Friday, December 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibisobanuro by’Igihugu cya Kenya ku ishyirwaho ry’ugihagarariye mu gace kagenzurwa na AFC/M23

radiotv10by radiotv10
19/08/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ibisobanuro by’Igihugu cya Kenya ku ishyirwaho ry’ugihagarariye mu gace kagenzurwa na AFC/M23
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga muri Kenya yatanze ibisobanuro ku itegeko rya Perezida William Ruto aherutse kwemeza, rigena Uhagarariye Igihugu cye (Consul-General) i Goma mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma yuko Kinshasa igaragaje impungenge kuri iryo tegeko.

Ku wa 15 Kanama 2025, ni bwo Perezida Ruto yatangaje isimbuzwa n’iyoherezwa ry’abahagarariye Igihugu cye mu mahanga, barimo ba Ambasaderi, ba High Commissioners, ba Consul General ndetse n’abungirije mu buyobozi bw’imirimo ya dipolomasi mu Bihugu 20, harimo na Goma.

Muri abo bari bashyizwe ku rutonde, harimo Judy Kiaria Nkumiri, wagennwe guhagararira Kenya i Goma, umujyi uri mu maboko y’Ihuriro AFC/M23 kuva muri Mutarama 2025.

Umunsi wakurikiyeho, Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangaje ku mugaragaro ko itishimiye icyo cyemezo, yerekana ko cyakozwe hatabanje kubaho ibiganiro hagati y’Ibihugu byombi.

Mu itangazo ryasohowe na Musalia Mudavadi Minisitiri w’Intebe Wungirije akaba n’Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ububanyi n’Amahanga muri Kenya ku wa Mbere, yagize ati “kuba Perezida yashyize abantu mu myanya, ntibivuze ko bahita batangira inshingano, ahubwo bisaba ko Inteko Ishinga Amategeko ibanza kubyemeza, hanyuma Kenya igasaba uburenganzira bwa Leta ya Congo, mbere yuko uhagarariye inyungu za Kenya i Goma atangira imirimo ye ku mugaragaro.”

Mudavadi yongeyeho ko yamaze kuganira na mugenzi we wa RDC, Thérèse Kayikwamba Wagner, kugira ngo asobanure neza imiterere y’icyo cyemezo.

Kenya yagaragaje ko kwimura abahagarariye inyungu z’Igihugu ari inzira yo kunoza serivisi no gushyigikira gahunda ya BETA (Bottom-up Economic Transformation Agenda), aho kuba igikorwa cya politiki yo kwivanga mu bibazo byo mu karere, nkuko bikubiye mu itangazo rya Guverinoma ya Kenya rigira riti “Ntibigamije kubangamira gahunda z’amahoro zihuriwemo n’Ibihugu bya EAC-SADC-AU cyangwa kwivanga mu busugire bwa RDC.”

Ibisobanuro bya Kenya bije mu gihe mu burasirazuba bwa Congo umwuka w’umutekano ukomeje kuba mubi, aho imijyi ya Goma na Bukavu iri mu maboko y’inyeshyamba za M23.

Kenya na RDC bisanzwe bifitanye umubano wa dipolomasi kuva mu 1963. Ambasade ya Kenya i Kinshasa yafunguwe mu 1968, mu gihe RDC na yo yafunguye ibiro byayo muri Nairobi mu gihe kimwe.

Mu myaka ya vuba, DRC yafunguye Consulat i Mombasa muri Nzeri 2023, naho Kenya ishinga Consulat yayo i Goma muri Werurwe 2022.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 4 =

Previous Post

Uko imirwano ya AFC/M23 na Wazalendo yagenze mu gace kamwe i Walikare

Next Post

Eng.-New vehicle emission tests to begin soon in Rwanda

Related Posts

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Leta Zunze Ubumwe za America zaburiye ko zishobora gufatira ibihano bikomeye Sudan y’Epfo, birimo no kuyihagarikira inkunga ihabwa, nyuma yo...

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

AFC/M23 yashyize hanze imyitwarire iteye impungenge ya bamwe mu basirikare b’u Burundi nyuma yo kubatsinda

by radiotv10
12/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko nubwo abasirikare benshi b’u Burundi basubiye mu Gihugu cyabo nyuma yo gukubitirwa incuro muri Uvira, hari...

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

by radiotv10
11/12/2025
0

Magloire Paluku wahoze ari umunyamakuru, ubu akaba yari Umujyanama mu bijyanye n'itumanaho mu Buhuzabikorwa bw’Ihuriro AFC/M23, akaba yari n'inkoramutima ya...

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

by radiotv10
11/12/2025
0

Nyuma yuko abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo bakubise incuro abarimo abasirikare b’u Burundi, Igihugu cyabo...

Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City

Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City

by radiotv10
11/12/2025
0

Magloire Paluku, a former journalist who later became a Communications Advisor in the Coordination Office of the AFC/M23 coalition and...

IZIHERUKA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze
AMAHANGA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

12/12/2025
Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

12/12/2025
Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

12/12/2025
Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

12/12/2025
Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng.-New vehicle emission tests to begin soon in Rwanda

Eng.-New vehicle emission tests to begin soon in Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.