Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Iby’ingenzi byaranze itangwa ry’ibihembo by’abahize abandi mu mupira w’amaguru muri Afurika

radiotv10by radiotv10
20/11/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Iby’ingenzi byaranze itangwa ry’ibihembo by’abahize abandi mu mupira w’amaguru muri Afurika
Share on FacebookShare on Twitter

Ibihembo by’abahize abandi mu mupira w’Amaguru ku Mugabane wa Afurika (CAF Awards 2025) byaranze n’ubwiganze bw’Abanya-Morocco bigukanyemo byinshi dore ko n’umukinnyi w’umwaka ari uwo muri kiriya Gihugu ukina ku Mugabane w’u Burayi.

Umunya-Morocco akaba na myugariro wa Paris Saint-Germain, Achraf Hakimi, yegukanye igihembo cy’Umukinnyi wahize abandi muri Afurika (CAF Men’s Player of the Year 2025), nyuma y’umwaka w’igitangaza yagize: yatwaranye na PSG UEFA Champions League, UEFA Super Cup, Ligue 1 na Coupe de France, ndetse anafasha ikipe ye kugera ku mukino wa nyuma wa FIFA Club World Cup 2025.

Hakimi kandi yagize uruhare rukomeye mu gufasha Maroc kubona itike y’Igikombe cy’Isi, aba myugariro wa mbere uwegukanye iki gihembo kuva 1973, ndetse aba n’Umunya-Morocco wa mbere ubigezeho kuva Mustapha Hadji mu 1998.

Mu cyiciro cy’abagore, Umunya-Morocco Ghizlane Chebbak na we yegukanye igihembo cya CAF Women’s Player of the Year ku nshuro ya mbere mu mateka ya Maroc. Yabigezeho nyuma yo gufasha ikipe y’igihugu kugera ku mukino wa nyuma wa WAFCON 2025, aho yanabaye umukinnyi watsinze ibitego byinshi, nubwo batwaye umwanya wa kabiri nyuma ya Nigeria.

Yassine Bounou yatorewe kuba Umuzamu mwiza w’umwaka (Men’s Goalkeeper of the Year) nyuma y’umwaka mwiza yagize muri Saudi Arabia, aho yatwaranye n’ikipe ye igikombe cya shampiyona ndetse anitwara neza mu FIFA Club World Cup 2025, aho yanabaye umunyezamu mwiza w’irushanwa.

Mu bagore, Chiamaka Nnadozie wo muri Nigeria yongeye kwegukana igihembo cy’Umuzamu mwiza w’umwaka ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, nyuma yo gufasha Nigeria gutwara igikombe cya Afurika WAFCON 2025.

Rutahizamu Fiston Kalala Mayele wo muri DR Congo, ukinira Pyramids FC yo mu Misiri, yahawe igihembo cy’Umukinnyi mwiza ukina imbere ku mugabane w’Afurika (Men’s Interclub Player of the Year) nyuma yo kuba rutahizamu watsinze ibitego byinshi muri CAF Champions League 2024/25 no gufasha Pyramids gutwara iki gikombe ku nshuro ya mbere mu mateka yayo.

Umutoza Bubista yahawe igihembo cy’Umutoza w’umwaka (CAF Men’s Coach of the Year) nyuma yo guhesha Cape Verde itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026 ku nshuro ya mbere mu mateka y’iki gihugu.

Umunya-Morocco Othmane Maammay yegukanye igihembo cy’Umukinnyi mwiza ukiri muto mu bagabo (Men’s Young Player of the Year), nyuma yo kwitwara neza no gufasha Maroc gutwara FIFA U-20 World Cup 2025.

Umunya-Morocco kazi Doha El Madani yegukanye igihembo cy’Umukinnyi mwiza ukiri muto mu bagore (Women’s Young Player of the Year). Yatangaje benshi kuko abaye umukinnyi wa mbere utwaye iki gihembo akina Futsal, akaba yarabigezeho nyuma yo gufasha Maroc gutwara Futsal Africa Cup of Nations 2025.

Morocco U-20 yegukanye igihembo cy’Ikipe y’Igihugu y’umwaka (Men’s National Team of the Year). Pyramids FC yegukanye Club of the Year (Ikipe y’umwaka mu bagabo).

Nigeria’s Super Falcons yegukanye igihembo cy’Ikipe y’Igihugu y’abagore y’umwaka (Women’s National Team of the Year).

Igihembo cy’igitego cy’umwaka Goal of the Year, cyatowe n’abafana bonyine, cyegukanywe na Clement Mzize wo muri Tanzania, igitego yatsinze TP Mazembe muri CAF Champions League.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + nine =

Previous Post

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

Next Post

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yavugiye Aba-Rayon ikibari ku mutima

Related Posts

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

by radiotv10
29/01/2026
0

Nubwo Umuyobozi wa APR FC Brig Gen Deo Rusanganwa abihakana, amakuru ava imbere mu ikipe ya Al Hilal aremeza ko...

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Impuzamashyihamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF, yatangaje ibihano byafashwe ku mpande zombi kuri Maroc na Senegal, kubera imvururu zabaye ku...

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Ikipe ya APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Ubutwari cya 2026 nyuma yo gutsinda As Kigali ibitego 3-0...

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

by radiotv10
28/01/2026
0

Nyuma y'iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y'imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye...

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, uheruka gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, yerekeje mu ikipe ya AS Kigali, aho yasinye amasezerano y’amezi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yavugiye Aba-Rayon ikibari ku mutima

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yavugiye Aba-Rayon ikibari ku mutima

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.