Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibiteye amatsiko ku muntu ukuze kurusha abandi ku Isi wanashyikirijwe ikibihamya

radiotv10by radiotv10
16/09/2024
in AMAHANGA, IMIBEREHO, UDUSHYA
0
Ibiteye amatsiko ku muntu ukuze kurusha abandi ku Isi wanashyikirijwe ikibihamya
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyapanikazi Tomiko Itooka wavutse mu 1908 ufite imyaka 116 n’iminsi 116 akaba ari we muntu ukuze kurusha abandi ku Isi mu bagihumeka umwuka w’abazima, yashyikirijwe icyangombwa gihamya ko ari we uciye agahigo ko kuba ari we mukuru kuri uyu mubumbe.

Tomiko Itooka wabonye izuba tariki 23 Gicurasi 1908, yahawe icyagombwa kuri uyu wa 16 Nzeri 2024, ku munsi wo kuzirikana abantu bakuze mu Buyapani.

Ubuyobozi bw’Ikigo cy’abanyaduhigo, Guinness World Records ni bwo bwashyikirije uyu mukecuru iki cyangombwa aho aba mu kigo cyita ku bageze mu zabukuru mu gace ka Ashiya muri Perefegitura ya Hyōgo aho amaze imyaka itanu aba.

Ubwo yashyikirizwaga iki cyangombwa, yari yiyambariye imyambaro y’ibara sanzwe akunda ry’icyatsi, aho yagaragarije umukozi wa Guinness World Records, Kaoru Ishikawa; ibyishimo byo kuba yagishyikirijwe.

Mu rurimi rw’ikiyapani, Tomiko Itooka yagize ati “arigato gozaimasu” bishatse kuvuga ngo “Murakoze cyane.”

Ubwo yahabwaga iki cyemezo, yari kumwe n’umuhungu we aka umwana wa kabiri, ari we Hiroshi Kai wavuze ko atigeze atekereza ko umubyeyi we azagera igihe akaba umuntu ukuze kurusha abandi ku Isi, ku buryo yatunguwe n’iki gikorwa yakorewe cyo guhabwa iki gihembo. Hiroshi yavuze ko we n’umubyeyi we bakundaga kujya gusenga bari kumwe.

Uyu muhungu w’uyu muntu ukuze kurusha abandi ku Isi, yavuze ko umubyeyi we yakundaga kujya guterera imisozi ari wenyine, ndetse ko ari byo bintu byamushimishaga.

Nyuma yo mu 1979 ubwo umugabo wa Tomiko yari amaze kwitaba Imana, yakomeje kwibana muri Perefegitura ya Nara aho yakundaga kujya kuzamuka imisozi, akora siporo ndetse ari na byo bintu byamushimishaga.

Uyu mukecuru, mu myaka ye 80 yatereye umuso wa Mount Nijo, ndetse n’umusozi wa Mount Ontake wa metero 3 000 yazamutse inshuro ebyiri.

Uyu muyoboke w’Aba-Buddhist yanageze ku rwego rwa Saigoku Kannon Pilgrimage, aho yasuye insengero 33 zo mu gace ka Kansai.

Ku myaka 100 y’amavuko, yari agishobora guterera umusozi wa Ashiya Shrine ntacyo yisunze, habe n’akabando.

Tomiko ubu abaye umuntu wa 23 ukuze kurusha abandi bakiriho ku Isi mu mateka y’Isi, ndetse mu byumweru bibiri bitewe n’igihe azaba amaze ku Isi, azahita aza ku mwanya wa 21 wagize imyaka myinsi agihumeka.

Ni mu gihe umuntu wagejeje mu myaka myinshi ku Isi mu mateka yayo, ari Umufaransakazi Jeanne Calment wapfuye mu 1997 afite imyaka 122 n’iminsi 164.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 − five =

Previous Post

DRC: Hafashwe icyemezo ku mirambo yari imaze imyaka ine mu Bitaro

Next Post

Haiti: Ibyo babonaga nk’amahirwe abizaniye byabereye urupfu

Related Posts

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

by radiotv10
09/01/2026
0

Lieutenant-Colonel Mak Hazukay Mongba yagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe Itumanaho n’Amakuru mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akaba n’Umuvugizi...

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Haiti: Ibyo babonaga nk’amahirwe abizaniye byabereye urupfu

Haiti: Ibyo babonaga nk’amahirwe abizaniye byabereye urupfu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.