Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 riravuga ko ridashobora kwihanganira na busa imvugo zibiba urwangano zikomeje gukaza ubukana muri Uvira na Ituri no mu bindi bice binyuranye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kimwe n’ibindi bikorwa bibangamira rubanda biri kuhabera.
Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka kuri uyu wa Kane tariki 04 Nzeri 2025.
Kanyuka avuga ko “Iyi ngengabitekerezo yabibwe mu baturage bikozwe n’Ubutegetsi bwa Kinshasa n’abarwanyi babwo bishyize hamwe, byumwihariko FARDC, FDLR, Mai-Mai Wazalendo, Imbonerakure n’abasirikare b’u Burundi, byibutsa umwuka wari i Goma mbere yuko ibohozwa n’abarwanyi ba AFC/M23 mu mpera za Mutarama.”
Uyu Muvugizi wa AFC/M23 akomeza agaragaza ibikorwa bibi biriho bibera muri biriya bice, aho yavuze ko muri Uvira, imvugo zibiba urwangano zikomeje kwiyongera mu buryo budasanzwe kandi ko zigeze ku rwego rwo kutihanganirwa.
Ati “Nanone kandi abarwanyi bishyizwe hamwe [barwanirira Leta ya DRC] bari guhuza ibikorwa banagaba ibitero mu bice bituwemo n’abaturage, bakica abanyagihugu bagenzi bacu, bikanatuma benshi bava mu byabo bagahunga.”
Kanyuka akomeza agira ati “Ibi bikorwa bigamije kurimbura abantu hagendewe ku bwoko bwabo, bikongezwa n’ubutegetsi budashoboye bwa Kinshasa muri Uvira, muri Ituri no mu bindi bice by’Igihugu, bigomba guhagarara vuba na bwangu.”
Umuvugizi wa AFC/M23 yaboneyeho kwibutsa Umuryango Mpuzamahanga n’Imiryango Itegamiye kuri Leta irengera uburenganziea bwa muntu, ko ibi biriho bikorwa ari uguhonyora bikomeye ihame ry’Iyubahirizwa ry’uburengaznira bwa muntu, ndetse n’amahame shingiro y’uburenganzira bwa muntu yashyizweho n’Umuryango mpuzamahanga.
RADIOTV10