Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibitangazwa n’umugore w’uwo bikekwa ko yiyahuye byatumye havuka urujijo ku cyabimuteye

radiotv10by radiotv10
19/03/2024
in MU RWANDA
0
Ibitangazwa n’umugore w’uwo bikekwa ko yiyahuye byatumye havuka urujijo ku cyabimuteye
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo w’imyaka 40 wo mu Murenge wa Muhanga mu Karere ka Muhanga, bamusanze mu nzu yabagamo iri gushya na we amanitse mu mugozi yapfuye, bikekwa ko yiyahuye kubera amakimbirane yagiranaga n’umugore we, mu gihe we avuga ko bataherukaga gutongana.

Ibi byabereye mu Mudugudu wa Kantonganiye mu Kagari ka Nyamirama mu Murenge wa Muhanga, aho abaturage bagiye kuzimya inzu y’umuturanyi yashyaga, basanga Minani Jean Marie Vianney wayibagamo amanitse mu mugozi yapfuye.

Umwe mu baturage yagize ati “Twabonye inzu icumba umwotsi, tuza tuje kuzimya tugira ngo nta muntu urimo, tuhageze dusanga umugabo amanitse mu mugozi, mu cyumba imyenda n’igitanda byahiye.”

Aba baturage bakeka ko intandaro yo kwiyahura k’uyu mugabo, ari amakimbirane amaze igihe afitanye n’umugore we Iradukunda Colette, mu gihe we avuga ko ataherukaga.

Uyu Iradukunda yagize ati “Ntakibazo twari dufitanye, twaherukaga gushwana cyera. Ubu twari tubanye neza, yansabye amafaraanga yo kunywera ngiye mu kazi mubwira ko nyamuha nkavuyemo, ariko natunguwe bampamagaye bambwira ngo yaje ariyahura.”

Uyu mugore wa nyakwigendera, avuga kandi ko mbere yo kwiyambura ubuzima, yabanje ingurube bari boroye, anatwika imyenda yose yari iri mu nzu.

Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga, Kayitare Jacqueline yamenyesheje RADIOTV10 ko hatangiye iperereza kugira ngo hamenyekane icyaha cyateye uyu mugabo kwiyambura ubuzima.

Yagize ati “Kubera ko yabikoze wenyine mu rugo rwe, ntabwo icyabimuteye kiramenyekana, haracyakorwa iperereza n’inzego zibishinzwe.”

Umurambo wa nyakwigendera wahise ujyanwa mu buruhukiro bw’ibitaro bya Kabgayi kugira ngo unakorerwe isuzuma, ubundi uzashyikirizwe umuryango we kugira ngo ashyingurwe.

INKURU MU MASHUSHO

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + 11 =

Previous Post

Niger yeruriye America ko baciye ukubiri mu mikoranire y’ibya gisirikare

Next Post

Hari ibyazamutseho 506%: Hamuritswe imibare y’ibyagezweho na MTN Rwanda bigaragaza intambwe ishimishije

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
MTN Rwanda yagaragaje ibyo yishimira mu mezi 6 inahishura ibyayifashije kubigeraho

Hari ibyazamutseho 506%: Hamuritswe imibare y’ibyagezweho na MTN Rwanda bigaragaza intambwe ishimishije

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.