Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ibitangaza byakozwe na rutahizamu wa APR byatumye amarangamutima y’abakunzi ba ruhago Nyarwanda yigaragaza

radiotv10by radiotv10
31/03/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ibitangaza byakozwe na rutahizamu wa APR byatumye amarangamutima y’abakunzi ba ruhago Nyarwanda yigaragaza
Share on FacebookShare on Twitter

Igitego cya rutahizamu Mamadou Sy w’Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda APR FC, cyabonetse mu minota ya nyuma, cyongeye kugaragaza amarangamutima adasanzwe mu bakunzi ba ruhago, aho abakunzi b’iyi kipe bamugaragarije urugwiro rudasanzwe banamuhundagazaho amafaranga.

Ni umukino w’umunsi wa 22 wa Shampiyona y’u Rwanda, wabaye kuri iki Cyumweru, warangiye APR FC itsinze Vision FC ibitego 2-1 bigoranye.

igitego cy’ikinyuranyo cya APR FC cyabonetse mu minota ya nyuma gitsinzwe na Mamadou Sy gisiga ibyishimo bikomeye m ubakunzi b’iyi kipe y’Ingabo z’u Rwanda.

Muri uyu mukino, ikipe ya APR FC yasabwaga gutsinda kugira ngo ikomeze kurya isataburenge mucyeba wayo Rayon Sports wayirushaga amanota ane, nyuma yuko yo itsinzwe na Mukura VS ku wa Gatandatu.

Uyu mukino wagiye APR FC nubwo ari yo yaFunguye amazamu ku gitego cyatsinzwe na Djibril Ouattara kuri Penalty cyaje kwishyurwa na Idarusi Cyubahiro ndetse Vision FC ikomeza kurusha APR FC guhanahana umupira.

Gusa ku munota wa 86’ rutahizamu wa APR FC ukomoka muri Mauritania, Mamadou Sy yaboneye APR FC igitego cya kabiri cyatanze intsinzi ku ikipe y’Ingabo z’Igihugu.

Nyuma y’uyu mukino abakunzi ba APR FC bagaragarije ibyishimo n’urukundo uyu rutahizamu udakunze kubona umwanya wo kubanza mu kibuga ariko iyo awubonye akaba atanga ibyishimo kuri iyi kipe.

Uyu musore yahawe amafaranga n’ababafana ndetse na nyuma y’umukino akaba yatangaje ko yishimiye igitego yatsinze ariko by’umwihariko akaba ashimira abakunzi ba APR FC bamweretse urukundo rudasanzwe kuva mu mikino ya CECAFA Kagame Cup.

Mamadou Sy amaze gutanga intsinzi eshatu zikomeye kuri iyi kipe nko mukino ubanza wa Vision FC warangiye ari ibitego 2-0 byose byatsinzwe n’uyu musore, ndetse n’umukino ubanza wa As Kigali warangiye ari APR FC itsinze ibitego 2-1 naho igitego cy’intsinzi cyabonetse ku munota wa nyuma gitsinzwe n’uyu rutahizamu.

Igitego cya Mamadou Sy cyaraje neza abafana ba APR FC

Imbamutima z’abafana zari zose
Bamuhaye amafaranga

Abakinnyi bagenzi be na bo byabakoze ku mutima

Photos © Igihe

Jean Claude KANYIZO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 5 =

Previous Post

Perezida Kagame yageneye ubutumwa Abayisilamu ku munsi mukuru wabo

Next Post

Rusizi: Ibibabangamiye bakorerwa n’abashumba byari bizwi ko byavugutiwe umuti byagarukanye ubukana

Related Posts

Ibiteye amatsiko mu masezerano ya Cristiano Ronaldo wemewe kuguma muri Al Nassr

Ibiteye amatsiko mu masezerano ya Cristiano Ronaldo wemewe kuguma muri Al Nassr

by radiotv10
27/06/2025
0

Nyuma y'iminsi myinshi hibazwa ahazaza ha kizigenza Cristiano Ronaldo dore ko yari afite amasezerano azarangirana n’uku kwezi, byarangiye yemeye kuguma...

Volleyball: Ikipe ya Police VC yafunguye ‘academy’ igira icyo isaba abatangiranye na yo

Volleyball: Ikipe ya Police VC yafunguye ‘academy’ igira icyo isaba abatangiranye na yo

by radiotv10
27/06/2025
0

Ikipe ya Police Volleyball Club yafunguye ku mugaragaro irerero (academy) ryayo ry’abahungu n’abakobwa, mu kigo cy’Amashuri cya Lycée de Kigali,...

Rurangiranwa Kylian Mbappe yagaragaye mu isura nshya yateye impungenge abafana

Rurangiranwa Kylian Mbappe yagaragaye mu isura nshya yateye impungenge abafana

by radiotv10
26/06/2025
0

Imiterere mishya ya Kylian Mbappe iteye impungenge abafana ba Real Madrid, nyuma yo gutakaza ibilo bitanu kubera uburwayi bwa virusi,...

Zabyaye amahari hagati ya Rayon n’umukinnyi yasinyishije avuye muri mucyeba wayo

Ombolenga nyuma yo gusubira muri APR yavuze ku kuba yazagaruka muri Rayon

by radiotv10
25/06/2025
0

Myugariro Ombolenga Fitina wasubiye muri APR FC yigeze kubera kapiteni, yavuze ko igihe yazajya mu yindi kipe, bigoye ko yazasubira...

Beach Volleyball: Amakipe agiye guhagararira u Rwanda mu irushanwa Nyafurika arimo iyahindutse

Beach Volleyball: Amakipe agiye guhagararira u Rwanda mu irushanwa Nyafurika arimo iyahindutse

by radiotv10
23/06/2025
0

Amakipe agiye guhagararira u Rwanda mu irushanwa Nyafurika (Continental Cup) mu mukino wa Beach Volleyball rigiye kubera muri Morocco, arimo...

IZIHERUKA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Ibibabangamiye bakorerwa n’abashumba byari bizwi ko byavugutiwe umuti byagarukanye ubukana

Rusizi: Ibibabangamiye bakorerwa n’abashumba byari bizwi ko byavugutiwe umuti byagarukanye ubukana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.