Saturday, December 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibivugwa nyuma yuko umugabo ateye ‘grenade’ mugenzi we amukekaho kumutwara umugore

radiotv10by radiotv10
15/01/2025
in MU RWANDA
0
Kamonyi: Abaturage barasaba kwegerezwa ibikorwaremezo
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wo Murenge wa Mugina mu Karere ka Kamonyi ukekwaho gutera igisasu cya grenade mugenzi we akekaho kumuca inyuma, amakuru aravuga ko yamaze gutabwa muri yombi afatiwe mu Mujyi wa Kigali, mu gihe uyu mugore avuga ko batandukanye, ndetse nta mubano udasanzwe afitanye n’uwatewe iki gisasu.

Jean Baptiste Nkuriyingoma ukekwaho iki gikorwa cyo gutera grenade mugenzi we Muganza Jean Marie Vianney mu Kagari ka Mbati, ubwo yajyaga iwe akahatera iki gisasu, agahita acika.

Kuva icyo gihe inzego z’ubuyobozi zahise zitangira kumushakisha, nk’uko byari byemejwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi, Dr Nahayo Sylvère.

Amakuru yamenyekanye ava mu baturage bo muri aka gace ibi byabereyemo, avuga ko Nkuriyingoma yafatiwe mu Murenge wa Muhima mu Karere Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali.

Umwe mu baturage, avuga ko bamenye amakuru ko uyu muturage yafashwe ejo hashize ku manywa ahagana saa munani nyuma y’amasaha ateye kiriya gisasu.

Yagize ati “Twamenye ko Inzego z’Umutekano zamufashe saa munani za ku manywa, grenade yari yayiteye saa tatu.”

Abaturanyi b’uyu mugabo, bavuga kandi ko yigeze gukora mu nzego z’umutekano akaza gusezererwa, ndetse ko amaze iminsi agaragaza ibibazo by’ihungabana ashobora kuba aterwa n’ubuzima yanyuzemo ndetse n’iby’urushako rwe.

Uyu yateye Grenade, bivugwa ko yamutwaye umugore ndetse ko umuryango we ari wo wamwiciye ababyeyi muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ku buryo bimuhungabanya cyane.

Abaturage bavuga ko uyu mugabo yari asanzwe arangwa n’imico myiza, ku buryo na bo batunguwe n’iki gikorwa yakoze cyo gutera grenade mugenzi we.

Uyu mugore ashinja kumuta agasanga uriya mugabo yatewe grenade, avuga ko atakiri umugore we kuko bamaze guhabwa gatanya yemewe mu buryo bw’amategeko.

Aganira n’ikinyamakuru cyitwa Umuseke, uyu mugore yagize ati “Kuki akomeza kunyita umugore we kandi tutakibana? Gatanya twayihawe umwaka ushize wa 2024.”

Avuga ko gatanya yabo batangiye kuyiburana mu mwaka wa 2020 bitewe n’ibibazo bagiranaga bishingiye ku kuba umugabo we yarataye urugo.

Ati “Natunguwe no kubona mu itangazamakuru bavuze ko ndi umugore we. Ntabwo ari byo kuko ndimo gutegura gukora ubukwe n’undi mugabo.”

Uyu mugore avuga kandi ko nta mubano udasanzwe afitanye n’uyu mugabo witwa Muganza Jean Marie Vianney watewe grenade n’uyu mugabo batandukanye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − fourteen =

Previous Post

Ikibazo cyaramutse cyabereye imbogamizi Abanyakigali mu kwishyurana hagaragajwe uko gihagaze

Next Post

Hatangajwe inkuru nziza y’undi mutungo kamere wihagazeho wavumbuwe mu Rwanda

Related Posts

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

IZIHERUKA

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye
FOOTBALL

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
27/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe inkuru nziza y’undi mutungo kamere wihagazeho wavumbuwe mu Rwanda

Hatangajwe inkuru nziza y’undi mutungo kamere wihagazeho wavumbuwe mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.