Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibiro bya Tshisekedi wavuze ko adateze kuganira na M23 byagize icyo bivuga ku byatangajwe

radiotv10by radiotv10
12/03/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ibintu biri kurushaho kuba bibi- Perezida Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi w’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ntiyemeye cyangwa ngo ahakane ibyatangajwe na Angola ko ubutegetsi bw’iki Gihugu (DRC) bugiye kugirana ibiganiro n’umutwe wa M23.

Mu bihe binyuranye, Perezida Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yavuze ko igihe cyose azaba akiri Umukuru w’iki Gihugu, adateze kwemera ko Guverinoma ye igirana ibiganiro n’umutwe wa M23.

Kuri uyu wa Mbere tariki 11 Werurwe 2025, Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Angola wahawe inshingano z’ubuhuza mu bibazo biri mu burasirazuba bwa DRC, byatangaje ko mu gihe cya vuba, Perezida w’iki Gihugu azatangiza ibiganiro bizahuza ubutegetsi bwa Congo n’umutwe wa M23.

Perezidansi ya Angola, ivuga ko ibi biganiro by’imishyikirano, bigamije gushaka amahoro mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Tina Salama, Umuvugizi w’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, ntiyavuze byinshi niba ubutegetsi bw’iki Gihugu bwashyize bukemera ibiganiro.

Yagize ati “Ibiganiro na M23: Twamenye kandi dutegereje kureba ishyirwa mu bikorwa ry’uru rugendo rw’ubuhuza bwa Angola.”

Uyu Muvugizi wa Tshisekedi yakomeje avuga ko hari hasanzwe hariho ibiganiro by’i Nairobi.

Ni mu gihe mu biganiro by’i Nairobi byagombaga gutumirwamo imitwe yose yitwaje intwaro y’Abanyekongo iri mu burasirazuba bwa DRC, byakumiriwemo uyu mutwe wa M23.

Ibi biganiro bishya by’i Luanda bizayoborwa na Angola hagati ya DRC na M23, byatangajwe nyuma yuko Perezida Tshisekedi agiriye uruzinduka i Luanda muri Angola akanahura na mugenzi we João Manuel Gonçalves Lourenço.

Nyuma y’ibi biganiro, Umuvugizi wa Perezidansi ya Congo, Tina Salama na bwo yari yavuze ko “Angola yatangaje ko igiye gutangiza urugendo rw’ubuhuza.”

Ni ibiganiro byatangajwe mu gihe umutwe wa M23 ukomeje kwigarurira ibice binyuranye mu burasirazuba bwa DRC, aho ndetse na wo wakunze kuvuga kenshi ko udateze gutuza igihe cyose ubutegetsi bwa Congo butemeye ko bicarana ku meza y’ibiganiro, bukemera gushyira mu bikorwa ibyifuzo byawo, bukanahagarika ibikorwa byo kubangamira bamwe mu Banyekongo byumwihariko abo mu bwoko bw’Abatutsi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 5 =

Previous Post

Perezida Kagame yavuze icyo yabwira Tshisekedi baramutse bahuye imbonankubone

Next Post

Havuzwe amayeri y’uwafatanywe magendu y’inzoga zihenze zifite agaciro k’asaga miliyoni 4Frw

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Havuzwe amayeri y’uwafatanywe magendu y’inzoga zihenze zifite agaciro k’asaga miliyoni 4Frw

Havuzwe amayeri y’uwafatanywe magendu y’inzoga zihenze zifite agaciro k’asaga miliyoni 4Frw

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.