Friday, October 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibyatunguranye kuri Guverinoma nshya y’u Burundi yashyizweho na Perezida Ndayishimiye

radiotv10by radiotv10
06/08/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ibyatunguranye kuri Guverinoma nshya y’u Burundi yashyizweho na Perezida Ndayishimiye
Share on FacebookShare on Twitter

U Burundi bwabonye Guverinoma nshya irimo Lieutenant General Gabriel Nizigama wari waraviriye rimwe mu nshingano na General Alain Guillaume Bunyoni bombi bashinjwaga gushaka guhirika ubutegetsi, ubu wagizwe Minisitiri w’Umurimo ndetse na Marie-Chantal Nijimbere wabaye umugore wa mbere ugizwe Minisitiri w’Ingabo.

Uretse Lieutenant-Général Gabriel Nizigama wagizwe Minisitiri w’Umurimo no kuzigamira abakozi ba Leta, bwa mbere u Burundi bwagize Minisitiri w’Ingabo w’umugore, ari we Marie-Chantal Nijimbere.

Minisiteri y’Ingabo mu Burundi, ni ku nshuro ya mbere ihawe Minisitiri w’Umugore, utanafite amateka ahambaye mu gisirikare.

Marie-Chantal Nijimbere si mushya muri Guverinoma y’u Burundi kuko hagati ya 2020 na 2024 yari Minisitiri w’Ubucuruzi, Ubwikorezi n’Ubukerarugendo.

Uretse ibi bisa n’ibyatunguranye muri Guverinoma nshya y’u Burundi, abasesenguzi bakurikije Abaminisitiri bashyizweho, bemeza ko Minisiteri z’iki Gihugu zavuye kuri cumi n’eshanu zikaba cumi n’eshatu.

Ni mu gihe Guverinoma y’u Burundi igiye kuyoborwa na Nestor Ntahontuye wagizwe Minisitiri w’Intebe, asimbura Lieutenant-Général Gervais Ndirakobuca wamaze kwinjira mu Nteko Ishinga Amategeko, ubu akaba ayoboye Sena y’u Burundi.

Nestor Ntahontuye wagizwe Minisitiri w’Intebe mu Burundi, yari amaze igihe ari Minisitiri w’Imari, Ingengo y’Imari n’igenamigambi kuva mu kwezi k’Ukuboza 2024.

Minisitiri w’Intebe mushya w’u Burundi, azwiho ubunararibonye mu bijyanye n’Imari ya Leta, Ingamba mu igenamigambi, kugenzura no gukurikirana gahunda za Leta.

Genereal Major Léonidas Ndaruzaniye we yagizwe Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu nyuma yuko ahataniye umwanya wo kuyobora Sena y’u Burundi na Lieutenant-Général Gervais Ndirakobuca ubu wabaye Perezida wa Sena.

Abasesenguzi bavuga ko kujyana Gervais Ndirakobuca muri Sena, ari uburyo bwo kumushyira ku ruhande kuko ari umwe mu basirikare n’abanyapolitiki bashobora kugira ijambo mu Burundi ku buryo yahatanira kuba Perezida mu gihe amatora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe umwaka utaha.

Abaminisitiri bose muri Guverinoma y’u Burundi:

  1. Minisitiri w’Intebe: Nestor Ntahontuye
  2. Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu n’Umutekano w’Imbere mu Gihugu: Maj Gen Léonidas Ndaruzaniye
  3. Minisitiri w’Ingabo no kwita ku bahoze ku rugamba: Marie Chantal Nijimbere
  4. Minisitiri w’Ubutabera: Arthemon Katihabwa
  5. Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga: Edouard Bizimana
  6. Minisitiri w’Imari n’ikigega cya Leta: Alain Ndikumana
  7. Minisitiri w’Amabuye y’Agaciro n’Ubutaka, amashanyarazi, inganda n’Uburucurizi:Dr Hassan Kibeya
  8. Minisitiri w’Ibidukikije, Ubuhinzi n’Ubworozi: Calinie Mbarushimana;
  9. Minisitiri w’Ubwubatsi, n’Ubwikorezi: Jean Claude Nzobaneza
  10. Minisitiri w’Uburezi n’Ubushakashatsi: Dr François Havyarimana
  11. Minisitiri w’Ubuzima: Dr. Lyduine Baradahana
  12. Minisitiri w’Umurimo n’Abakozi ba Leta: Lt Gen (Police) Gabriel Nizigama
  13. Minisitiri w’Urubyiruko na Siporo: Lydia Nsekera
  14. Minisitiri w’Itangazamakuru: Gabby Bugaga
Minisitiri w’Intebe mushya yarahiye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 7 =

Previous Post

U Buyapani bwibutse kimwe mu bikorwa by’ubugome byabayeho mu mateka y’Isi

Next Post

Eng.-General Muhoozi sheds light on the enemies who recently entered the country

Related Posts

Amakuru akomeje kuza ari incamugongo ku mibare y’abagiriye ibyago aho basengeraga muri Ethiopia

Amakuru akomeje kuza ari incamugongo ku mibare y’abagiriye ibyago aho basengeraga muri Ethiopia

by radiotv10
03/10/2025
0

Nyuma n’impanuka y’urusengero rwubakwaga mu Karere ka Amhara muri Ethiopia rugwiriye abantu bari mu masengesho, imibare y’abo yahitanye ndetse n’abakomeretse...

Igihano cy’urupfu cyakatiwe Joseph Kabila wayoboye Congo gikomeje guhagurukirwa

Igihano cy’urupfu cyakatiwe Joseph Kabila wayoboye Congo gikomeje guhagurukirwa

by radiotv10
02/10/2025
0

Nyuma yuko Urukiko Rukuru rwa Gisirikare i Kinshasa rukatiye igihano cy’urupfu Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya...

Icyo AFC/M23 yahise itangaza ku gihano cy’urupfu cyakatiwe Kabila cyatumye abanyapolitiki bahaguruka

Icyo AFC/M23 yahise itangaza ku gihano cy’urupfu cyakatiwe Kabila cyatumye abanyapolitiki bahaguruka

by radiotv10
01/10/2025
0

Umuhuzabikorwa Wungirije wa AFC/M23, Betrand Bisimwa yatangaje ko gukatira igihano cy’urupfu Joseph Kabila wabaye Perezida wa DRC, ahamijwe ibyaha bishingiye...

Ni iki Urukiko rwa Gisirikare rwagendeyeho rukatira igihano cy’urupfu Kabila wayoboye Congo

Ni iki Urukiko rwa Gisirikare rwagendeyeho rukatira igihano cy’urupfu Kabila wayoboye Congo

by radiotv10
01/10/2025
0

Urukiko Rukuru rwa Gisirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rwahamije ibyaha Joseph Kabila Kabange wayoboye iki Gihugu, rumukatira igihano...

Qatar yagaragaje uko yakiriye imbabazi yasabwe na Israel nyuma y’iminsi barebana ikijisho

Qatar yagaragaje uko yakiriye imbabazi yasabwe na Israel nyuma y’iminsi barebana ikijisho

by radiotv10
30/09/2025
0

Minisitiri w’Intebe wa Qatar yavuze ko Igihugu cye cyiteguye gukomeza ibikorwa byo gushaka iherezo ry’intambara muri Gaza, nyuma yuko mugenzi...

IZIHERUKA

Kayonza: Igikekwa ku rupfu rw’umugabo, umugore n’umwana wabo basanzwe mu nzu barapfuye
MU RWANDA

Kayonza: Yicishijwe amabuye n’abacukuraga amabuye y’agaciro mu buryo butemewe

by radiotv10
03/10/2025
0

ZACU TV yinjiye mu mikoranire na RwandAir inamurika filimi nshya zirimo izo kwitega muri 2026

ZACU TV yinjiye mu mikoranire na RwandAir inamurika filimi nshya zirimo izo kwitega muri 2026

03/10/2025
Ku nshuro ya kabiri Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahawe impando y’imodoka y’akataraboneka n’umugabo we

Ku nshuro ya kabiri Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahawe impando y’imodoka y’akataraboneka n’umugabo we

03/10/2025
10 Must-watch movies this weekend: From thrills to romance

10 Must-watch movies this weekend: From thrills to romance

03/10/2025
Mujye muzirikana ko gukorera Abanyarwanda ariwo murimo wanyu w’ibanze-P.Kagame abwira abinjiye muri RDF

Mujye muzirikana ko gukorera Abanyarwanda ariwo murimo wanyu w’ibanze-P.Kagame abwira abinjiye muri RDF

03/10/2025
Nyuma y’amabwiriza asaba abayobora amadini mu Rwanda kuba baraminuje Tewolojiya bamwe barabyubahirije

Nyuma y’amabwiriza asaba abayobora amadini mu Rwanda kuba baraminuje Tewolojiya bamwe barabyubahirije

03/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutumwa Gen.Muhoozi yahaye uwamuvuzeho nyuma yo kongera kuburira abarwanya Perezida Kagame

Eng.-General Muhoozi sheds light on the enemies who recently entered the country

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kayonza: Yicishijwe amabuye n’abacukuraga amabuye y’agaciro mu buryo butemewe

ZACU TV yinjiye mu mikoranire na RwandAir inamurika filimi nshya zirimo izo kwitega muri 2026

Ku nshuro ya kabiri Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahawe impando y’imodoka y’akataraboneka n’umugabo we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.