Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibitangazwa n’umugore w’uwo bikekwa ko yiyahuye byatumye havuka urujijo ku cyabimuteye

radiotv10by radiotv10
19/03/2024
in MU RWANDA
0
Ibitangazwa n’umugore w’uwo bikekwa ko yiyahuye byatumye havuka urujijo ku cyabimuteye
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo w’imyaka 40 wo mu Murenge wa Muhanga mu Karere ka Muhanga, bamusanze mu nzu yabagamo iri gushya na we amanitse mu mugozi yapfuye, bikekwa ko yiyahuye kubera amakimbirane yagiranaga n’umugore we, mu gihe we avuga ko bataherukaga gutongana.

Ibi byabereye mu Mudugudu wa Kantonganiye mu Kagari ka Nyamirama mu Murenge wa Muhanga, aho abaturage bagiye kuzimya inzu y’umuturanyi yashyaga, basanga Minani Jean Marie Vianney wayibagamo amanitse mu mugozi yapfuye.

Umwe mu baturage yagize ati “Twabonye inzu icumba umwotsi, tuza tuje kuzimya tugira ngo nta muntu urimo, tuhageze dusanga umugabo amanitse mu mugozi, mu cyumba imyenda n’igitanda byahiye.”

Aba baturage bakeka ko intandaro yo kwiyahura k’uyu mugabo, ari amakimbirane amaze igihe afitanye n’umugore we Iradukunda Colette, mu gihe we avuga ko ataherukaga.

Uyu Iradukunda yagize ati “Ntakibazo twari dufitanye, twaherukaga gushwana cyera. Ubu twari tubanye neza, yansabye amafaraanga yo kunywera ngiye mu kazi mubwira ko nyamuha nkavuyemo, ariko natunguwe bampamagaye bambwira ngo yaje ariyahura.”

Uyu mugore wa nyakwigendera, avuga kandi ko mbere yo kwiyambura ubuzima, yabanje ingurube bari boroye, anatwika imyenda yose yari iri mu nzu.

Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga, Kayitare Jacqueline yamenyesheje RADIOTV10 ko hatangiye iperereza kugira ngo hamenyekane icyaha cyateye uyu mugabo kwiyambura ubuzima.

Yagize ati “Kubera ko yabikoze wenyine mu rugo rwe, ntabwo icyabimuteye kiramenyekana, haracyakorwa iperereza n’inzego zibishinzwe.”

Umurambo wa nyakwigendera wahise ujyanwa mu buruhukiro bw’ibitaro bya Kabgayi kugira ngo unakorerwe isuzuma, ubundi uzashyikirizwe umuryango we kugira ngo ashyingurwe.

INKURU MU MASHUSHO

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + nineteen =

Previous Post

Niger yeruriye America ko baciye ukubiri mu mikoranire y’ibya gisirikare

Next Post

Hari ibyazamutseho 506%: Hamuritswe imibare y’ibyagezweho na MTN Rwanda bigaragaza intambwe ishimishije

Related Posts

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Umuryango FPR-Inkotanyi wakoze amavugurura n’impinduka mu Buyobozi Bukuru bwawo, zasize ugize ba Visi Perezida babiri, ndetse Bazivamo Christophe wigeze kububamo,...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
1

Abafurere babiri bari mu bantu bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rwa mugenzi wabo wayoboraga ishuri ryo mu Karere ka Huye uherutse...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
19/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Should parents still choose careers for their children?

Should parents still choose careers for their children?

by radiotv10
19/12/2025
0

For decades, many families have believed that parents should play a major, sometimes final role in deciding their children’s careers....

IZIHERUKA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo
MU RWANDA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
MTN Rwanda yagaragaje ibyo yishimira mu mezi 6 inahishura ibyayifashije kubigeraho

Hari ibyazamutseho 506%: Hamuritswe imibare y’ibyagezweho na MTN Rwanda bigaragaza intambwe ishimishije

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.