Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyavuye mu biganiro byahuje Perezida Kagame na Tshisekedi bafashijwemo na Macron

radiotv10by radiotv10
22/09/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ibyavuye mu biganiro byahuje Perezida Kagame na Tshisekedi bafashijwemo na Macron
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame na mugenzi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo; ndetse n’uw’u Bufaransa, Emmanuel Macron bagiranye ibiganiro, byagarutse ku bibazo by’umutekano biri mu DRCongo, byafatiwemo ingamba zireba imitwe nka M23 na FDLR.

Ni ibiganiro byabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 21 Nzeri 2022, i New York muri Leta Zunze Ubumwe za America ahateraniye Abakuru b’Ibihugu bitabiriye Inteko Rusange ya 77 y’Umuryango w’Abibumbye.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, byatangaje ko “Perezida Kagame yahuye na Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa na Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo baganira ku muti w’ibibazo by’umutekano biri mu Burasirazuba bwa DRC.”

Perezidansi ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, na yo yatangaje ko ibi biganiro byabaye hagati ya DRC, u Rwanda n’u Bufaransa byabayeho byifujwe na Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa.

Itangazo dukesha Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya DRC, rivuga ko Abakuru b’Ibihugu batatu bagarutse ku bikorwa by’umutekano mucye biri muri Congo ndetse n’ibishobora kuba ibisubizo birambye kuri ibi bibazo biterwa n’imitwe yitwaje intwaro iri mu karere.

Ibiro by’umukuru wa DRC, bikomeza bivuga ko nyuma y’ibiganiro byabayeho byanatanze umusaruro ushimishije wo gukorana kw’Ibihugu nkuko byanzuriwe mu nama y’i Luanda, “basabye ko ko M23 iva mu bice yigaruriye mu buryo bwihuse.”

Iri tangazo rikomeza rigira riti “Ibikorwa byo gusubiza abaturage mu byabo bakuwemo n’intambara, bizakorwa n’Umuryango w’Abibumbye n’abafatanyabikorwa bawo nk’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba n’Umurango Mpuzamahanga w’Akarere k’Ibiyaga Bigari (CIRGL).”

Rikomeza rivuga kandi ko aba Bakuru b’Ibihugu biyemeje gukorana mu bijyanye no guca umuco wo kudahana ku buryo abari mu mitwe yitwaje intwaro byumwihariko uwa FDLR urwanya u Rwanda, baryozwa ibibi bakoze.

  • Umukino wo kwegeka ibibazo ku bandi ntiwatanga umuti w’ibibazo- P.Kagame
  • Tshisekedi imbere y’Abakuru b’Ibihugu by’Isi yongeye kuvuga ko u Rwanda rwateye DRC

Uku kuganira kuje gukurikira ibyatangajwe n’Abakuru b’Ibihugu byombi (u Rwanda na DRC), mu mbwirwaruhame batangiye muri iyi Nteko Rusange y’Umuryango w’Abubumbye, aho bombi bagarutse kuri ibi bibazo by’umutekano bikomeje kugaragara mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Perezida Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo mu ijambo yagejeje ku Nteko rusange ku wa Kabiri tariki 20 Nzeri 2022, yongeye gushinja yeruye ko u Rwanda rwateye Igihugu cye rwitwikiriye umutwe wa M23.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 21 Nzeri 2022, Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame na we mu ijambo yagejeje ku Nteko Rusange ya UN, yavuze ko ikibazo cy’umutekano mucye cyari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu myaka 20 ishize ntaho gitandukaniye n’ikiriyo uyu munsi mu gihe nyamara Umuryango w’Abibumbye woherejeyo ingabo ziriyo mu butumwa bwawo zanashowemo ubushobozi buhanitse.

Perezida Paul Kagame yavuze ko umuzi w’iki kibazo uzwi ariko ko inzira zo kugishakira umuti zikoreshwa atari zo zinyurwamo.

Yagize ati “Kwitana bamwana si byo bizakemura ibibazo. Ibi bibazo ntabwo byananirana kubishakira umuti kandi bishobora kubonerwa umuti bidatwaye ubushobozi buhanitse yaba ubw’amafaranga ndetse n’ubw’imbaraga za muntu.”

Perezida Kagame yavuze ko inzira zishobora gutanga umuti wihuse kandi urambye, ari ubushake bwa politiki ndetse no kumva kimwe umuzi w’ibibazo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 1 =

Previous Post

Karongi: Umwana ‘watewe doze 2 z’inkingo icyarimwe’ hasobanuwe uko byagenze n’ingaruka byamusigiye

Next Post

M23 irahamagarira abashoramari kujya Bunagana ngo ho “nta ruswa, nta komisiyo”

Related Posts

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

IZIHERUKA

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi
IMYIDAGADURO

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

16/01/2026
Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 irahamagarira abashoramari kujya Bunagana ngo ho “nta ruswa, nta komisiyo”

M23 irahamagarira abashoramari kujya Bunagana ngo ho “nta ruswa, nta komisiyo”

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.