Tuesday, October 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyamenyekanye ku rubanza ruregwamo uwabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda wahamijwe gusambanya umwana

radiotv10by radiotv10
21/10/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Uwabaye umuyobozi ukomeye muri Minisiteri akurikiranyweho gusambanya abakobwa
Share on FacebookShare on Twitter

Mu rubanza rw’ubujurire ruregwamo Antoine Ruvebana wabaye Umunyamabanga Uhoraho mu yahoze ari Minisiteri Ishinzwe Ibiza n’Impunzi [ubu ni Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi] wahamijwe icyaha cyo gusambanya umwana agahinishwa gufungwa imyaka 10, byamenyekanye ko impande zombi zajuririye icyemezo kuko kitazinyuze.

Ni urubanza rwaburanishijwe n’Urukiko Rukuru kuri uyu wa Mbere tariki 20 Ukwakira 2025, ruburanishwa mu muheezo ku mpamvu mbonezabupfura.

Uru rubanza rw’ubujurire rubaye nyuma y’imyaka ibiri n’igice Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo rufashe icyemezo mu rubanza rwa mbere, aho rwahamije uregwa icyaha cyo gusambanya umwana, rukamukatira gufungwa imyaka 10.

Amakuru dukesha ikinyamakuru cyitwa Igihe, avuga ko mu rubanza rw’ubujurire, yaba uregwa ndetse n’Ubushinjacyaha, impande zombi zajuririye kiriya cyemezo kuko kitazinyuze.

Mu rubanza rwa mbere, Ubushinjacyaha bwari bwasabiye uregwa ko yahamwa n’ibyaha bwamushinjaga, agakatirwa gufungwa imyaka 25.

Kiriya cyemezo cy’igifungo cy’imyaka 10, nticyanyuze impande zombi, aho uruhande rw’uregwa rwakomeje kuburana ruhakana ibyaha, mu gihe Ubushinjacyaha na bwo busaba ko igifungo cyiyongera nk’uko bwari bwabisabye mu rubanza rwa mbere.

Mu iburana ryo mu rubanza rwa mbere, Antoine Ruvebana yahakanye ibyaha aregwa byumwihariko icyo gusambanya umwana, akavuga ko ari ibinyoma byazamuwe n’umugore we wabikoze kuko bari bamaze gutandukana.

Ni mu gihe Ubushinjacyaha bwavugaga ko umwana wasambanyijwe wari wahawe izina rya VAF [ku mpamvu zo kurindirwa umutekano] yatanze ubuhamya bushinja uregwa, ndetse n’ubw’abatangabuhamya na bo bari barindiwe umutekano biswe amazina ya BCF na BEF.

Uretse ubu buhamya burimo ubw’uwahohotewe, Ubushinjacyaha bwanavugaga ko hari na raporo y’inzobere mu mitekerereze ya muntu yagaragazaga ingaruka zabaye ku wahohotewe.

Ibi ni na byo Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo rwashingiyeho ruhamya uregwa icyaha cyo gusambanya umwana, rumukatira igihano cy’igifungo cy’imyaka 10 kubera impamvu nyoroshyacyaha zagaragaraga zirimo kuba ari ubwa mbere yari akurikiranywe mu butabera.

Ubushinjacyaha kandi bwavugaga ko umwana wasambanyijwe na Antoine Ruvebana, iki cyaha cyabereye mu Busuwisi kuva mu mwaka wa 2005 kugeza muri 2013 ubwo yari mu mirimo ya Leta, ndetse bukaba bwaravugaga ko hari n’abandi bakobwa yasambanyije.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + thirteen =

Previous Post

Icyibanzweho mu biganiro byahuje Ingabo z’u Rwanda n’iz’u Bufaransa ubwo hakirwaga Umujenerali wazo

Next Post

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Related Posts

BREAKING: RIB yafunze uwagaragaye yiyita umuhanuzi asaba abantu amafaranga abizeza ibitangaza bidasanzwe

BREAKING: RIB yafunze uwagaragaye yiyita umuhanuzi asaba abantu amafaranga abizeza ibitangaza bidasanzwe

by radiotv10
21/10/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwataye muri yombi Bucyanayandi Emmanuel wiyita umuvugamutumwa wagaragaye ku mbuga nkoranyambaga atera abantu ubwoba yitwaje ubuhanuzi akabasaba...

Intumwa z’u Rwanda na Congo zigiye kongera guhurira ku meza y’ibiganiro

Intumwa z’u Rwanda na Congo zigiye kongera guhurira ku meza y’ibiganiro

by radiotv10
21/10/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zirahurira mu nama y’urwego ruhuriweho rwahawe inshingabo zo gukurikirana ishyirwa mu...

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

by radiotv10
21/10/2025
0

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yataye muri yombi abasore batatu b’abanyamahanga biga mu Rwanda, bagaragaye basagarira abamotari, aho babakubise bakabakomeretsa....

Icyibanzweho mu biganiro byahuje Ingabo z’u Rwanda n’iz’u Bufaransa ubwo hakirwaga Umujenerali wazo

Icyibanzweho mu biganiro byahuje Ingabo z’u Rwanda n’iz’u Bufaransa ubwo hakirwaga Umujenerali wazo

by radiotv10
21/10/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo w’u Bufaransa Zirwanira ku Butaka, General Pierre Schill; yakiriwe n’Umugaba Mukuru w’iz’u Rwanda, General Mubarakh Muganga, ndetse...

Eng.-Rwanda Police arrest foreign students seen assaulting people in Kigali

Eng.-Rwanda Police arrest foreign students seen assaulting people in Kigali

by radiotv10
21/10/2025
0

The Rwanda National Police has announced the arrest of three foreign male students studying in Rwanda, who were caught assaulting...

IZIHERUKA

BREAKING: RIB yafunze uwagaragaye yiyita umuhanuzi asaba abantu amafaranga abizeza ibitangaza bidasanzwe
MU RWANDA

BREAKING: RIB yafunze uwagaragaye yiyita umuhanuzi asaba abantu amafaranga abizeza ibitangaza bidasanzwe

by radiotv10
21/10/2025
0

Intumwa z’u Rwanda na Congo zigiye kongera guhurira ku meza y’ibiganiro

Intumwa z’u Rwanda na Congo zigiye kongera guhurira ku meza y’ibiganiro

21/10/2025
Uko uwabaye Perezida w’u Bufaransa yageze kuri Gereza agiye gufungirwamo nyuma yo gukatirwa

Uko uwabaye Perezida w’u Bufaransa yageze kuri Gereza agiye gufungirwamo nyuma yo gukatirwa

21/10/2025
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

21/10/2025
Uwabaye umuyobozi ukomeye muri Minisiteri akurikiranyweho gusambanya abakobwa

Ibyamenyekanye ku rubanza ruregwamo uwabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda wahamijwe gusambanya umwana

21/10/2025
Icyibanzweho mu biganiro byahuje Ingabo z’u Rwanda n’iz’u Bufaransa ubwo hakirwaga Umujenerali wazo

Icyibanzweho mu biganiro byahuje Ingabo z’u Rwanda n’iz’u Bufaransa ubwo hakirwaga Umujenerali wazo

21/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b'abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: RIB yafunze uwagaragaye yiyita umuhanuzi asaba abantu amafaranga abizeza ibitangaza bidasanzwe

Intumwa z’u Rwanda na Congo zigiye kongera guhurira ku meza y’ibiganiro

Uko uwabaye Perezida w’u Bufaransa yageze kuri Gereza agiye gufungirwamo nyuma yo gukatirwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.