Sunday, July 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

radiotv10by radiotv10
17/05/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
1
Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Ntarindwa yafashwe mu cyumweru gishize nyuma y'imyaka 23 yihisha mu mwobo

Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwataye muri yombi umugabo ukekwaho gukora Jenoside yakorewe Abatutsi, wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu y’umugore babanaga nk’abashakanye wo mu Karere ka Nyanza, nyuma y’uko avuye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yari yarahungiye.

Ntarindwa Emmanuel yatawe muri yombi kuri uyu wa Kane tariki 16 Gicurasi 2024, ndetse afatanwa na Mukamana Eugenie wari umucumbikiye mu nzu ye ndetse babana nk’umugore n’umugabo.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10, yemeje aya makuru, avuga ko Ntarindwa Emmanuel “Yafatiwe i Nyanza aho yari amaze imyaka 23 yihishe mu mwobo ucukuye mu nzu ku itariki 16 z’ukwa gatanu, akaba afungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Busasamana.”

Dr Murangira avuga ko uyu mugabo yafatanywe n’uyu Mukamana Eugenie we ukurikiranyweho kumubera icyitso “kuko ni we wamuhishe.”

Ntarindwa yari yarahamijwe gukora Jenoside yakorewe Abatutsi, aho yayikoreye mu yahoze ari Komini Kigoma na Nyabisindu, ubu habaye mu Karere ka Nyanza.

Umuvugizi wa RIB yavuze ko uyu Ntarindwa amaze gukora Jenoside Yakorewe Abatutsi mu 1994, yahungiye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akaza kugaruka mu Rwanda muri 2001 ari na bwo yajyaga kwihisha kwa Mukamana Eugenie yafatiwe.

Dr Murangira avuga ko uyu wamucumbikiye bari baturanye mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse ko bari baziranye mbere y’uko ahunga.

Ati “Kuva rero icyo gihe, yabaye muri iyo nzu adasohoka. Bari barabanje gucukura umwobo inyuma y’inzu aho yihishaga ariko ngo baza kugira amakenga ko bazababona, hanyuma bigira inama yo gucukura umwobo mu nzu, bawubakaho urutara ari nk’uburiri.”

Ntarindwa yabanaga n’uyu Mukamana nk’umugore n’umugabo, ndetse ko bari barabyaranye umwana umwe.

Dr Murangira avuga koi fatwa rya Ntarindwa, ryagezweho mu bikorwa bya RIB isanzwe ikora by’iperereza, ndetse no guhabwa amakuru n’abaturage, aboneraho kubashimira kuba baranze guhishira icyaha n’abanyabyaha.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Asifiwe Regis says:
    1 year ago

    Nuburyo bwiza bwo kubahana rwose

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + 4 =

Previous Post

Uko kwakira kandidatire ya Perezida Kagame mu Matora azabaho bwa mbere manda ari imyaka 5 byagenze

Next Post

Perezida Kagame yakiriye ku meza abitabiriye Inama ‘Africa CEO Forum’ barimo Abaperezida batatu (AMAFOTO)

Related Posts

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

by radiotv10
26/07/2025
0

Nyuma yuko hasakaye ibaruwa bigaragara ko yanditswe n’Umuyobozi w’Ikio cya C.L Gashonga TSS cyo mu Karere ka Rusizi, agaya umukozi...

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

by radiotv10
26/07/2025
0

Mu Murenge wa Murama mu Karere ka Kayonza hari gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ ikomeje gufasha abaturage mu kwikemurira amakimbirane yo mu...

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

by radiotv10
25/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abayobozi bakwiye kujya mu nshingano bazumva kandi bakazikorana ubushake n’imyumvire bibaturutsemo bibumvisha ko akazi barimo...

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

by radiotv10
25/07/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubutaka mu Rwanda kigaragaza ko ubutaka bwanditse ku bagore gusa bihariye badafite abo babuhuriyeho ari 18,88% mu...

Ubutumwa bwa bamwe mu bashyizwe muri Guverinoma nshya n’isezerano baha Perezida n’Abanyarwanda

Ubutumwa bwa bamwe mu bashyizwe muri Guverinoma nshya n’isezerano baha Perezida n’Abanyarwanda

by radiotv10
25/07/2025
0

“Kuyobora Abanyarwanda ntako bisa pe…” Ni bumwe mu butumwa Perezida Paul Kagame yavugiye i Kayonza ubwo yari mu bikorwa byo...

IZIHERUKA

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’
MU RWANDA

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

by radiotv10
26/07/2025
0

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

26/07/2025
Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

26/07/2025
Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

25/07/2025
Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

25/07/2025
General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

25/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yakiriye ku meza abitabiriye Inama ‘Africa CEO Forum’ barimo Abaperezida batatu (AMAFOTO)

Perezida Kagame yakiriye ku meza abitabiriye Inama 'Africa CEO Forum' barimo Abaperezida batatu (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.