Friday, June 13, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Iby’ingenzi byamenyekanye ko biri mu mushinga w’amasezerano ategerejwe hagati y’u Rwanda na DRCongo

radiotv10by radiotv10
12/06/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Iby’ingenzi byamenyekanye ko biri mu mushinga w’amasezerano ategerejwe hagati y’u Rwanda na DRCongo
Share on FacebookShare on Twitter

Intumwa za Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zitegerejwe i Washington muri Leta Zunze Ubumwe za America kugira ngo ziganire ku mushinga w’amahoro ateganyijwe gusinya. Haravugwa ibiri muri uwo mushinga.

Radiyo Mpuzamahanga y’Abafaransa RFI ivuga ko yabashije kugera ku nyandiko irenze kure amahame yashyizweho umukono n’ibi Bihugu byombi muri Mata n’Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe na mugenzi we Thérèse Kayikwamba Wagner.

Iki gitangazamakuru kivuga ko muri iyi nyandiko y’umushinga w’amasezerano, ugomba kuzashyirwaho imikono habanje kugira ibihabwa umurongo.

Muri ibyo bigomba kubanza gushyirwa mu bikorwa, ngo harimo ko u Rwanda rwasabwe kuva ku butaka rwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho ngo rugomba gukurayo abasirikare barwo n’intwaro.

Ni mu gihe iki Gihugu cy’u Rwanda kitahwemye gusobanura ko nta musirikare n’umwe gifite muri Congo, ahubwo ko cyakajije ubwirinzi bw’umutekano wacyo ku mupaka ugihuza n’iki cy’igituranyi, ndetse bikaba byarashimangirwaga n’imyanzuro yose yagiye ifatwa ku rwego rwa Afurika, aho n’ubundi u Rwanda rwagiye rusabwa gukuraho izi ngamba z’ubwirinzi.

RFI ivuga ko iyi ngingo yazamuwe n’ibyifuzo byatanzwe na Leta ya Congo ndetse ko ikubiye mu mushinga wohererejwe Leta Zunze Ubumwe za America.

Ikindi kiri muri uyu mushinga, Leta ya Kinshasa yasabwe gukuraho ubutegetsi bwa Gisirikare bwashyizweho mu byiswe ‘état de siège’ mu Ntara ya Kivu ya Ruguru kuva muri 2021 kimwe no mu Ntara ya Ituri.

Iki Gihugu cyasabwe ko ubutegetsi bushyirwa mu maboko y’abasivile kugira ngo haterwe intambwe mu biganiro.

Nanone kandi iyi nyandiko isaba ko habaho amasezerano y’imishyikirano hagati ya Leta ya Congo Kinshasa n’umutwe wa M23 yo guhagarika imirwano, aho izi mpande zombi zikiri mu biganiro by’i Doha muri Qatar. Ibi bikaba bigaragaza ko amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo yasinywa nyuma y’ariya asabwa ubutegetsi bwa Congo na AFC/M23.

Uyu mushinga w’amasezerano kandi unagaruka ku mutwe urwanya u Rwanda wa FDLR ufashwa n’ubutegetsi bwa Congo Kinshasa, aho Ibihugu byombi byasabwe “gukorana nta buryarya mu gushakisha, kugenzura, kumenya ahaherereye ndetse no kurandura abarwanyi b’umutwe wa FDRL.”

Ubu bufatanye kandi bunajyanye n’imyanzuro y’ibiganiro bya Luanda byo mu kwezi k’Ukwakira 2024, aho iyi nyandiko y’umushinga igaruka ku byari byemerejwe i Luanda byo gusaba ubutegetsi bwa Congo guhagarika imikoranire no gutera inkunga mu buryo bw’intwaro n’ubushobozi bw’amafaranga uyu mutwe wa FDLR.

RFI ivuga ko i Washington muri Leta Zunze Ubumwe za America, muri iki cyumweru hategerejwe gutangira ibiganiro kuri uyu mushinga, itangaza ko hagomba no kuba ibiganiro bizongera bigahuza Abaminisitiri b’impande zombi, mbere yuko Perezida w’u Rwanda n’uwa DRC bashyira umukono kuri ariya masezerano.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 4 =

Previous Post

Mu Rwanda hatahuwe imiti itemewe hahita hafatwa icyemezo

Next Post

Ingorane z’umwana wavukanye ibitsina bibiri n’imikorere yabyo iteye urujijo

Related Posts

Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

by radiotv10
13/06/2025
0

Mu rubanza rw’ubujurire, Kazungu Denis wiyemereye kwica abantu barenga 10 babonetse bashyinguye iwe, yatakambiye Urukiko ngo rumugabanyirize igihano cya burundu...

Perezida wa Njyanama y’Akarere ka Muhanga yavuze ku guhagarika izi nshingano n’icyabimuteye

Uruganda rwakoragamo umukozi wapfiriye mu kazi rwagize icyo rwizeza ubuyobozi

by radiotv10
13/06/2025
0

Ubuyobozi bw’uruganda ‘Basile Industries ltd’ ruherereye mu Karere ka Muhanga, rwakoragamo umukozi wishwe n’imashini yakoreshaga, rwizeje ubuyobozi bw’inzego z’ibanze ko...

Bwa mbere ingengo y’imari y’u Rwanda yageze muri Miliyari 7.000Frw: Menya iby’ingenzi azashyirwamo

Bwa mbere ingengo y’imari y’u Rwanda yageze muri Miliyari 7.000Frw: Menya iby’ingenzi azashyirwamo

by radiotv10
13/06/2025
0

Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yemeje ishingiro ry’Umushinga w’Ingengo y’Imari y’umwaka wa 2025-2026 wa miliyari 7 032 Frw, ugaragaza ubwiyongere...

Umusore wari wanditse kuri WhatsApp ko hari icyo yishinja yabonetse yapfuye

Umusore wari wanditse kuri WhatsApp ko hari icyo yishinja yabonetse yapfuye

by radiotv10
12/06/2025
0

Umusore w’imyaka 21 y’amavuko wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, wari wanyujije ubutumwa kuri WhatsApp ko yishinja...

Ingorane z’umwana wavukanye ibitsina bibiri n’imikorere yabyo iteye urujijo

Ingorane z’umwana wavukanye ibitsina bibiri n’imikorere yabyo iteye urujijo

by radiotv10
12/06/2025
0

Umwana w’imyaka icyenda (9) wo mu Murenge wa Nyakabuye mu Karere ka Rusizi, wavutse afite ibitsina bibiri, byamusibiye amayira ku...

IZIHERUKA

Igisirikare cya Israel kikomanze mu gatuza ko kivuganye Abajenerali batatu bakomeye b’ikindi Gihugu
AMAHANGA

Igisirikare cya Israel kikomanze mu gatuza ko kivuganye Abajenerali batatu bakomeye b’ikindi Gihugu

by radiotv10
13/06/2025
0

Umuhanzi Chris Eazy ari mu gahinda gakomeye k’ibyago byo gupfusha umubyeyi

Umuhanzi Chris Eazy ari mu gahinda gakomeye k’ibyago byo gupfusha umubyeyi

13/06/2025
Uwari kapiteni wa Rayon aragiye: Iby’ingenzi wamenya ku ikipe yerecyejemo hanze y’u Rwanda

Uwari kapiteni wa Rayon aragiye: Iby’ingenzi wamenya ku ikipe yerecyejemo hanze y’u Rwanda

13/06/2025
Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

13/06/2025
Perezida wa Njyanama y’Akarere ka Muhanga yavuze ku guhagarika izi nshingano n’icyabimuteye

Uruganda rwakoragamo umukozi wapfiriye mu kazi rwagize icyo rwizeza ubuyobozi

13/06/2025
Bwa mbere ingengo y’imari y’u Rwanda yageze muri Miliyari 7.000Frw: Menya iby’ingenzi azashyirwamo

Bwa mbere ingengo y’imari y’u Rwanda yageze muri Miliyari 7.000Frw: Menya iby’ingenzi azashyirwamo

13/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ingorane z’umwana wavukanye ibitsina bibiri n’imikorere yabyo iteye urujijo

Ingorane z’umwana wavukanye ibitsina bibiri n’imikorere yabyo iteye urujijo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Igisirikare cya Israel kikomanze mu gatuza ko kivuganye Abajenerali batatu bakomeye b’ikindi Gihugu

Umuhanzi Chris Eazy ari mu gahinda gakomeye k’ibyago byo gupfusha umubyeyi

Uwari kapiteni wa Rayon aragiye: Iby’ingenzi wamenya ku ikipe yerecyejemo hanze y’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.