Monday, June 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibitangaje ku mukecuru wo mu baturanyi b’u Rwanda ushobora kuba ariwe ukuze ku Isi

radiotv10by radiotv10
05/04/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO, UDUSHYA
1
Ibitangaje ku mukecuru wo mu baturanyi b’u Rwanda ushobora kuba ariwe ukuze ku Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Umukecuru wo muri Uganda wujuje imyaka 130 y’amavuko, yakorewe ibirori by’agatangaza, mu kwishimira iyi myaka amaze ku Isi, akaba agikomeye kuko yumva akanareba ndetse akaba avuga neza adategwa.

Lucy Kahubiire Adyeeri yakorewe ibirori by’isabukuru y’amavuko ye y’imyaka 130, tariki 26 Werurwe 2023, mu birori byabereye mu itorore ryitwa Rwegoma Christian Fellowship riherereye mu gace ka wa Rwegoma muri Uganda.

Kahubiire yavutse tariki 26 Werurwe 1893, ku babyeyi bitwa Daudi Kabairu na Rebecca Tibareka mu gace kahoze kitwa Kyaburungi muri Paruwasi ya Bwanika, ubu ni muri Paruwasi ya Bwanika mu Karere ka Kabarore.

Yavutse ari umwana wa gatandatu mu muryango w’abana umunani, ariko bose bakaba barapfuye, ni we usigaye wenyine.

Kuri iyi myaka 130 y’amavuko, Kahubiire yabonye byinshi ndetse anumva byinshi byabaye ku Isi, birimo intambara z’Isi yose, nk’iya mbere yo mu 1914 n’iya kabiri yo mu 1939, ndetse Uganda ihabwa ubwigenge mu 1962 ari umukecuru w’ijigija.

Kahubiire yavutse ku ngoma y’Umwami Omukama Kabalega, ndetse anibuka ubwo Kabalega na Kabaka Mwanga bafungwaga mu 1899, icyo gihe yari afite imyaka itandatu.

Amaze kuba umukobwa w’inkumi, yashakane na Yafesi Rujumba waje kwitaba Imana, bigatuma Kahubiire asubira kuba iwabo w’ababyeyi be.

Violet Nyakairu, w’imyaka 72, akaba umwuzukuru wa Kahubiire, yabwiye URN ko iriya myaka 130 ya Nyirakuru ari impamo, kuko bafite ibyangombwa byose bye birimo ikarita yabatirijweho, icyangombwa cy’amavuko ndetse n’ibindi.

Nyakairu avuga ko nyirakuru Kahubiire yakundaga gusenga cyane ku buryo atasibaga misa yo ku Cyumweru ndetse yaje no kuba umukatejisite mu itorero cya Anglican, umwanya yakoze kugeza mu 1982, ubwo yaje kujya mu rindi torero rya Kabarole Christian Fellowship Church

Rodgers Isingoma, umwe mu bo muri iri torero rya Kabarole Christian Fellowship Church rinasengeramo Kahubiire, yavuze ko uyu mukecuru yaje muri iri torero ku myaka 90 y’amavuko nyuma yuko yari amaze kuribwa n’inzoka.

Yagize ati “Yariwe n’inzoka ubundi aza ku muyobozi wacu Pasiteri KL Dickson aramusengera arakira. Nyuma yo gukira yahise arahira ko atazasubira mu Bangilikani yari abereye umukatejisite, ubundi yongera kuvuka bundi bushya.”

Isingoma avuga ko Kahubiire ari umukirisitu ukomeye cyane ukunda Yesu/Yezu, ndetse ukunze kugaragaza imbaraga mu masengesho.

Uwitwa Topista Kabagenyi, wita kuri Kahubiire , avuga ko nubwo ageze kuri iyi myaka 130 ariko agifite imbaraga, kandi akaba adafite indwara za karande zikunze kwibasira abakuze, akaba akinareba neza, akumva ndetse akanavuga adategwa.
mu birori byo kwizihiza iyi sabukuru ye, Kahubiire yaboneyeho gushimira Imana ikimutije ubuzima.

Ikinyamakuru The Observer cyo muri Uganda, kivuga ko uyu mukecuru ari we muntu ukuze kurusha abandi ku Isi, kuko uherutse gushyirwa mu gitabo cy’abanyaduhigo, ari Umunya-Espagne María Branyas Morera wavukiye muri Leta Zunze Ubumwe za Amercia, ufite imyaka 115.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Ndayambaje Thacien says:
    2 years ago

    IMANA nirembere uwo mubyeyi mwiza wacu

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × three =

Previous Post

Hamenyekanye igifungo kiremereye cyakatiwe Abarwanyi u Rwanda rwashyikirije u Burundi

Next Post

Umuhanzi ugezweho mu Rwanda wavuzweho ubuhemu akurikiranyweho icyaha cyatahuwe nyuma

Related Posts

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yavuze ko amasezerano y’amahoro iki Gihugu cyasinyanye n’u Rwanda i Washington,...

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

by radiotv10
27/06/2025
0

Mu butumwa bwanditse mu Kinyarwanda kiyunguruye, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yatumiye Abanyarwanda ko mu minsi y’ibiruhuko...

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

by radiotv10
25/06/2025
0

Abanya-Kenya ibihumbi n’ibihumbi biraye mu mihanda mu myigaragambyo igamije kwibuka abaguye mu yindi yabaye umwaka ushize muri iki Gihugu cya...

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

by radiotv10
25/06/2025
0

Joseph Kabila Kabange, the former President of the Democratic Republic of the Congo(DRC), has presented his successor, Felix Tshisekedi, with...

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

by radiotv10
25/06/2025
0

Leta ya Zambia yatanze ikirego mu Rukiko rwo muri Afurika y’Epfo isaba ko ishyingurwa rya Edgar Lungu wayoboye iki Gihugu...

IZIHERUKA

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda
AMAHANGA

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi ugezweho mu Rwanda wavuzweho ubuhemu akurikiranyweho icyaha cyatahuwe nyuma

Umuhanzi ugezweho mu Rwanda wavuzweho ubuhemu akurikiranyweho icyaha cyatahuwe nyuma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.