Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Ibisa no guterana amagambo hagati ya Dj Briane n’Umupasiteri w’umugore ukunzwe mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
12/06/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, UDUSHYA
0
Ibisa no guterana amagambo hagati ya Dj Briane n’Umupasiteri w’umugore ukunzwe mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvangamiziki Gateka Brianne uzwi nka Dj Brianne, yanenze ibyo yumvanye uwari uri kubwiriza mu rusengero rwa Pasiteri Mignone, bigatuma ataha adafashijwe nk’uko yari abyiteze. Uyu Mupasiteri we avuga ko ibyigishijwe n’uwo mubwiriza nta kosa ririmo.

Dj Briane uzwiho kwisanzura mu gutanga ibitekerezo, akaba adasiba kuvugira mu biganiro ku mbuga nkoranyambaga, yagaragaje uko aherutse kujya gusenga azi ko ari bufashwe ariko agatungurwa n’inyigisho zatanzwe n’umwe mu babwirizaga.

Yagize ati “Nagiye gusenga kwa Mignone nsanga umugore muremure w’igikara abwiriza, sinamwibagirwa n’ubu ngiyeyo namusangayo. Numva aravuze ngo haleluya, turashima Imana ko twese hano uko turi aha Imana yaduhaye amamodoka, amazu meza twese tugenda mu mamodoka meza.”

Yakomeje agira ati “Icyo gihe hari hamaze kwinjira umukecuru n’umuryango we baberekeza iyo bicaraga. Nakomeje kwibaza umuntu wifata akabwiriza ibintu nk’ibi? Biri mu bintu byangerageje.”

Gusa Dj Briane avuga ko uyu mugore wigishaga muri uru rusengero rwa Pasiteri Mignone, atari uyu Mupasiteri usanzwe akunzwe mu Rwanda, ahubwo ko ari undi.

Yavuze ko ahubwo Pasiteri Mignone yafashije abagore icumi bari bashonje, akabaha ibihumbi 100 Frw kuri buri umwe, mu gihe uwo mwigisha yari yavuze ko abari muri urwo rusengero bose bagiriwe ubuntu n’Imana, ikabaha buri kimwe.

Pasiteri Mignone na we yagize icyo avuga ku byatangajwe na Dj Briane, avuga ko uwo mubwiriza wigishirizaga mu rusengero rwe, nta kosa yakoze, kuko yagaragaza ubuhamya bw’ibyo Imana yakoze.

Yagize ati “Bakristo murekere gukina n’igikundiro cy’Imana ku buzima bwanyu. Nta muntu n’umwe mugomba ubusobanuro bw’ibyo Imana ibaheramo imigisha cyangwa ibyo Imana ikora mu buzima bwanyu.”

Yakomeje agira ati “Abo gufashwa bafashwe ariko n’abashima Imana ntibaterwe amabuye.”

Arongera ati “Abantu bashaka ngo duceceke ibyo Imana yakoze kugira ngo bigende bite? Imana iracyakora ibitangaza, Kuko hari abakirira ntibikwiye gutera ipfunwe abo Imana yahojeje amarira.”

Dj Brianne ngo yatunguwe n’inyigisho yumviye kwa Pastor Mignone
Pasiteri Mignone ati “sigaho guhangana n’ubuhamya bw’abagiriwe neza n’Imana”

Jolie MUKANTWALI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − three =

Previous Post

Uko hakozwe operasiyo yo gufata abarimo umugore bakoresheje amayeri adasanzwe batwaye ibitemewe

Next Post

Uko Ikiswahili cyakuruye impaka mu Gihugu cyo ku Mugabane wa America

Related Posts

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, yagaragaje ko umwaka ushize wa 2025 yawuhuriyemo na byinshi bimukomeretsa umutima, anahishura ko atangiye...

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru Fiona Mbabazi umaze imyaka ane asezeye igitangazamakuru yakoreraga, agiye kumvikana ku yindi radio yo mu Rwanda, imaze iminsi iri...

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamideli Isimbi Model yasangije abantu ku mbuga nkoranyambaga amafoto agaragaza yenda kwibaruka imfura ye n’umugabo we w’Umunya-Israel Shaul Hatzir bamaze...

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

by radiotv10
02/01/2026
0

Amateka yiyanditse mu myidagaruro yo mu Rwanda, nyuma yuko ibyifujwe na benshi bikanazamura impaka, bibaye. Nta bindi ni igitaramo cyahuriyemo...

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

by radiotv10
31/12/2025
0

Nzayisenga Modeste uzwi nk'Umupfumu Rutangarwamaboko, yahanuye umubyeyi w’umwana umwe, Uwicyeza Pamella akaba umugore w’umuhanzi The Ben wagaragaye yambaye umwenda ugaragaza...

IZIHERUKA

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe
AMAHANGA

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

by radiotv10
05/01/2026
0

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

04/01/2026
Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko Ikiswahili cyakuruye impaka mu Gihugu cyo ku Mugabane wa America

Uko Ikiswahili cyakuruye impaka mu Gihugu cyo ku Mugabane wa America

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.