutonde rwa Shampiyona) ategerejweho kandi kongera guhesha iyi kipe igikombe cya UEFA Champions League kibitswe na Manchester City kugeza ubu, nyuma y’ibi akajya gutoza ikipe y’Igihugu ya Brazil nk’uko bitekerezwa.

Amazina menshi y’abashobora kumusimbura yagiye agarukwaho harimo n’uwahoze ari umukinnyi wa Real Madrid ubu utoza Bayer Leverkusen yo mu Budage, Xabi Alonso, gusa nk’uko bitangazwa na Cadena, ikipe ya Real Madrid itazirwa Los Blancos ngo izakora ibishoboka byose izane Roberto De Zerbi Santiago Bernabeu i Madrid nyuma y’akazi gakomeye ari gukorera Brighton.

Roberto De Zerbi yaje mu ikipe ya Brighton umwaka w’imikino ushize avuye muri Shaktar Donesk, aza asimbuye Graham Potter wari ugiye muri Chelsea FC.

Nyuma y’igihe gito ahageze yahise atsindira imitima y’abakunzi ba Brighton ndetse n’abakunzi b’umupira w’amaguru muri rusange bijyanye n’uburyo akina umupira we ndetse akanatsinda amakipe makuru.

Nanone kandi iyi kipe ntiyigeze ihindura gahunda yo kugurisha abakinnyi bayo beza, aho mu mpeshyi iheruka yagurishije abarimo Alexis McAllister wagiye muri Liverpool na Moises Caicedo wagiye muri Chelsea kimwe n’abandi.

Ubu Brighton ni iya 3 ku rutonde rwa Shampiyona, ikaba ari nayo imaze kwinjiza ibitego byinshi kugeza ubu (18) mu mikino 6 gusa, bivuze ko nibura yinjiza ibitego 3 kuri buri mukino.

Bivugwa ko uwakwifuza gukura Roberto De Zerbi muri Brighton yakwishyura angana na Miliyoni 11 z’Ama-Pound, yaba ari macye cyane kuri Real Madrid irimo ishima cyane akazi arimo gukora mu Bwongereza.

Abel Deus KWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two − 1 =

Previous Post

Bidasubirwaho umuhanzi ufite abakunzi benshi mu Rwanda yashimangiye ko yahinduye amayira

Next Post

Igikekwa ku rupfu rw’abahungu babiri basanze bapfiriye mu nzu nyuma yo kwica urugi

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igikekwa ku rupfu rw’abahungu babiri basanze bapfiriye mu nzu nyuma yo kwica urugi

Igikekwa ku rupfu rw’abahungu babiri basanze bapfiriye mu nzu nyuma yo kwica urugi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.