Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibuka yagaragaje agahinda gakomeye yatewe n’icyemezo cyafatiwe ukekwaho kuba ruharwa muri Jenoside

radiotv10by radiotv10
11/08/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Ibuka yagaragaje agahinda gakomeye yatewe n’icyemezo cyafatiwe ukekwaho kuba ruharwa muri Jenoside
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango Ibuka uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, wagaragaje ko wababajwe n’icyemezo cyafatiwe Kabuga Felicien, cyo guhagarika urubanza aregwamo, mu gihe ari umwe mu baza ku isonga bakekwaho uruhare rukomeye muri Jenoside.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze na Ibuka kuri uyu wa Gatanu tariki 11 Kanama 2023, nyuma y’uko Urugereko rw’Ubujurire rw’Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha (IRMCT) rufashe icyemezo cyo kudakomeza gukurikira Kabuga no kumurekura.

Itangazo rya Ibuka ritangira rigira riti “Ibuka yababajwe cyane n’icyemezo cy’Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha (IRMCT), cyo guhahagarika urubanza rwa Kabuga Felicien, uza ku isonga mu gukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.”

Ibuka ikomeza yibutsa ko Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe amahoro n’Umutekano kashyizeho Urukiko rwasigariweho n’uru rwego, mu rwego rwo kubaka ubwiyunge no kugarura amahoro.

Uyu Muryango ukomeza uvuga ko uru rwego rugikomeje kugaragaza imyitwarire yaranze Umuryango mpuzamahanga wo gutsindwa mu kugira icyo ukora ku bikorwa byo kwica Abatutsi mbere ndetse no mu gihe habaga Jenoside yakorewe Abatutsi yahitanye abarenga miliyoni imwe.

Iri tangazo riti “Ibi bishimangira ko hari inyungu zikomeye zihishe inyuma z’umuryango mpuzamaganga, mu gushinja abagize uruhare muri Jenoside n’abayikekwaho.”

Ibuka ikomeza ivuga ko uburenganzira bw’uregwa bukwiye kujyana n’ubw’abagizweho ingaruka n’ibyaka akekwaho gukora, bityo ko n’iri hagarikwa ry’uru rubanza, ridakwiye kubangamira izindi manza zigomba guha ubutabera abarokotse Jenoside.

Igakomeza igira iti “imiryango y’abarokotse Jenoside n’abayizize ntakindi ikwiye, uretse ubutabera buboneye bunyuze mu mucyo kandi bukurikije amategeko.”

Ibuka ikomeza ivuga ko ishobora kumva ko hakwiye gukemurwa ibibazo by’ubuzima bw’ukekwaho ibyaha, ariko nanone ubutabera butinze bugira n’ingaruka ku icibwa ry’urubanza, mu gihe uyu Kabuga yatinze gufatwa, none n’aho afatiwe akaba ataburanishijwe.

Iti “Abarokotse bategereje ubutabere ku byakozwe na Kabuga mu binyacumi bitatu, kandi guhagarika urubanza rwe ntabwo binyuze mu mucyo mu gutuma ubutabera butangwa.”

Ibuka ivuga ko uru rwego rwa IRMCT rutigeze ruha agaciro abagizweho ingaruka n’ibyaha byakozwe na Kabuga, ku buryo guhagarika urubanza rwe bije ari akababaro kiyongera ku kandi.

Uyu muryango ukavuga ko iki cyemezo, ntakindi kigaragaza uretse gutsindwa k’uru rwego, ndetse n’ukw’abacamanza barwo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × five =

Previous Post

Afurika: Ibihugu bibiri byageze ku mwanzuro ushimishije ku bimukira bari bajugunywe na kimwe

Next Post

Mu gisubizo gitunguranye umutoza wa APR ahaye Djabel wayivuzeho ibitavugwaho rumwe

Related Posts

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

IZIHERUKA

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo
MU RWANDA

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

09/01/2026
Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

09/01/2026
Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

08/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu gisubizo gitunguranye umutoza wa APR ahaye Djabel wayivuzeho ibitavugwaho rumwe

Mu gisubizo gitunguranye umutoza wa APR ahaye Djabel wayivuzeho ibitavugwaho rumwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.