Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibisobanuro bidasanzwe by’ukekwaho gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere kubera 1.000Frw

radiotv10by radiotv10
04/05/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Ibisobanuro bidasanzwe by’ukekwaho gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere kubera 1.000Frw
Share on FacebookShare on Twitter

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Nyamagabe mu Karere ka Nyamagabe, bukurikiranyeho umugabo icyaha cy’ubwicanyi yakoreye mugenzi we amutegeye mu nzira akamukubita ikibuye mu gatuza akakamenagura, yamara kumwica akamwambura amafaranga 1 000 Frw, akanamwambura ibyo yari yambaye, ubundi akamujugunya mu mugezi.

Ubushinjacyaha bw’u Rwanda dukesha aya amkuru, buvuga Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Nyamagabe bukurikiranyeho uyu mugabo, icyaha cyabaye mu ijoro ryo ku ya 03 Mata 2023, saa yine z’ijoro (22:00’).

Uregwa akurikiranyweho kwica nyakwigendera witwa Nkurikiyimfura Joseph, nyuma yo kumutegera mu nzira muri ayo masaha y’ijoro, mu Mudugudu wa Murambi mu Kagari ka Nyakiza, Umurenge wa Kibumbwe mu Karere ka Nyamagabe.

Ubushinjacyaha buvuga ko uregwa yafashe nyakwigendera akamukubita ikibuye mu gatuza kikamenagura amagufwa, ubundi agahita yikubita hasi agapfa.

Bukomeza bugira buti “Nkurikiyimfura akimara gupfa, uyu mugabo yahise amwambura amafaranga igihumbi y’amanyarwanda (1000Frw), ipantaro y’umukara, agatoroshi k’umweru na bote, ahita agenda yihisha mu bihuru.”

Uregwa yiyemerera ko yishe nyakwigendera Nkurikiyimfura Joseph, akavuga ko yashakaga kumwambura ibyo yari afite muri iryo joro ubwo yamutegaga.

Ubushinjacyaha bugaragaza ibimenyetso bishinja uregwa, birimo ikibuye cyasanzwe hafi y’akagezi ka Munyazi kajugunywemo nyakwigendera, ari na cyo kicishijwe nyakwigendera, ndetse na raporo ya muganga, igaragaza ko urupfu rwe rwaturutse ku kuba yaramenwe agatuza k’iburyo.

 

ICYO ITEGEKO RIVUGA

Itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange:

Ingingo ya 107: Ubwicanyi buturutse ku bushake n’uko buhanwa

Umuntu wica undi abishaka, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igihano cy’igifungo cya burundu.

Ingingo ya 170: Kwiba hakoreshejwe intwaro

Umuntu wese wiba akoresheje intwaro, aba akoze icyaha cyo kwiba hakoreshejwe intwaro.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa
igifungo kitari munsi y’imyaka icumi (10)
ariko kitarenze imyaka cumi n’itanu (15)
n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari
munsi ya miliyoni eshanu (5.000.000 FRW)
ariko atarenze miliyoni zirindwi (7.000.000
FRW).

Igihano kiba igifungo kirenze imyaka cumi n’itanu (15) ariko kitarenze imyaka makumyabiri (20) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshanu (5.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni zirindwi (7.000.000 FRW) iyo:

  1. kwiba byakozwe n’abantu barenze umwe (1);
  2. intwaro yitwajwe yakoreshejwe;
  3. kwiba byakorewe mu nzu ituwemo cyangwa mu biyikikije, kabone n’iyo yaba ituwemo by’agateganyo cyangwa mu nzu ikorerwamo.

Iyo kwiba hakoreshejwe intwaro byateje urupfu cyangwa iyo byakozwe n’agatsiko kishyize hamwe, igihano kiba igifungo cya burundu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 3 =

Previous Post

Ubutumwa umuyobozi ukomeye muri Afurika yageneye u Rwanda ku bw’ibiza bidasanzwe

Next Post

Amakuru mashya mu mibare y’abahitanywe n’ibyangijwe n’ibiza byasize agahinda mu Rwanda

Related Posts

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

IZIHERUKA

What emotional intelligence means and why it’s important
MU RWANDA

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

12/01/2026
Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

12/01/2026
Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

12/01/2026
Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

10/01/2026
Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya mu mibare y’abahitanywe n’ibyangijwe n’ibiza byasize agahinda mu Rwanda

Amakuru mashya mu mibare y’abahitanywe n’ibyangijwe n’ibiza byasize agahinda mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

What emotional intelligence means and why it’s important

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.