Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibisobanuro by’abafashwe bamaze kugura itabi mu mafaranga y’amiganano byatumye hashakishwa undi

radiotv10by radiotv10
28/11/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Ibisobanuro by’abafashwe bamaze kugura itabi mu mafaranga y’amiganano byatumye hashakishwa undi
Share on FacebookShare on Twitter

Abasore batatu bafatiwe mu Kagari ka Mbare mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare bakekwaho gukwirakwiza amafaranga y’amiganano, nyuma y’uko baguze ipaki y’itabi akaba ari yo bishyura, bakavuga ko na bo bayahawe n’umuntu wabasabye kugera bagura ibintu, ubundi bakagabana ayo bagaruriwe.

Aba basore batatu bafatanywe ibihumbi 16 Frw, nyuma yo kugura itabi mu gasantere k’ubucuruzi ka Mbare, ariko umucuruzi agahita abibona ko bishyuye amafaranga y’amiganano, agahita amenyesha polisi.

Abafashwe barimo umusore w’imyaka 22, uwa 24 ndetse n’undi w’imyaka 28, bafatiwe mu Mudugudu wa Kibirizi mu Kagari ka Mbare.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, SP Hamdun Twizeyimana yavuze ko polisi yahawe amakuru ko hari abasore bari gukwirakwiza amafaranga y’amiganano, igahita itangira ibikorwa byo kubashakisha.

Yagize ati “Hahise hategurwa igikorwa cyo kubafata, abapolisi bahageze basanga umwe muri bo afite inote imwe ya bitanu, undi afite iya bibiri mu gihe uwa gatatu yari afite inoti 9 z’igihumbi batabwa muri yombi.”

SP Hamdun Twizeyimana avuga ko aba basore bakimara gufatwa bahaye amakuru polisi ko ayo mafaranga na bo bayahawe n’umugabo wo mu Mujyi wa Nyatagare, wababwiye ngo bagende bayaguramo ibintu, ubundi ayo babagarurira bazayagabane, ubu na we akaba ari gushakishwa.

SP Twizeyimana washimiye abatanze amakuru yatumye aba basore bafatwa, yaboneyeho kuburira abishora mu bikorwa nk’ibi byo gukwirakwiza amafaranga y’amiganano, kuko inzego zahagurukiye kubafata, anabibutsa kandi ko bigira ingaruka ku bukungu bw’Igihugu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + 12 =

Previous Post

Bruce Melodie uri muri America yahuye n’umuhanzi w’ikirangirire ku Isi

Next Post

Mu buryo bwihuse uwari umunyamakuru wiyeguriye umuziki agiye gukora ibishoborwa n’abawumazemo igihe

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu buryo bwihuse uwari umunyamakuru wiyeguriye umuziki agiye gukora ibishoborwa n’abawumazemo igihe

Mu buryo bwihuse uwari umunyamakuru wiyeguriye umuziki agiye gukora ibishoborwa n’abawumazemo igihe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.