Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura rukabije rwangije imyaka yabo bari bitezeho amaramuko.
Aba baturage bavuga ko urwo rubura rwaje rusanze bari bamaze igihe bahanganye n’izuba rikabije, bigatuma imyaka yabo irushaho kwangirika, ubu bakaba babayeho mu buzima bukomeye bw’inzara.
Uwizeyimana Jean Claude, umuturage wo mu Kagari ka Duwane, avuga ko urubura rwangije ibihingwa bye byose birimo ibigori n’ibishyimbo.
Ati: “Twari dutegereje umusaruro muri iki gihe, ariko urubura rwarabimaze byose. Ubu turi kubaho nabi, nta kintu dufite cyo kurya kandi twari twarashoye amafaranga menshi mu buhinzi.”
Mukamana Odette, umubyeyi utuye mu Mudugudu wa Kivumu, avuga ko n’abana be batakibona amafunguro ahagije.
Ati: “Izuba ryabanje kutwangiriza imyaka, haza n’urubura rurangiza burundu. Ubu dufite inzara, nta mbuto dufite zo kongera guhinga, turasaba ubuyobozi kudufasha.”
Undi muturage witwa Habimana Eric avuga ko ikibazo kitari ku biribwa gusa, ahubwo ko n’ubushobozi bwo kongera guhinga bwagabanutse cyane.
Ati: “Nta mbuto zo gutera dufite, nta bushobozi bwo kugura ifumbire. Niba nta nkunga tubonye, uyu mwaka tuzawumarana inzara.”
Ku ruhande rw’ubuyobozi, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Save, Murenzi Augustin, avuga ko ikibazo cyamenyeshejwe inzego zo hejuru, kandi ko bategereje igisubizo ku bufasha bushobora gutangwa.
Ati: “Iki kibazo twakimenyesheje ubuyobozi bw’Akarere ndetse n’izindi nzego bireba, tunakora ubuvugizi kugira ngo harebwe uko aba baturage bafashwa.”
Aba baturage bavuga ko uru rubura rwaguye nyuma y’igihe kinini bari bamaze bahanganye n’izuba ryinshi, ibyo byose bikaba intandaro yo kuba bashonje no kubura imbuto zo guhinga, mu gihe bari bakwiye kuba batangiye igihembwe cy’ihinga.



Prince Théogène NZABIHIMANA
RADIOTV10







