Monday, December 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyavuye mu biganiro byahuje Perezida Kagame na Tshisekedi bafashijwemo na Macron

radiotv10by radiotv10
22/09/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ibyavuye mu biganiro byahuje Perezida Kagame na Tshisekedi bafashijwemo na Macron
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame na mugenzi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo; ndetse n’uw’u Bufaransa, Emmanuel Macron bagiranye ibiganiro, byagarutse ku bibazo by’umutekano biri mu DRCongo, byafatiwemo ingamba zireba imitwe nka M23 na FDLR.

Ni ibiganiro byabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 21 Nzeri 2022, i New York muri Leta Zunze Ubumwe za America ahateraniye Abakuru b’Ibihugu bitabiriye Inteko Rusange ya 77 y’Umuryango w’Abibumbye.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, byatangaje ko “Perezida Kagame yahuye na Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa na Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo baganira ku muti w’ibibazo by’umutekano biri mu Burasirazuba bwa DRC.”

Perezidansi ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, na yo yatangaje ko ibi biganiro byabaye hagati ya DRC, u Rwanda n’u Bufaransa byabayeho byifujwe na Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa.

Itangazo dukesha Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya DRC, rivuga ko Abakuru b’Ibihugu batatu bagarutse ku bikorwa by’umutekano mucye biri muri Congo ndetse n’ibishobora kuba ibisubizo birambye kuri ibi bibazo biterwa n’imitwe yitwaje intwaro iri mu karere.

Ibiro by’umukuru wa DRC, bikomeza bivuga ko nyuma y’ibiganiro byabayeho byanatanze umusaruro ushimishije wo gukorana kw’Ibihugu nkuko byanzuriwe mu nama y’i Luanda, “basabye ko ko M23 iva mu bice yigaruriye mu buryo bwihuse.”

Iri tangazo rikomeza rigira riti “Ibikorwa byo gusubiza abaturage mu byabo bakuwemo n’intambara, bizakorwa n’Umuryango w’Abibumbye n’abafatanyabikorwa bawo nk’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba n’Umurango Mpuzamahanga w’Akarere k’Ibiyaga Bigari (CIRGL).”

Rikomeza rivuga kandi ko aba Bakuru b’Ibihugu biyemeje gukorana mu bijyanye no guca umuco wo kudahana ku buryo abari mu mitwe yitwaje intwaro byumwihariko uwa FDLR urwanya u Rwanda, baryozwa ibibi bakoze.

  • Umukino wo kwegeka ibibazo ku bandi ntiwatanga umuti w’ibibazo- P.Kagame
  • Tshisekedi imbere y’Abakuru b’Ibihugu by’Isi yongeye kuvuga ko u Rwanda rwateye DRC

Uku kuganira kuje gukurikira ibyatangajwe n’Abakuru b’Ibihugu byombi (u Rwanda na DRC), mu mbwirwaruhame batangiye muri iyi Nteko Rusange y’Umuryango w’Abubumbye, aho bombi bagarutse kuri ibi bibazo by’umutekano bikomeje kugaragara mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Perezida Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo mu ijambo yagejeje ku Nteko rusange ku wa Kabiri tariki 20 Nzeri 2022, yongeye gushinja yeruye ko u Rwanda rwateye Igihugu cye rwitwikiriye umutwe wa M23.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 21 Nzeri 2022, Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame na we mu ijambo yagejeje ku Nteko Rusange ya UN, yavuze ko ikibazo cy’umutekano mucye cyari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu myaka 20 ishize ntaho gitandukaniye n’ikiriyo uyu munsi mu gihe nyamara Umuryango w’Abibumbye woherejeyo ingabo ziriyo mu butumwa bwawo zanashowemo ubushobozi buhanitse.

Perezida Paul Kagame yavuze ko umuzi w’iki kibazo uzwi ariko ko inzira zo kugishakira umuti zikoreshwa atari zo zinyurwamo.

Yagize ati “Kwitana bamwana si byo bizakemura ibibazo. Ibi bibazo ntabwo byananirana kubishakira umuti kandi bishobora kubonerwa umuti bidatwaye ubushobozi buhanitse yaba ubw’amafaranga ndetse n’ubw’imbaraga za muntu.”

Perezida Kagame yavuze ko inzira zishobora gutanga umuti wihuse kandi urambye, ari ubushake bwa politiki ndetse no kumva kimwe umuzi w’ibibazo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − four =

Previous Post

Karongi: Umwana ‘watewe doze 2 z’inkingo icyarimwe’ hasobanuwe uko byagenze n’ingaruka byamusigiye

Next Post

M23 irahamagarira abashoramari kujya Bunagana ngo ho “nta ruswa, nta komisiyo”

Related Posts

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
28/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

IZIHERUKA

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?
FOOTBALL

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

28/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

28/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 irahamagarira abashoramari kujya Bunagana ngo ho “nta ruswa, nta komisiyo”

M23 irahamagarira abashoramari kujya Bunagana ngo ho “nta ruswa, nta komisiyo”

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.