Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibirambuye ku ifoto ya Perezida wa Kenya yagarutsweho cyane

radiotv10by radiotv10
03/05/2024
in AMAHANGA, POLITIKI, UDUSHYA
0
Ibirambuye ku ifoto ya Perezida wa Kenya yagarutsweho cyane
Share on FacebookShare on Twitter

Ifoto n’amashusho bigaragaza Perezida wa Kenya, Dr William Ruto ari kugenda afata icyo kunywa cya mu gitondo anyuzamo akanareba kuri telefone, hamenyekanye igihe yafatiwe n’icyo yari agiye gukora.

Ni amafoto n’amashusho bikomeje kugaragara ku mbuga nkoranyambaga, aho benshi bashima uyu Mukuru w’Igihugu wakunze kugaragaza kwicisha bugufi.

Aya amafoto n’amashusho byafashwe ku wa wa Kabiri tariki 30 Mata 2024, ubwo Perezida William Ruto yerecyezaga mu cyumba kigari yayoboreyemo Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yari yatumije ngo Guverinoma yige ku kibazo cy’imyuzure ikomeje kwibasira iki Gihugu.

Ikinyamakuru Standard Media gikorera muri Kenya, kiri mu byatangaje aya makuru y’uburyo Perezida William Ruto yagiye kuyobora Inama y’Abaminisitiri ari kunywa icyo kunywa cya mu gitondo.

Mu butumwa dukesha iki kinyaamkuru, buvuga ko “Perezida William ruto yagaragaye anywa akarahure k’icyayi ubwo yari agiye kuyobora Inama y’Abaminisitiri mu Biro by’Umukuru w’Igihugu i Nairobi.”

EARLIER: President William Ruto enjoying a cup of tea ahead of the Cabinet meeting at State House Nairobi. The Cabinet deliberated on the floods situation in the country, among other issues.

Photos: PCS pic.twitter.com/6fBzi9xbZI

— The Standard Digital (@StandardKenya) April 30, 2024

Ni inama y’Abaminisitiri yateranye mu buryo butunguranye, yakurikiye ibiza byari byabaye mu ijoro ryo ku ya 29 rishyira ku ya 30 Mata 2024, byari byahitanye abantu barenga 50.

Perezida William Ruto ni umwe mu Bakuru b’Ibihugu bakunze kugaragaza guca bugufi. Muri Mata 2023 ubwo Perezida Ruto yagiriraga uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Rwanda, akanasura Intara y’Iburasirazuba mu Karere ka Bugesera, ubwo yerecyezagayo na bwo yagaragaye yagiye gufata icyayi mu iduka ricuruza amafunguro yoroheje i Nyamata.

H.E Ruto William 🥰, I like this man 👏🏃‍♂️ pic.twitter.com/WqgKIQ5rIT

— 🅵🅰🅱🆁🅸🅲🅴 🅺🅰🅿🅰🅻🅰🅶🅶A (@KanyarwandaWacu) May 3, 2024

Perezida Ruto ubwo yari agiye kuyobora Inama y’Abaminisitiri yagaragaye agenda anywa ka cyayi

Muri Mata umwaka ushize Perezida William Ruto yafatiye icyayi muri resitora imwe i Bugesera

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − seven =

Previous Post

Umufaransa wishimiye u Rwanda akomeje gutangaza benshi n’igare rye ridasanzwe akoresha azenguruka Isi

Next Post

Menya amakuru y’ibyakozwe hashingiwe ku isomo ryasizwe n’ibiza byahitanye Abanyarwanda 130 n’ibiri gukorwa

Related Posts

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

by radiotv10
14/01/2026
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida Evariste Ndayishimiye w'u Burundi, wujuje imyaka 50 y’amavuko, yashimiye umugabo we utuma ubuzima bwe...

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu...

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

by radiotv10
13/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Abarwanyi ba AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga, yongeye gushimangira ko iri Huriro rizaruhuka ari uko ribohoye Igihugu cya...

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

by radiotv10
13/01/2026
0

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi mu bice binyuranye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, guha imbaraga abasanzweyo...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru
AMAHANGA

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya amakuru y’ibyakozwe hashingiwe ku isomo ryasizwe n’ibiza byahitanye Abanyarwanda 130 n’ibiri gukorwa

Menya amakuru y’ibyakozwe hashingiwe ku isomo ryasizwe n’ibiza byahitanye Abanyarwanda 130 n’ibiri gukorwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.