Saturday, June 7, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Iby’ingenzi ku munyamakuru mushya wa RADIOTV10 uri mu bafite ubunararibonye bwihariye mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
02/12/2024
in SIPORO
0
Iby’ingenzi ku munyamakuru mushya wa RADIOTV10 uri mu bafite ubunararibonye bwihariye mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Kayiranga Ephrem, izina rizwi na benshi bakurikira amakuru ya siporo mu Rwanda banakunda ubuhanga bwe mu busesenguzi n’ijwi ryo mu gituza. Ubu ni umunyamakuru mushya wa RADIOTV10 mu kiganiro 10 Sports-Urukiko rw’Imikino.

Kuva kuri uyu wa Mbere tariki 02 Ukuboza 2024, abakurikirana ibitangazamakuru bya RADIOTV10 (Radio, Televiziyo, YouTube Channel) bazajya bumva ubusesenguzi n’ibitekerezo by’umunyamakuru Kayiranga Ephrem.

Uyu munyamakuru uri mu beza bari mu Rwanda mu biganiro bya Siporo, yakiriwe kuri uyu wa 02 Ukuboza, akazajya akorana na bagenzi be (Hitimana Jean Claude na Jean Claude Kanyamahanga AKA Kanyizo na Muhimpundu Ishimwe Adelaide) mu Kiganiro 10 Sports.

Ni umunyamakuru ufite ubunararibonye, kuko amaze imyaka 16 mu mwuga w’Itangazamakuru, aho yatangiye uyu mwuga mu mwaka wa 2008.

Kayiranga Ephrem avuga ko yatangiye akorera iyahoze ari ORINFOR (yaje kuba Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru RBA), akorera Radio y’Abaturage ya Rubavu (RC Rubavu).

Avuga ko asanzwe anafitanye amateka na RADIOTV10, kuko icyo gihe ubwo yakoreraga mu Karere ka Rubavu, yajyaga yifashishwa na Radio 10 mu gutangaza amakuru y’intambara ya M23 yariho icyo gihe.

Yagiye afasha ishami ry’amakuru kuri Radio 10, mu gukurikirana no gutangaza amakuru y’iyi ntambara yaberaga mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, atari umunyamakuru w’iki gitangazamakuru, ahubwo ari nk’ugifasha kuko yari yegereye ahagombaga kuva amakuru.

Ati “Amakuru yose y’urugamba yabaga ari hano kuri Radio 10, saa moya za mu gitondo ni bwo bampamagaraga, sinzi icyababwiraga ko batangiye kurasa, amakuru yajyagamo batangiye kurasa […] Radio 10 ni yo radio yigenga natangiye kumvikaniraho i Kigali.”

Yavuye muri ORINFOR muri za 2012 yerecyeza kuri Radio Authentic ishingiye ku myemerere y’idini, ndetse aza no kugirwa umuyobozi w’amakuru n’ibiganiro bya Siporo.

Yanyuze ku bindi bitangazamakuru binyuranye byose yakoragaho ibiganiro bya Siporo birimo Flash FM& TV, Radio& TV1, akomereza ku Ishusho TV, ari na ho yakoreraga ubu.

Kayiranga Ephrem yifashishije Ikinyarwanda kizimije, yavuze ko gukorera RADIOTV10, byahoze mu byifuzo bye. Ati “Ushobora kugera ku isoko rya Nyarugenge […] urabona umuvundo uba uhari, ugashaka parikingi ukayibura kandi Umupolisi ari hafi aho, ukazenguruka rya soko, ukongera ukagaruka ha handi, ukaba wahagenda nk’amasaha atatu, ushaka Parikingi, ariko cyera kabaye Parikingi urayibonye.”

Uyu munyamakuru mushya wa RADIOTV10, yashimiye ubuyobozi bw’iki gitangazamakuru kuba bwamwakiranye ubwuzu, kandi asezeranya abakunzi bacyo ko aje gufatanya n’abandi kubagezaho amakuru y’umwihariko kandi y’umwimerere nk’uko kibimenyereweho.

IKIGANIRO CYA MBERE CYAGARAGAYEMO UMUNYAMAKURU MUSHYA WA RADIOTV10

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 16 =

Previous Post

Perezida wa America yafashe icyemezo ku muhungu kinyuranye n’ibyo yari yasezeranyije Abanyamerika

Next Post

Uko byagenze ngo imodoka iparike hejuru y’inzu y’umuturage mu mujyi wa Kigali

Related Posts

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

by radiotv10
06/06/2025
0

Myugairo Gabriel Magalhães wa Arsenal FC, yongereye amasezerano muri iyi kipe azageza 2029, yavuze ko yishimiye kuguma muri iyi kipe,...

Abakinnyi b’abanyamahanga ba Rayon bari bafite icyo bayitakira baremwe agatima

Abakinnyi b’abanyamahanga ba Rayon bari bafite icyo bayitakira baremwe agatima

by radiotv10
05/06/2025
0

Abakinnyi b’abanyamahanga bakinira Rayon Sports FC bari bamaze igihe bataka kudahabwa amatike y’indege abasubiza iwabo mu biruhuko bizejwe kuyahabwa, ndetse...

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

by radiotv10
04/06/2025
0

Manishimwe Djabel uherutse guhamagarwa mu Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi ariko akangirwa kwinjira muri Algeria, yatanze umucyo ku cyatumye inzego...

Umwe mu bakinnyi b’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yabengutswe n’ikipe ikomeye muri Canada

Umwe mu bakinnyi b’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yabengutswe n’ikipe ikomeye muri Canada

by radiotv10
04/06/2025
0

Niyibizi Ramadhan ukinira ikipe y'Igihugu y'u Rwanda Amavubi, uri gusoza amasezerano ye muri APR FC, yahawe ubutumire n'ikipe  yo mu...

Volleyball: Habaye impinduka zitunguranye ku irushanwa ryaburaga iminsi ibarirwa ku ntoki ngo ritangire

Volleyball: Habaye impinduka zitunguranye ku irushanwa ryaburaga iminsi ibarirwa ku ntoki ngo ritangire

by radiotv10
03/06/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umukino wa Volleyball mu Rwanda (FRVB) ryatangaje ko bitewe n’impamvu ridashobora kugira icyo rihinduraho, irushanwa ryo Kwibuka ryari riteganyijwe...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko byagenze ngo imodoka iparike hejuru y’inzu y’umuturage mu mujyi wa Kigali

Uko byagenze ngo imodoka iparike hejuru y’inzu y’umuturage mu mujyi wa Kigali

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.