Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibitangazwa n’umugore w’uwo bikekwa ko yiyahuye byatumye havuka urujijo ku cyabimuteye

radiotv10by radiotv10
19/03/2024
in MU RWANDA
0
Ibitangazwa n’umugore w’uwo bikekwa ko yiyahuye byatumye havuka urujijo ku cyabimuteye
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo w’imyaka 40 wo mu Murenge wa Muhanga mu Karere ka Muhanga, bamusanze mu nzu yabagamo iri gushya na we amanitse mu mugozi yapfuye, bikekwa ko yiyahuye kubera amakimbirane yagiranaga n’umugore we, mu gihe we avuga ko bataherukaga gutongana.

Ibi byabereye mu Mudugudu wa Kantonganiye mu Kagari ka Nyamirama mu Murenge wa Muhanga, aho abaturage bagiye kuzimya inzu y’umuturanyi yashyaga, basanga Minani Jean Marie Vianney wayibagamo amanitse mu mugozi yapfuye.

Umwe mu baturage yagize ati “Twabonye inzu icumba umwotsi, tuza tuje kuzimya tugira ngo nta muntu urimo, tuhageze dusanga umugabo amanitse mu mugozi, mu cyumba imyenda n’igitanda byahiye.”

Aba baturage bakeka ko intandaro yo kwiyahura k’uyu mugabo, ari amakimbirane amaze igihe afitanye n’umugore we Iradukunda Colette, mu gihe we avuga ko ataherukaga.

Uyu Iradukunda yagize ati “Ntakibazo twari dufitanye, twaherukaga gushwana cyera. Ubu twari tubanye neza, yansabye amafaraanga yo kunywera ngiye mu kazi mubwira ko nyamuha nkavuyemo, ariko natunguwe bampamagaye bambwira ngo yaje ariyahura.”

Uyu mugore wa nyakwigendera, avuga kandi ko mbere yo kwiyambura ubuzima, yabanje ingurube bari boroye, anatwika imyenda yose yari iri mu nzu.

Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga, Kayitare Jacqueline yamenyesheje RADIOTV10 ko hatangiye iperereza kugira ngo hamenyekane icyaha cyateye uyu mugabo kwiyambura ubuzima.

Yagize ati “Kubera ko yabikoze wenyine mu rugo rwe, ntabwo icyabimuteye kiramenyekana, haracyakorwa iperereza n’inzego zibishinzwe.”

Umurambo wa nyakwigendera wahise ujyanwa mu buruhukiro bw’ibitaro bya Kabgayi kugira ngo unakorerwe isuzuma, ubundi uzashyikirizwe umuryango we kugira ngo ashyingurwe.

INKURU MU MASHUSHO

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − 11 =

Previous Post

Niger yeruriye America ko baciye ukubiri mu mikoranire y’ibya gisirikare

Next Post

Hari ibyazamutseho 506%: Hamuritswe imibare y’ibyagezweho na MTN Rwanda bigaragaza intambwe ishimishije

Related Posts

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri...

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

IZIHERUKA

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe
AMAHANGA

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

by radiotv10
05/01/2026
0

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

04/01/2026
Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
MTN Rwanda yagaragaje ibyo yishimira mu mezi 6 inahishura ibyayifashije kubigeraho

Hari ibyazamutseho 506%: Hamuritswe imibare y’ibyagezweho na MTN Rwanda bigaragaza intambwe ishimishije

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.