Sunday, January 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Ibisa no guterana amagambo hagati ya Dj Briane n’Umupasiteri w’umugore ukunzwe mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
12/06/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, UDUSHYA
0
Ibisa no guterana amagambo hagati ya Dj Briane n’Umupasiteri w’umugore ukunzwe mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvangamiziki Gateka Brianne uzwi nka Dj Brianne, yanenze ibyo yumvanye uwari uri kubwiriza mu rusengero rwa Pasiteri Mignone, bigatuma ataha adafashijwe nk’uko yari abyiteze. Uyu Mupasiteri we avuga ko ibyigishijwe n’uwo mubwiriza nta kosa ririmo.

Dj Briane uzwiho kwisanzura mu gutanga ibitekerezo, akaba adasiba kuvugira mu biganiro ku mbuga nkoranyambaga, yagaragaje uko aherutse kujya gusenga azi ko ari bufashwe ariko agatungurwa n’inyigisho zatanzwe n’umwe mu babwirizaga.

Yagize ati “Nagiye gusenga kwa Mignone nsanga umugore muremure w’igikara abwiriza, sinamwibagirwa n’ubu ngiyeyo namusangayo. Numva aravuze ngo haleluya, turashima Imana ko twese hano uko turi aha Imana yaduhaye amamodoka, amazu meza twese tugenda mu mamodoka meza.”

Yakomeje agira ati “Icyo gihe hari hamaze kwinjira umukecuru n’umuryango we baberekeza iyo bicaraga. Nakomeje kwibaza umuntu wifata akabwiriza ibintu nk’ibi? Biri mu bintu byangerageje.”

Gusa Dj Briane avuga ko uyu mugore wigishaga muri uru rusengero rwa Pasiteri Mignone, atari uyu Mupasiteri usanzwe akunzwe mu Rwanda, ahubwo ko ari undi.

Yavuze ko ahubwo Pasiteri Mignone yafashije abagore icumi bari bashonje, akabaha ibihumbi 100 Frw kuri buri umwe, mu gihe uwo mwigisha yari yavuze ko abari muri urwo rusengero bose bagiriwe ubuntu n’Imana, ikabaha buri kimwe.

Pasiteri Mignone na we yagize icyo avuga ku byatangajwe na Dj Briane, avuga ko uwo mubwiriza wigishirizaga mu rusengero rwe, nta kosa yakoze, kuko yagaragaza ubuhamya bw’ibyo Imana yakoze.

Yagize ati “Bakristo murekere gukina n’igikundiro cy’Imana ku buzima bwanyu. Nta muntu n’umwe mugomba ubusobanuro bw’ibyo Imana ibaheramo imigisha cyangwa ibyo Imana ikora mu buzima bwanyu.”

Yakomeje agira ati “Abo gufashwa bafashwe ariko n’abashima Imana ntibaterwe amabuye.”

Arongera ati “Abantu bashaka ngo duceceke ibyo Imana yakoze kugira ngo bigende bite? Imana iracyakora ibitangaza, Kuko hari abakirira ntibikwiye gutera ipfunwe abo Imana yahojeje amarira.”

Dj Brianne ngo yatunguwe n’inyigisho yumviye kwa Pastor Mignone
Pasiteri Mignone ati “sigaho guhangana n’ubuhamya bw’abagiriwe neza n’Imana”

Jolie MUKANTWALI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − seven =

Previous Post

Uko hakozwe operasiyo yo gufata abarimo umugore bakoresheje amayeri adasanzwe batwaye ibitemewe

Next Post

Uko Ikiswahili cyakuruye impaka mu Gihugu cyo ku Mugabane wa America

Related Posts

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

by radiotv10
16/01/2026
0

Umunyamakuru Angelibert Mutabaruka uzwi nka Angeli Mutabaruka yavuze igihe yahuriye bwa mbere na KNC batangiye bakorana bombi ari abanyamakuru, nyuma...

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuririmbyi w’indirimbo z’Imana, Uwiringiyimana Théogène wamamaye nka ‘Theo Bosebabireba’ yavuze ko abamututse ko yagaragaye aririmba indirimbo ‘Pom Pom’ bamuhoye ubusa...

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

by radiotv10
15/01/2026
0

Umuhanzikazi Bwiza Emerance avuga ko yatunguwe no kumva amakuru y’uko yafatiwe irembo n’umusore bamaze igihe bakundana ndetse bitegura kurushinga, ahamya...

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umukinnyi wa Filimi Uwihoreye Jean Bosco wamamaye nka Ndimbati, ari mu gahinda ko gupfusha umubyeyi we witabye Imana azize uburwayi....

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishimwe Arnaud De Bosch uzwi nka DJ Toxxyk uregwa ibyaha birimo ibishingiye ku kugonga umupolisi agahita yitaba Imana, yaburanye ku...

IZIHERUKA

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho
MU RWANDA

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

by radiotv10
18/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko Ikiswahili cyakuruye impaka mu Gihugu cyo ku Mugabane wa America

Uko Ikiswahili cyakuruye impaka mu Gihugu cyo ku Mugabane wa America

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.