Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibuka yagaragaje agahinda gakomeye yatewe n’icyemezo cyafatiwe ukekwaho kuba ruharwa muri Jenoside

radiotv10by radiotv10
11/08/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Ibuka yagaragaje agahinda gakomeye yatewe n’icyemezo cyafatiwe ukekwaho kuba ruharwa muri Jenoside
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango Ibuka uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, wagaragaje ko wababajwe n’icyemezo cyafatiwe Kabuga Felicien, cyo guhagarika urubanza aregwamo, mu gihe ari umwe mu baza ku isonga bakekwaho uruhare rukomeye muri Jenoside.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze na Ibuka kuri uyu wa Gatanu tariki 11 Kanama 2023, nyuma y’uko Urugereko rw’Ubujurire rw’Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha (IRMCT) rufashe icyemezo cyo kudakomeza gukurikira Kabuga no kumurekura.

Itangazo rya Ibuka ritangira rigira riti “Ibuka yababajwe cyane n’icyemezo cy’Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha (IRMCT), cyo guhahagarika urubanza rwa Kabuga Felicien, uza ku isonga mu gukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.”

Ibuka ikomeza yibutsa ko Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe amahoro n’Umutekano kashyizeho Urukiko rwasigariweho n’uru rwego, mu rwego rwo kubaka ubwiyunge no kugarura amahoro.

Uyu Muryango ukomeza uvuga ko uru rwego rugikomeje kugaragaza imyitwarire yaranze Umuryango mpuzamahanga wo gutsindwa mu kugira icyo ukora ku bikorwa byo kwica Abatutsi mbere ndetse no mu gihe habaga Jenoside yakorewe Abatutsi yahitanye abarenga miliyoni imwe.

Iri tangazo riti “Ibi bishimangira ko hari inyungu zikomeye zihishe inyuma z’umuryango mpuzamaganga, mu gushinja abagize uruhare muri Jenoside n’abayikekwaho.”

Ibuka ikomeza ivuga ko uburenganzira bw’uregwa bukwiye kujyana n’ubw’abagizweho ingaruka n’ibyaka akekwaho gukora, bityo ko n’iri hagarikwa ry’uru rubanza, ridakwiye kubangamira izindi manza zigomba guha ubutabera abarokotse Jenoside.

Igakomeza igira iti “imiryango y’abarokotse Jenoside n’abayizize ntakindi ikwiye, uretse ubutabera buboneye bunyuze mu mucyo kandi bukurikije amategeko.”

Ibuka ikomeza ivuga ko ishobora kumva ko hakwiye gukemurwa ibibazo by’ubuzima bw’ukekwaho ibyaha, ariko nanone ubutabera butinze bugira n’ingaruka ku icibwa ry’urubanza, mu gihe uyu Kabuga yatinze gufatwa, none n’aho afatiwe akaba ataburanishijwe.

Iti “Abarokotse bategereje ubutabere ku byakozwe na Kabuga mu binyacumi bitatu, kandi guhagarika urubanza rwe ntabwo binyuze mu mucyo mu gutuma ubutabera butangwa.”

Ibuka ivuga ko uru rwego rwa IRMCT rutigeze ruha agaciro abagizweho ingaruka n’ibyaha byakozwe na Kabuga, ku buryo guhagarika urubanza rwe bije ari akababaro kiyongera ku kandi.

Uyu muryango ukavuga ko iki cyemezo, ntakindi kigaragaza uretse gutsindwa k’uru rwego, ndetse n’ukw’abacamanza barwo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − 5 =

Previous Post

Afurika: Ibihugu bibiri byageze ku mwanzuro ushimishije ku bimukira bari bajugunywe na kimwe

Next Post

Mu gisubizo gitunguranye umutoza wa APR ahaye Djabel wayivuzeho ibitavugwaho rumwe

Related Posts

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

IZIHERUKA

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru
FOOTBALL

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu gisubizo gitunguranye umutoza wa APR ahaye Djabel wayivuzeho ibitavugwaho rumwe

Mu gisubizo gitunguranye umutoza wa APR ahaye Djabel wayivuzeho ibitavugwaho rumwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.