Sunday, June 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibiteye amatsiko ku muntu ukuze kurusha abandi ku Isi wanashyikirijwe ikibihamya

radiotv10by radiotv10
16/09/2024
in AMAHANGA, IMIBEREHO, UDUSHYA
0
Ibiteye amatsiko ku muntu ukuze kurusha abandi ku Isi wanashyikirijwe ikibihamya
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyapanikazi Tomiko Itooka wavutse mu 1908 ufite imyaka 116 n’iminsi 116 akaba ari we muntu ukuze kurusha abandi ku Isi mu bagihumeka umwuka w’abazima, yashyikirijwe icyangombwa gihamya ko ari we uciye agahigo ko kuba ari we mukuru kuri uyu mubumbe.

Tomiko Itooka wabonye izuba tariki 23 Gicurasi 1908, yahawe icyagombwa kuri uyu wa 16 Nzeri 2024, ku munsi wo kuzirikana abantu bakuze mu Buyapani.

Ubuyobozi bw’Ikigo cy’abanyaduhigo, Guinness World Records ni bwo bwashyikirije uyu mukecuru iki cyangombwa aho aba mu kigo cyita ku bageze mu zabukuru mu gace ka Ashiya muri Perefegitura ya Hyōgo aho amaze imyaka itanu aba.

Ubwo yashyikirizwaga iki cyangombwa, yari yiyambariye imyambaro y’ibara sanzwe akunda ry’icyatsi, aho yagaragarije umukozi wa Guinness World Records, Kaoru Ishikawa; ibyishimo byo kuba yagishyikirijwe.

Mu rurimi rw’ikiyapani, Tomiko Itooka yagize ati “arigato gozaimasu” bishatse kuvuga ngo “Murakoze cyane.”

Ubwo yahabwaga iki cyemezo, yari kumwe n’umuhungu we aka umwana wa kabiri, ari we Hiroshi Kai wavuze ko atigeze atekereza ko umubyeyi we azagera igihe akaba umuntu ukuze kurusha abandi ku Isi, ku buryo yatunguwe n’iki gikorwa yakorewe cyo guhabwa iki gihembo. Hiroshi yavuze ko we n’umubyeyi we bakundaga kujya gusenga bari kumwe.

Uyu muhungu w’uyu muntu ukuze kurusha abandi ku Isi, yavuze ko umubyeyi we yakundaga kujya guterera imisozi ari wenyine, ndetse ko ari byo bintu byamushimishaga.

Nyuma yo mu 1979 ubwo umugabo wa Tomiko yari amaze kwitaba Imana, yakomeje kwibana muri Perefegitura ya Nara aho yakundaga kujya kuzamuka imisozi, akora siporo ndetse ari na byo bintu byamushimishaga.

Uyu mukecuru, mu myaka ye 80 yatereye umuso wa Mount Nijo, ndetse n’umusozi wa Mount Ontake wa metero 3 000 yazamutse inshuro ebyiri.

Uyu muyoboke w’Aba-Buddhist yanageze ku rwego rwa Saigoku Kannon Pilgrimage, aho yasuye insengero 33 zo mu gace ka Kansai.

Ku myaka 100 y’amavuko, yari agishobora guterera umusozi wa Ashiya Shrine ntacyo yisunze, habe n’akabando.

Tomiko ubu abaye umuntu wa 23 ukuze kurusha abandi bakiriho ku Isi mu mateka y’Isi, ndetse mu byumweru bibiri bitewe n’igihe azaba amaze ku Isi, azahita aza ku mwanya wa 21 wagize imyaka myinsi agihumeka.

Ni mu gihe umuntu wagejeje mu myaka myinshi ku Isi mu mateka yayo, ari Umufaransakazi Jeanne Calment wapfuye mu 1997 afite imyaka 122 n’iminsi 164.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 5 =

Previous Post

DRC: Hafashwe icyemezo ku mirambo yari imaze imyaka ine mu Bitaro

Next Post

Haiti: Ibyo babonaga nk’amahirwe abizaniye byabereye urupfu

Related Posts

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

by radiotv10
27/06/2025
0

Mu butumwa bwanditse mu Kinyarwanda kiyunguruye, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yatumiye Abanyarwanda ko mu minsi y’ibiruhuko...

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

by radiotv10
25/06/2025
0

Abanya-Kenya ibihumbi n’ibihumbi biraye mu mihanda mu myigaragambyo igamije kwibuka abaguye mu yindi yabaye umwaka ushize muri iki Gihugu cya...

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

by radiotv10
25/06/2025
0

Joseph Kabila Kabange, the former President of the Democratic Republic of the Congo(DRC), has presented his successor, Felix Tshisekedi, with...

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

by radiotv10
25/06/2025
0

Leta ya Zambia yatanze ikirego mu Rukiko rwo muri Afurika y’Epfo isaba ko ishyingurwa rya Edgar Lungu wayoboye iki Gihugu...

Kabila yibiye ibanga Tshisekedi wamusimbuye agaragaza amahitamo atatu asigaranye

Kabila yibiye ibanga Tshisekedi wamusimbuye agaragaza amahitamo atatu asigaranye

by radiotv10
25/06/2025
0

Joseph Kabila Kabange wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yagaragarije Felix Tshisekedi wamusimbuye, ko asigaranye amahitamo atatu, arimo...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Haiti: Ibyo babonaga nk’amahirwe abizaniye byabereye urupfu

Haiti: Ibyo babonaga nk’amahirwe abizaniye byabereye urupfu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.