Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibitangaje ku mukecuru wo mu baturanyi b’u Rwanda ushobora kuba ariwe ukuze ku Isi

radiotv10by radiotv10
05/04/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO, UDUSHYA
1
Ibitangaje ku mukecuru wo mu baturanyi b’u Rwanda ushobora kuba ariwe ukuze ku Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Umukecuru wo muri Uganda wujuje imyaka 130 y’amavuko, yakorewe ibirori by’agatangaza, mu kwishimira iyi myaka amaze ku Isi, akaba agikomeye kuko yumva akanareba ndetse akaba avuga neza adategwa.

Lucy Kahubiire Adyeeri yakorewe ibirori by’isabukuru y’amavuko ye y’imyaka 130, tariki 26 Werurwe 2023, mu birori byabereye mu itorore ryitwa Rwegoma Christian Fellowship riherereye mu gace ka wa Rwegoma muri Uganda.

Kahubiire yavutse tariki 26 Werurwe 1893, ku babyeyi bitwa Daudi Kabairu na Rebecca Tibareka mu gace kahoze kitwa Kyaburungi muri Paruwasi ya Bwanika, ubu ni muri Paruwasi ya Bwanika mu Karere ka Kabarore.

Yavutse ari umwana wa gatandatu mu muryango w’abana umunani, ariko bose bakaba barapfuye, ni we usigaye wenyine.

Kuri iyi myaka 130 y’amavuko, Kahubiire yabonye byinshi ndetse anumva byinshi byabaye ku Isi, birimo intambara z’Isi yose, nk’iya mbere yo mu 1914 n’iya kabiri yo mu 1939, ndetse Uganda ihabwa ubwigenge mu 1962 ari umukecuru w’ijigija.

Kahubiire yavutse ku ngoma y’Umwami Omukama Kabalega, ndetse anibuka ubwo Kabalega na Kabaka Mwanga bafungwaga mu 1899, icyo gihe yari afite imyaka itandatu.

Amaze kuba umukobwa w’inkumi, yashakane na Yafesi Rujumba waje kwitaba Imana, bigatuma Kahubiire asubira kuba iwabo w’ababyeyi be.

Violet Nyakairu, w’imyaka 72, akaba umwuzukuru wa Kahubiire, yabwiye URN ko iriya myaka 130 ya Nyirakuru ari impamo, kuko bafite ibyangombwa byose bye birimo ikarita yabatirijweho, icyangombwa cy’amavuko ndetse n’ibindi.

Nyakairu avuga ko nyirakuru Kahubiire yakundaga gusenga cyane ku buryo atasibaga misa yo ku Cyumweru ndetse yaje no kuba umukatejisite mu itorero cya Anglican, umwanya yakoze kugeza mu 1982, ubwo yaje kujya mu rindi torero rya Kabarole Christian Fellowship Church

Rodgers Isingoma, umwe mu bo muri iri torero rya Kabarole Christian Fellowship Church rinasengeramo Kahubiire, yavuze ko uyu mukecuru yaje muri iri torero ku myaka 90 y’amavuko nyuma yuko yari amaze kuribwa n’inzoka.

Yagize ati “Yariwe n’inzoka ubundi aza ku muyobozi wacu Pasiteri KL Dickson aramusengera arakira. Nyuma yo gukira yahise arahira ko atazasubira mu Bangilikani yari abereye umukatejisite, ubundi yongera kuvuka bundi bushya.”

Isingoma avuga ko Kahubiire ari umukirisitu ukomeye cyane ukunda Yesu/Yezu, ndetse ukunze kugaragaza imbaraga mu masengesho.

Uwitwa Topista Kabagenyi, wita kuri Kahubiire , avuga ko nubwo ageze kuri iyi myaka 130 ariko agifite imbaraga, kandi akaba adafite indwara za karande zikunze kwibasira abakuze, akaba akinareba neza, akumva ndetse akanavuga adategwa.
mu birori byo kwizihiza iyi sabukuru ye, Kahubiire yaboneyeho gushimira Imana ikimutije ubuzima.

Ikinyamakuru The Observer cyo muri Uganda, kivuga ko uyu mukecuru ari we muntu ukuze kurusha abandi ku Isi, kuko uherutse gushyirwa mu gitabo cy’abanyaduhigo, ari Umunya-Espagne María Branyas Morera wavukiye muri Leta Zunze Ubumwe za Amercia, ufite imyaka 115.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Ndayambaje Thacien says:
    3 years ago

    IMANA nirembere uwo mubyeyi mwiza wacu

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 4 =

Previous Post

Hamenyekanye igifungo kiremereye cyakatiwe Abarwanyi u Rwanda rwashyikirije u Burundi

Next Post

Umuhanzi ugezweho mu Rwanda wavuzweho ubuhemu akurikiranyweho icyaha cyatahuwe nyuma

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce
MU RWANDA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi ugezweho mu Rwanda wavuzweho ubuhemu akurikiranyweho icyaha cyatahuwe nyuma

Umuhanzi ugezweho mu Rwanda wavuzweho ubuhemu akurikiranyweho icyaha cyatahuwe nyuma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.