Sunday, December 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibiro bya Tshisekedi wavuze ko adateze kuganira na M23 byagize icyo bivuga ku byatangajwe

radiotv10by radiotv10
12/03/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ibintu biri kurushaho kuba bibi- Perezida Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi w’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ntiyemeye cyangwa ngo ahakane ibyatangajwe na Angola ko ubutegetsi bw’iki Gihugu (DRC) bugiye kugirana ibiganiro n’umutwe wa M23.

Mu bihe binyuranye, Perezida Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yavuze ko igihe cyose azaba akiri Umukuru w’iki Gihugu, adateze kwemera ko Guverinoma ye igirana ibiganiro n’umutwe wa M23.

Kuri uyu wa Mbere tariki 11 Werurwe 2025, Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Angola wahawe inshingano z’ubuhuza mu bibazo biri mu burasirazuba bwa DRC, byatangaje ko mu gihe cya vuba, Perezida w’iki Gihugu azatangiza ibiganiro bizahuza ubutegetsi bwa Congo n’umutwe wa M23.

Perezidansi ya Angola, ivuga ko ibi biganiro by’imishyikirano, bigamije gushaka amahoro mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Tina Salama, Umuvugizi w’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, ntiyavuze byinshi niba ubutegetsi bw’iki Gihugu bwashyize bukemera ibiganiro.

Yagize ati “Ibiganiro na M23: Twamenye kandi dutegereje kureba ishyirwa mu bikorwa ry’uru rugendo rw’ubuhuza bwa Angola.”

Uyu Muvugizi wa Tshisekedi yakomeje avuga ko hari hasanzwe hariho ibiganiro by’i Nairobi.

Ni mu gihe mu biganiro by’i Nairobi byagombaga gutumirwamo imitwe yose yitwaje intwaro y’Abanyekongo iri mu burasirazuba bwa DRC, byakumiriwemo uyu mutwe wa M23.

Ibi biganiro bishya by’i Luanda bizayoborwa na Angola hagati ya DRC na M23, byatangajwe nyuma yuko Perezida Tshisekedi agiriye uruzinduka i Luanda muri Angola akanahura na mugenzi we João Manuel Gonçalves Lourenço.

Nyuma y’ibi biganiro, Umuvugizi wa Perezidansi ya Congo, Tina Salama na bwo yari yavuze ko “Angola yatangaje ko igiye gutangiza urugendo rw’ubuhuza.”

Ni ibiganiro byatangajwe mu gihe umutwe wa M23 ukomeje kwigarurira ibice binyuranye mu burasirazuba bwa DRC, aho ndetse na wo wakunze kuvuga kenshi ko udateze gutuza igihe cyose ubutegetsi bwa Congo butemeye ko bicarana ku meza y’ibiganiro, bukemera gushyira mu bikorwa ibyifuzo byawo, bukanahagarika ibikorwa byo kubangamira bamwe mu Banyekongo byumwihariko abo mu bwoko bw’Abatutsi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + 6 =

Previous Post

Perezida Kagame yavuze icyo yabwira Tshisekedi baramutse bahuye imbonankubone

Next Post

Havuzwe amayeri y’uwafatanywe magendu y’inzoga zihenze zifite agaciro k’asaga miliyoni 4Frw

Related Posts

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

by radiotv10
13/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko uruhande bahanganye rugizwe n’abarimo ingabo z’u Burundi,...

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Leta Zunze Ubumwe za America zaburiye ko zishobora gufatira ibihano bikomeye Sudan y’Epfo, birimo no kuyihagarikira inkunga ihabwa, nyuma yo...

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

AFC/M23 yashyize hanze imyitwarire iteye impungenge ya bamwe mu basirikare b’u Burundi nyuma yo kubatsinda

by radiotv10
12/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko nubwo abasirikare benshi b’u Burundi basubiye mu Gihugu cyabo nyuma yo gukubitirwa incuro muri Uvira, hari...

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

by radiotv10
11/12/2025
0

Magloire Paluku wahoze ari umunyamakuru, ubu akaba yari Umujyanama mu bijyanye n'itumanaho mu Buhuzabikorwa bw’Ihuriro AFC/M23, akaba yari n'inkoramutima ya...

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

by radiotv10
11/12/2025
0

Nyuma yuko abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo bakubise incuro abarimo abasirikare b’u Burundi, Igihugu cyabo...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Havuzwe amayeri y’uwafatanywe magendu y’inzoga zihenze zifite agaciro k’asaga miliyoni 4Frw

Havuzwe amayeri y’uwafatanywe magendu y’inzoga zihenze zifite agaciro k’asaga miliyoni 4Frw

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.