Wednesday, February 4, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibitangaje ku mukecuru wo mu baturanyi b’u Rwanda ushobora kuba ariwe ukuze ku Isi

radiotv10by radiotv10
05/04/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO, UDUSHYA
1
Ibitangaje ku mukecuru wo mu baturanyi b’u Rwanda ushobora kuba ariwe ukuze ku Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Umukecuru wo muri Uganda wujuje imyaka 130 y’amavuko, yakorewe ibirori by’agatangaza, mu kwishimira iyi myaka amaze ku Isi, akaba agikomeye kuko yumva akanareba ndetse akaba avuga neza adategwa.

Lucy Kahubiire Adyeeri yakorewe ibirori by’isabukuru y’amavuko ye y’imyaka 130, tariki 26 Werurwe 2023, mu birori byabereye mu itorore ryitwa Rwegoma Christian Fellowship riherereye mu gace ka wa Rwegoma muri Uganda.

Kahubiire yavutse tariki 26 Werurwe 1893, ku babyeyi bitwa Daudi Kabairu na Rebecca Tibareka mu gace kahoze kitwa Kyaburungi muri Paruwasi ya Bwanika, ubu ni muri Paruwasi ya Bwanika mu Karere ka Kabarore.

Yavutse ari umwana wa gatandatu mu muryango w’abana umunani, ariko bose bakaba barapfuye, ni we usigaye wenyine.

Kuri iyi myaka 130 y’amavuko, Kahubiire yabonye byinshi ndetse anumva byinshi byabaye ku Isi, birimo intambara z’Isi yose, nk’iya mbere yo mu 1914 n’iya kabiri yo mu 1939, ndetse Uganda ihabwa ubwigenge mu 1962 ari umukecuru w’ijigija.

Kahubiire yavutse ku ngoma y’Umwami Omukama Kabalega, ndetse anibuka ubwo Kabalega na Kabaka Mwanga bafungwaga mu 1899, icyo gihe yari afite imyaka itandatu.

Amaze kuba umukobwa w’inkumi, yashakane na Yafesi Rujumba waje kwitaba Imana, bigatuma Kahubiire asubira kuba iwabo w’ababyeyi be.

Violet Nyakairu, w’imyaka 72, akaba umwuzukuru wa Kahubiire, yabwiye URN ko iriya myaka 130 ya Nyirakuru ari impamo, kuko bafite ibyangombwa byose bye birimo ikarita yabatirijweho, icyangombwa cy’amavuko ndetse n’ibindi.

Nyakairu avuga ko nyirakuru Kahubiire yakundaga gusenga cyane ku buryo atasibaga misa yo ku Cyumweru ndetse yaje no kuba umukatejisite mu itorero cya Anglican, umwanya yakoze kugeza mu 1982, ubwo yaje kujya mu rindi torero rya Kabarole Christian Fellowship Church

Rodgers Isingoma, umwe mu bo muri iri torero rya Kabarole Christian Fellowship Church rinasengeramo Kahubiire, yavuze ko uyu mukecuru yaje muri iri torero ku myaka 90 y’amavuko nyuma yuko yari amaze kuribwa n’inzoka.

Yagize ati “Yariwe n’inzoka ubundi aza ku muyobozi wacu Pasiteri KL Dickson aramusengera arakira. Nyuma yo gukira yahise arahira ko atazasubira mu Bangilikani yari abereye umukatejisite, ubundi yongera kuvuka bundi bushya.”

Isingoma avuga ko Kahubiire ari umukirisitu ukomeye cyane ukunda Yesu/Yezu, ndetse ukunze kugaragaza imbaraga mu masengesho.

Uwitwa Topista Kabagenyi, wita kuri Kahubiire , avuga ko nubwo ageze kuri iyi myaka 130 ariko agifite imbaraga, kandi akaba adafite indwara za karande zikunze kwibasira abakuze, akaba akinareba neza, akumva ndetse akanavuga adategwa.
mu birori byo kwizihiza iyi sabukuru ye, Kahubiire yaboneyeho gushimira Imana ikimutije ubuzima.

Ikinyamakuru The Observer cyo muri Uganda, kivuga ko uyu mukecuru ari we muntu ukuze kurusha abandi ku Isi, kuko uherutse gushyirwa mu gitabo cy’abanyaduhigo, ari Umunya-Espagne María Branyas Morera wavukiye muri Leta Zunze Ubumwe za Amercia, ufite imyaka 115.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Ndayambaje Thacien says:
    3 years ago

    IMANA nirembere uwo mubyeyi mwiza wacu

    Reply

Leave a Reply to Ndayambaje Thacien Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 4 =

Previous Post

Hamenyekanye igifungo kiremereye cyakatiwe Abarwanyi u Rwanda rwashyikirije u Burundi

Next Post

Umuhanzi ugezweho mu Rwanda wavuzweho ubuhemu akurikiranyweho icyaha cyatahuwe nyuma

Related Posts

MONUSCO yavuze ko yiteguye nyuma yo gusabwa kohereza ingabo muri Uvira

MONUSCO yavuze ko yiteguye nyuma yo gusabwa kohereza ingabo muri Uvira

by radiotv10
04/02/2026
0

Ubuyobozi bw’Ubutumwa bw’Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye ziri mu burasirazuba bwa DRC (MONUSCO), bwatangaje ko bwiteguye gushyigikira imyanzuro mishya yo guhagarika imirwano...

Ibihumbi by’Abanya-Venezuela mu myigaragambyo basaba America kurekura Perezida wabo n’umugore we

Ibihumbi by’Abanya-Venezuela mu myigaragambyo basaba America kurekura Perezida wabo n’umugore we

by radiotv10
04/02/2026
0

Ibihumbi by’abaturage ba Venezuela bakoze imyigaragambyo mu murwa mukuru Caracas, basaba ko Perezida Nicolas Maduro n’umugore we, Cilia Flores, barekurwa...

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko yagabye igitero cyo gusenya ibikorwa bya Gisirikare bya FARDC i Kisangani

by radiotv10
04/02/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ryemeje ko ryakoze igikorwa cyo gusenya ahategurirwaga ibitero by’indege zitagira abapilote z’igisirikare cya FARDC ku Kibuga cy’Indege cya...

Eng.-AFC/M23 confirms it launched an attack to destroy FARDC military installations in Kisangani

Eng.-AFC/M23 confirms it launched an attack to destroy FARDC military installations in Kisangani

by radiotv10
04/02/2026
0

The AFC/M23 coalition has confirmed that it carried out an operation to destroy facilities used to prepare drone attacks by...

BREAKING: Hatangajwe ibyavuye mu biganiro byongeye guhuza AFC/M23 na Guverinoma ya Congo

BREAKING: Hatangajwe ibyavuye mu biganiro byongeye guhuza AFC/M23 na Guverinoma ya Congo

by radiotv10
03/02/2026
0

Mu biganiro byongeye kubera i Doha muri Qatar, Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’Ihuriro AFC/M23, bashyize umukono ku...

IZIHERUKA

Minisitiri Dr.Bizimana yashimangiye ko imvugo ‘Gutwika’, ‘hahiye’ zigezweho mu rubyiruko zidakwiye
MU RWANDA

Minisitiri Dr.Bizimana yashimangiye ko imvugo ‘Gutwika’, ‘hahiye’ zigezweho mu rubyiruko zidakwiye

by radiotv10
04/02/2026
0

MONUSCO yavuze ko yiteguye nyuma yo gusabwa kohereza ingabo muri Uvira

MONUSCO yavuze ko yiteguye nyuma yo gusabwa kohereza ingabo muri Uvira

04/02/2026
Inzoga y’inkorano bise ‘Nyirantare’ banywera mu ishyamba iravugwaho gutera uwayinyoye kugira imyitwarire idasanzwe

Inzoga y’inkorano bise ‘Nyirantare’ banywera mu ishyamba iravugwaho gutera uwayinyoye kugira imyitwarire idasanzwe

04/02/2026
Hagaragaye amashusho yerekana umuhanzikazi Celine Dion arembye cyane

Hagaragaye amashusho yerekana umuhanzikazi Celine Dion arembye cyane

04/02/2026
Ibihumbi by’Abanya-Venezuela mu myigaragambyo basaba America kurekura Perezida wabo n’umugore we

Ibihumbi by’Abanya-Venezuela mu myigaragambyo basaba America kurekura Perezida wabo n’umugore we

04/02/2026
Zabyaye amahari hagati ya Killaman na Mitsutsu bazwi muri sinema Nyarwanda

Zabyaye amahari hagati ya Killaman na Mitsutsu bazwi muri sinema Nyarwanda

04/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi ugezweho mu Rwanda wavuzweho ubuhemu akurikiranyweho icyaha cyatahuwe nyuma

Umuhanzi ugezweho mu Rwanda wavuzweho ubuhemu akurikiranyweho icyaha cyatahuwe nyuma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Minisitiri Dr.Bizimana yashimangiye ko imvugo ‘Gutwika’, ‘hahiye’ zigezweho mu rubyiruko zidakwiye

MONUSCO yavuze ko yiteguye nyuma yo gusabwa kohereza ingabo muri Uvira

Inzoga y’inkorano bise ‘Nyirantare’ banywera mu ishyamba iravugwaho gutera uwayinyoye kugira imyitwarire idasanzwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.