Tuesday, October 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

“Ibikorwa byibasira UN ntibyemewe” – MONUSCO yamaganye abigaragambya muri RDC

radiotv10by radiotv10
11/02/2024
in AMAHANGA, IMIBEREHO, POLITIKI, UMUTEKANO
0
DRCongo: Habura gato ngo Abanyekongo birare mu mihanda babwiwe ibisa nko kubakanga
Share on FacebookShare on Twitter

Bintou Keita Intumwa idasanzwe y’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), yamaganye imyigaragambyo yibasira ibikorwa by’Umuryango w’Abibumbye mu mujyi wa Kinshasa.

Ni nyuma y’uko tariki 10 Gashyantare 2024 urubyiruko rwabyukiye imbere ya Ambasade ya Amerika n’u Bufaransa, rutwika amapine ruvuga ko rurambiwe kwicwa, ibi bihugu ntibigire icyo bikora.

Ni inkundura yo kugaragaza ko amahanga ntacyo akora ku mutekano mucye uvugwa mu Burasirazuba bwa Congo yatangijwe n’ikipe y’umupira w’amaguru y’igihugu cya DRC mu mukino wabahuje n’ikipe y’igihugu cya Côte d’Ivoire, aho bakoze ikimenyetso kigaragaza gufunga umunwa cyangwa se guceceka mu gihe abantu barimo kwicwa.

Ni igikorwa cyakozwe n’abagize Guverinerma i Kinshasa, bucya urubyiruko mu mujyi wa Kinshasa rujya kwigaragambya imbere ya Ambasade ya Amerika n’u Bufaransa ndetse ikigo cy’Abafaransa cya Canal+ kiratwikwa.

Imodoka z’ibigo bikorera Umuryango w’Abibumbye zibasiwe, ndetse imodoka ya Ambasade ya Côte d’Ivoire iratwika.

Ambasade ya Côte d’Ivoire yagize iti”Ku wa Gatandatu tariki 10 Gashyantare 2024 mu mujyi wa Kinshasa abantu bibasiye imodoka ya Ambasade n’imiryango mpuzamahanga yemewe gukorera muri DRC. Imodoka ya Ambasade ya Côte d’Ivoire yarangijwe bikomeye, kandi ni ibikorwa bibangamiye ubuzima bwa muntu n’ibyabo. Ambasade ya Côte d’Ivoire ikaba isaba abaturage n’igihugu cyabo kwigengesera, kwirinda kujya mu tubari, no kwirinda kwambara imyenda igaragaza igihugu cyabo no kwirinda guhangana n’Abanyekongo.”

Intumwa idasanzwe y’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Bintou Keita, yamaganye urugomo rwibasira ibikorwa by’Umuryango w’Abibumbye.

Yagize ati “Ibikorwa byibasira abakozi b’Umuryango w’Abibumbye n’imiryango yabo ntibyemewe.”

Yibukije ko kwibasira abakozi b’Umuryango w’Abibumbye n’ingabo ziri mu butumwa bw’amahoro bibangamira akazi ka MONUSCO irimo gufasha ingabo za FARDC guhangana n’umutwe wa M23, asaba Leta ya Kinshasa guhagarika ibi bikorwa n’ababigiramo uruhare bagakurikiranwa.

Umwe mu rubyiruko ruvuga ko ruharanira uburenganzira bw’abaturage witwa
Patrick Ricky Paluku, mu butumwa yoherereje abigaragambya, yagize ati “Ubu hagiye gukurikiraho Ambasade y’u Bufaransa nyuma ya Ambasade ya Amerika i Kinshasa, dushyire ubwenge ku gihe dutwike Ambasade zose za Amerika, France, Ubwongereza, Pologne n’imodoka zose za MONUSCO, PAM na UNHCR. Muri makeya ikintu cyose cy’Umuryango w’Abibumbye muri RDC harimo n’imiryango mpuzamahanga nterankunga ibakorera muri serivisi z’ubutasi.”

Mu butumwa Paluku Ricky Patrick yanyujije muri gurupe za Whatsapp tariki 9 Gashyantare 2024, yari yavuze ko kwigaragambya bidahagije ahubwo hakwiye kugira ibikorwa byangiza inyungu z’ibihugu bishinjwa gushyigikira u Rwanda, avuga ko hakwiye kwibasirwa ikigo cy’Abafaransa Canal+, guhombya ingendo z’indenge zikorera muri RDC hamwe n’ibigo by’ubucuruzi bikorera muri iki gihugu.

Kimwe mu bikomeje kuzamura uburakari bw’abaturage ni uburyo inyeshyamba za M23 zikomeje gutsinda ingabo za FARDC n’abafatanyabikorwa bayo, bakavuga ko irimo gufashwa n’u Rwanda.

Icyakora abandi baturage bavuga ko Leta ya Kinshasa yagombye guca bugufi ikabumva bakaganira amahoro akagaruka, mu gihe abandi bavuga ko bashyigikiye Leta yabo yanze imishyikirano ahubwo bagomba gutera u Rwanda bakarutsinda.

Nubwo Leta ya Kinshasa ikomeje gushinja u Rwanda gufasha umutwe wa M23, ubuyobozi bwa M23 butangaza ko burwanira uburenganzira bw’Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda bo mu bwoko bw’Abatutsi bamaze imyaka 30 mu buhunzi mu bihugu byo mu Karere, abandi bakaba bicwa na FDLR n’indi mitwe ifite ingengabitecyerezo ya Jenoside mu Burasirazuba bwa Congo.

Ubuyobozi bwa M23 busaba ko imitwe yitwaza intwaro y’abanyamahanga icyurwa mu bihugu byabo, naho imitwe yo mu gihugu igasubizwa mu buzima busanzwe, impunzi zose zigacyurwa mu gihugu ndetse zikarindirwa umutekano.

RadioTV10Rwanda 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + four =

Previous Post

Umugabo yagwiriwe n’urukuta rw’inzu arapfa

Next Post

Ubuyobozi bwa RTDA bwagaragaje ingano y’ibirometero byubatswe mu myaka 30

Related Posts

Amakuru mashya ava i Paris mu Bufaransa ahabereye ubujura buhambaye

Amakuru mashya ava i Paris mu Bufaransa ahabereye ubujura buhambaye

by radiotv10
28/10/2025
0

Nyuma y’ubujura bwakoranywe ubuhanga mu mwanya nk’uwo guhumbya bwabereye mu nzu ndangamurage ya Louvre mu Bufaransa, ubu abantu babiri bakekwaho...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

by radiotv10
28/10/2025
0

Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe kugenzura ibikoresho bikoreshwa mu buzima muri Afurika y’Epfo, cyatangaje ko muri iki Gihugu hagiye gutangizwa itangwa ry’umuti...

BREAKING: Byahinduye isura muri Cameroon nyuma yo gutangaza ko Paul Bia w’imyaka 92 yatsinze amatora 

BREAKING: Byahinduye isura muri Cameroon nyuma yo gutangaza ko Paul Bia w’imyaka 92 yatsinze amatora 

by radiotv10
27/10/2025
0

Paul Biya w’imyaka 92 yatangajwe nk’uwatsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu, ibintu byakurikiwe n’imvururu z’abashyigikiye Issa Tchiroma Bakary wemeza ko ari we...

Ibura rikabije ry’ibikomoka kuri Peteroli mu Gihugu kimwe ryatumye gifata icyemezo gikomeye

Ibura rikabije ry’ibikomoka kuri Peteroli mu Gihugu kimwe ryatumye gifata icyemezo gikomeye

by radiotv10
27/10/2025
0

Igihugu cya Mali cyahagaritse amasomo mu mashuri abanza, ayisumbuye na kaminuza mu Gihugu hose, kubera ikibazo gikomeye cy’ibura ry’ibikomoka kuri...

Uwari Minisitiri w’Intebe muri Mali yakatiwe imyaka ibiri kubera ibyo yanditse ku mbuga nkoranyambaga

Uwari Minisitiri w’Intebe muri Mali yakatiwe imyaka ibiri kubera ibyo yanditse ku mbuga nkoranyambaga

by radiotv10
27/10/2025
0

Moussa Mara wahoze ari Minisitiri w’Intebe muri Mali, yakatiwe igifungo cy’imyaka ibiri irimo umwe usubitse nyuma yo guhamywa ibyaha birimo...

IZIHERUKA

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana
MU RWANDA

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana

by radiotv10
28/10/2025
0

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

28/10/2025
Ntibirajya mu murongo neza-Brig.Gen Deo wa APR yavuze birambuye ku mitoreze y’umutoza mushya

Ntibirajya mu murongo neza-Brig.Gen Deo wa APR yavuze birambuye ku mitoreze y’umutoza mushya

28/10/2025
Amakuru mashya ava i Paris mu Bufaransa ahabereye ubujura buhambaye

Amakuru mashya ava i Paris mu Bufaransa ahabereye ubujura buhambaye

28/10/2025
Rwanda’s Smart National ID project worth over Rwf 100 billion

Rwanda’s Smart National ID project worth over Rwf 100 billion

28/10/2025
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

28/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
“Nabonye ntacyo naha igihugu cyanjye, uretse kucyitura nkagiha imbaraga zanjye”-Umupfumu yubatse umuhanda

Ubuyobozi bwa RTDA bwagaragaje ingano y’ibirometero byubatswe mu myaka 30

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

Ntibirajya mu murongo neza-Brig.Gen Deo wa APR yavuze birambuye ku mitoreze y’umutoza mushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.