Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibisobanuro by’abafashwe bamaze kugura itabi mu mafaranga y’amiganano byatumye hashakishwa undi

radiotv10by radiotv10
28/11/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Ibisobanuro by’abafashwe bamaze kugura itabi mu mafaranga y’amiganano byatumye hashakishwa undi
Share on FacebookShare on Twitter

Abasore batatu bafatiwe mu Kagari ka Mbare mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare bakekwaho gukwirakwiza amafaranga y’amiganano, nyuma y’uko baguze ipaki y’itabi akaba ari yo bishyura, bakavuga ko na bo bayahawe n’umuntu wabasabye kugera bagura ibintu, ubundi bakagabana ayo bagaruriwe.

Aba basore batatu bafatanywe ibihumbi 16 Frw, nyuma yo kugura itabi mu gasantere k’ubucuruzi ka Mbare, ariko umucuruzi agahita abibona ko bishyuye amafaranga y’amiganano, agahita amenyesha polisi.

Abafashwe barimo umusore w’imyaka 22, uwa 24 ndetse n’undi w’imyaka 28, bafatiwe mu Mudugudu wa Kibirizi mu Kagari ka Mbare.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, SP Hamdun Twizeyimana yavuze ko polisi yahawe amakuru ko hari abasore bari gukwirakwiza amafaranga y’amiganano, igahita itangira ibikorwa byo kubashakisha.

Yagize ati “Hahise hategurwa igikorwa cyo kubafata, abapolisi bahageze basanga umwe muri bo afite inote imwe ya bitanu, undi afite iya bibiri mu gihe uwa gatatu yari afite inoti 9 z’igihumbi batabwa muri yombi.”

SP Hamdun Twizeyimana avuga ko aba basore bakimara gufatwa bahaye amakuru polisi ko ayo mafaranga na bo bayahawe n’umugabo wo mu Mujyi wa Nyatagare, wababwiye ngo bagende bayaguramo ibintu, ubundi ayo babagarurira bazayagabane, ubu na we akaba ari gushakishwa.

SP Twizeyimana washimiye abatanze amakuru yatumye aba basore bafatwa, yaboneyeho kuburira abishora mu bikorwa nk’ibi byo gukwirakwiza amafaranga y’amiganano, kuko inzego zahagurukiye kubafata, anabibutsa kandi ko bigira ingaruka ku bukungu bw’Igihugu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − nine =

Previous Post

Bruce Melodie uri muri America yahuye n’umuhanzi w’ikirangirire ku Isi

Next Post

Mu buryo bwihuse uwari umunyamakuru wiyeguriye umuziki agiye gukora ibishoborwa n’abawumazemo igihe

Related Posts

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

IZIHERUKA

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru
FOOTBALL

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu buryo bwihuse uwari umunyamakuru wiyeguriye umuziki agiye gukora ibishoborwa n’abawumazemo igihe

Mu buryo bwihuse uwari umunyamakuru wiyeguriye umuziki agiye gukora ibishoborwa n’abawumazemo igihe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.