Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibisobanuro bidasanzwe by’ukekwaho gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere kubera 1.000Frw

radiotv10by radiotv10
04/05/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Ibisobanuro bidasanzwe by’ukekwaho gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere kubera 1.000Frw
Share on FacebookShare on Twitter

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Nyamagabe mu Karere ka Nyamagabe, bukurikiranyeho umugabo icyaha cy’ubwicanyi yakoreye mugenzi we amutegeye mu nzira akamukubita ikibuye mu gatuza akakamenagura, yamara kumwica akamwambura amafaranga 1 000 Frw, akanamwambura ibyo yari yambaye, ubundi akamujugunya mu mugezi.

Ubushinjacyaha bw’u Rwanda dukesha aya amkuru, buvuga Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Nyamagabe bukurikiranyeho uyu mugabo, icyaha cyabaye mu ijoro ryo ku ya 03 Mata 2023, saa yine z’ijoro (22:00’).

Uregwa akurikiranyweho kwica nyakwigendera witwa Nkurikiyimfura Joseph, nyuma yo kumutegera mu nzira muri ayo masaha y’ijoro, mu Mudugudu wa Murambi mu Kagari ka Nyakiza, Umurenge wa Kibumbwe mu Karere ka Nyamagabe.

Ubushinjacyaha buvuga ko uregwa yafashe nyakwigendera akamukubita ikibuye mu gatuza kikamenagura amagufwa, ubundi agahita yikubita hasi agapfa.

Bukomeza bugira buti “Nkurikiyimfura akimara gupfa, uyu mugabo yahise amwambura amafaranga igihumbi y’amanyarwanda (1000Frw), ipantaro y’umukara, agatoroshi k’umweru na bote, ahita agenda yihisha mu bihuru.”

Uregwa yiyemerera ko yishe nyakwigendera Nkurikiyimfura Joseph, akavuga ko yashakaga kumwambura ibyo yari afite muri iryo joro ubwo yamutegaga.

Ubushinjacyaha bugaragaza ibimenyetso bishinja uregwa, birimo ikibuye cyasanzwe hafi y’akagezi ka Munyazi kajugunywemo nyakwigendera, ari na cyo kicishijwe nyakwigendera, ndetse na raporo ya muganga, igaragaza ko urupfu rwe rwaturutse ku kuba yaramenwe agatuza k’iburyo.

 

ICYO ITEGEKO RIVUGA

Itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange:

Ingingo ya 107: Ubwicanyi buturutse ku bushake n’uko buhanwa

Umuntu wica undi abishaka, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igihano cy’igifungo cya burundu.

Ingingo ya 170: Kwiba hakoreshejwe intwaro

Umuntu wese wiba akoresheje intwaro, aba akoze icyaha cyo kwiba hakoreshejwe intwaro.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa
igifungo kitari munsi y’imyaka icumi (10)
ariko kitarenze imyaka cumi n’itanu (15)
n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari
munsi ya miliyoni eshanu (5.000.000 FRW)
ariko atarenze miliyoni zirindwi (7.000.000
FRW).

Igihano kiba igifungo kirenze imyaka cumi n’itanu (15) ariko kitarenze imyaka makumyabiri (20) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshanu (5.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni zirindwi (7.000.000 FRW) iyo:

  1. kwiba byakozwe n’abantu barenze umwe (1);
  2. intwaro yitwajwe yakoreshejwe;
  3. kwiba byakorewe mu nzu ituwemo cyangwa mu biyikikije, kabone n’iyo yaba ituwemo by’agateganyo cyangwa mu nzu ikorerwamo.

Iyo kwiba hakoreshejwe intwaro byateje urupfu cyangwa iyo byakozwe n’agatsiko kishyize hamwe, igihano kiba igifungo cya burundu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 10 =

Previous Post

Ubutumwa umuyobozi ukomeye muri Afurika yageneye u Rwanda ku bw’ibiza bidasanzwe

Next Post

Amakuru mashya mu mibare y’abahitanywe n’ibyangijwe n’ibiza byasize agahinda mu Rwanda

Related Posts

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bageze mu izabukuru bo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bavuga ko amafaranga bari batangiye guhabwa...

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

by radiotv10
01/07/2025
0

Dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo guhungabanya Umudendezo w’Igihugu, yamaze kugezwa mu Rukiko kugira ngo ruzamuburanishe...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
1

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

IZIHERUKA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro
AMAHANGA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

01/07/2025
Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

01/07/2025
Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya mu mibare y’abahitanywe n’ibyangijwe n’ibiza byasize agahinda mu Rwanda

Amakuru mashya mu mibare y’abahitanywe n’ibyangijwe n’ibiza byasize agahinda mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.