Friday, October 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Iby’ingenzi ku munyamakuru mushya wa RADIOTV10 uri mu bafite ubunararibonye bwihariye mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
02/12/2024
in SIPORO
0
Iby’ingenzi ku munyamakuru mushya wa RADIOTV10 uri mu bafite ubunararibonye bwihariye mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Kayiranga Ephrem, izina rizwi na benshi bakurikira amakuru ya siporo mu Rwanda banakunda ubuhanga bwe mu busesenguzi n’ijwi ryo mu gituza. Ubu ni umunyamakuru mushya wa RADIOTV10 mu kiganiro 10 Sports-Urukiko rw’Imikino.

Kuva kuri uyu wa Mbere tariki 02 Ukuboza 2024, abakurikirana ibitangazamakuru bya RADIOTV10 (Radio, Televiziyo, YouTube Channel) bazajya bumva ubusesenguzi n’ibitekerezo by’umunyamakuru Kayiranga Ephrem.

Uyu munyamakuru uri mu beza bari mu Rwanda mu biganiro bya Siporo, yakiriwe kuri uyu wa 02 Ukuboza, akazajya akorana na bagenzi be (Hitimana Jean Claude na Jean Claude Kanyamahanga AKA Kanyizo na Muhimpundu Ishimwe Adelaide) mu Kiganiro 10 Sports.

Ni umunyamakuru ufite ubunararibonye, kuko amaze imyaka 16 mu mwuga w’Itangazamakuru, aho yatangiye uyu mwuga mu mwaka wa 2008.

Kayiranga Ephrem avuga ko yatangiye akorera iyahoze ari ORINFOR (yaje kuba Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru RBA), akorera Radio y’Abaturage ya Rubavu (RC Rubavu).

Avuga ko asanzwe anafitanye amateka na RADIOTV10, kuko icyo gihe ubwo yakoreraga mu Karere ka Rubavu, yajyaga yifashishwa na Radio 10 mu gutangaza amakuru y’intambara ya M23 yariho icyo gihe.

Yagiye afasha ishami ry’amakuru kuri Radio 10, mu gukurikirana no gutangaza amakuru y’iyi ntambara yaberaga mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, atari umunyamakuru w’iki gitangazamakuru, ahubwo ari nk’ugifasha kuko yari yegereye ahagombaga kuva amakuru.

Ati “Amakuru yose y’urugamba yabaga ari hano kuri Radio 10, saa moya za mu gitondo ni bwo bampamagaraga, sinzi icyababwiraga ko batangiye kurasa, amakuru yajyagamo batangiye kurasa […] Radio 10 ni yo radio yigenga natangiye kumvikaniraho i Kigali.”

Yavuye muri ORINFOR muri za 2012 yerecyeza kuri Radio Authentic ishingiye ku myemerere y’idini, ndetse aza no kugirwa umuyobozi w’amakuru n’ibiganiro bya Siporo.

Yanyuze ku bindi bitangazamakuru binyuranye byose yakoragaho ibiganiro bya Siporo birimo Flash FM& TV, Radio& TV1, akomereza ku Ishusho TV, ari na ho yakoreraga ubu.

Kayiranga Ephrem yifashishije Ikinyarwanda kizimije, yavuze ko gukorera RADIOTV10, byahoze mu byifuzo bye. Ati “Ushobora kugera ku isoko rya Nyarugenge […] urabona umuvundo uba uhari, ugashaka parikingi ukayibura kandi Umupolisi ari hafi aho, ukazenguruka rya soko, ukongera ukagaruka ha handi, ukaba wahagenda nk’amasaha atatu, ushaka Parikingi, ariko cyera kabaye Parikingi urayibonye.”

Uyu munyamakuru mushya wa RADIOTV10, yashimiye ubuyobozi bw’iki gitangazamakuru kuba bwamwakiranye ubwuzu, kandi asezeranya abakunzi bacyo ko aje gufatanya n’abandi kubagezaho amakuru y’umwihariko kandi y’umwimerere nk’uko kibimenyereweho.

IKIGANIRO CYA MBERE CYAGARAGAYEMO UMUNYAMAKURU MUSHYA WA RADIOTV10

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − 8 =

Previous Post

Perezida wa America yafashe icyemezo ku muhungu kinyuranye n’ibyo yari yasezeranyije Abanyamerika

Next Post

Uko byagenze ngo imodoka iparike hejuru y’inzu y’umuturage mu mujyi wa Kigali

Related Posts

Umuti uzarandura ikibazo cy’imisifurire kiri mu bizambya ruhago nyarwanda uri mu nzira

Umuti uzarandura ikibazo cy’imisifurire kiri mu bizambya ruhago nyarwanda uri mu nzira

by radiotv10
24/10/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko riri mu biganiro na FIFA kugira ngo shampiyona yo mu Rwanda itangire...

Mukura yanditse yerura ko itishimiye imisifurire mu mukino wayo na APR

Hatangajwe ibyemezo byafatiwe abasifuzi bayoboye imikino yazamuye impaka irimo uwa APR na Mukura

by radiotv10
23/10/2025
0

Komisiyo ishinzwe imisifurire mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) yatangaje ibyemezo bishya bifitanye isano n’imikino ibiri ya Shampiyona iheruka...

Ibivugwa nyuma yuko hagiye hanze amajwi ya Perezida wa Rayon

Ibivugwa nyuma yuko hagiye hanze amajwi ya Perezida wa Rayon

by radiotv10
22/10/2025
0

Rugema Jocyline bakunze kwita 'Mado' yeguye ku mwanya w’ubunyamabanga muri Fan Base ya Rayon Sports FC, urwego ruhurije hamwe za...

Kigali igiye kwakira ibindi birori by’umukino w’amagare nyuma ya UCI Road World Championships

Kigali igiye kwakira ibindi birori by’umukino w’amagare nyuma ya UCI Road World Championships

by radiotv10
22/10/2025
0

Nyuma yuko Umujyi wa Kigali wakiriye Shampiyona y’Isi y’Amagare, uyu Murwa Mukuru w’u Rwanda ugiye no kwakira ibirori byo guhemba...

Ibidasanzwe ku modoka nshya y’akataraboneka Rutahizamu ukomeye ku Isi Haaland yaguze

Ibidasanzwe ku modoka nshya y’akataraboneka Rutahizamu ukomeye ku Isi Haaland yaguze

by radiotv10
21/10/2025
0

Rutahizamu Erling Haaland ukinira ikipe ya Manchester City yo mu Bwongereza, yaguze imodoka nshya yo mu bwoko bwa Lamborghini ifite...

IZIHERUKA

Guhangana biruta gusabiriza- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba
MU RWANDA

Guhangana biruta gusabiriza- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba

by radiotv10
24/10/2025
0

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi

24/10/2025
Umuti uzarandura ikibazo cy’imisifurire kiri mu bizambya ruhago nyarwanda uri mu nzira

Umuti uzarandura ikibazo cy’imisifurire kiri mu bizambya ruhago nyarwanda uri mu nzira

24/10/2025
Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

24/10/2025
Impanuka ikomeye yatewe n’ipikipiki yatumye benshi bitaba Imana mu Buhindi

Impanuka ikomeye yatewe n’ipikipiki yatumye benshi bitaba Imana mu Buhindi

24/10/2025
Rutsiro: Ibyabanjirije inkuru y’akababaro ku mugabo n’umwana we muto birakekwa ko ari byo nyirabayazana

Rutsiro: Umugabo wari wagiye kwivuza yatashye yakirwa n’inkuru y’incamugongo

24/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko byagenze ngo imodoka iparike hejuru y’inzu y’umuturage mu mujyi wa Kigali

Uko byagenze ngo imodoka iparike hejuru y’inzu y’umuturage mu mujyi wa Kigali

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Guhangana biruta gusabiriza- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi

Umuti uzarandura ikibazo cy’imisifurire kiri mu bizambya ruhago nyarwanda uri mu nzira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.