Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Iby’ingenzi ku munyamakuru mushya wa RADIOTV10 uri mu bafite ubunararibonye bwihariye mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
02/12/2024
in SIPORO
0
Iby’ingenzi ku munyamakuru mushya wa RADIOTV10 uri mu bafite ubunararibonye bwihariye mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Kayiranga Ephrem, izina rizwi na benshi bakurikira amakuru ya siporo mu Rwanda banakunda ubuhanga bwe mu busesenguzi n’ijwi ryo mu gituza. Ubu ni umunyamakuru mushya wa RADIOTV10 mu kiganiro 10 Sports-Urukiko rw’Imikino.

Kuva kuri uyu wa Mbere tariki 02 Ukuboza 2024, abakurikirana ibitangazamakuru bya RADIOTV10 (Radio, Televiziyo, YouTube Channel) bazajya bumva ubusesenguzi n’ibitekerezo by’umunyamakuru Kayiranga Ephrem.

Uyu munyamakuru uri mu beza bari mu Rwanda mu biganiro bya Siporo, yakiriwe kuri uyu wa 02 Ukuboza, akazajya akorana na bagenzi be (Hitimana Jean Claude na Jean Claude Kanyamahanga AKA Kanyizo na Muhimpundu Ishimwe Adelaide) mu Kiganiro 10 Sports.

Ni umunyamakuru ufite ubunararibonye, kuko amaze imyaka 16 mu mwuga w’Itangazamakuru, aho yatangiye uyu mwuga mu mwaka wa 2008.

Kayiranga Ephrem avuga ko yatangiye akorera iyahoze ari ORINFOR (yaje kuba Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru RBA), akorera Radio y’Abaturage ya Rubavu (RC Rubavu).

Avuga ko asanzwe anafitanye amateka na RADIOTV10, kuko icyo gihe ubwo yakoreraga mu Karere ka Rubavu, yajyaga yifashishwa na Radio 10 mu gutangaza amakuru y’intambara ya M23 yariho icyo gihe.

Yagiye afasha ishami ry’amakuru kuri Radio 10, mu gukurikirana no gutangaza amakuru y’iyi ntambara yaberaga mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, atari umunyamakuru w’iki gitangazamakuru, ahubwo ari nk’ugifasha kuko yari yegereye ahagombaga kuva amakuru.

Ati “Amakuru yose y’urugamba yabaga ari hano kuri Radio 10, saa moya za mu gitondo ni bwo bampamagaraga, sinzi icyababwiraga ko batangiye kurasa, amakuru yajyagamo batangiye kurasa […] Radio 10 ni yo radio yigenga natangiye kumvikaniraho i Kigali.”

Yavuye muri ORINFOR muri za 2012 yerecyeza kuri Radio Authentic ishingiye ku myemerere y’idini, ndetse aza no kugirwa umuyobozi w’amakuru n’ibiganiro bya Siporo.

Yanyuze ku bindi bitangazamakuru binyuranye byose yakoragaho ibiganiro bya Siporo birimo Flash FM& TV, Radio& TV1, akomereza ku Ishusho TV, ari na ho yakoreraga ubu.

Kayiranga Ephrem yifashishije Ikinyarwanda kizimije, yavuze ko gukorera RADIOTV10, byahoze mu byifuzo bye. Ati “Ushobora kugera ku isoko rya Nyarugenge […] urabona umuvundo uba uhari, ugashaka parikingi ukayibura kandi Umupolisi ari hafi aho, ukazenguruka rya soko, ukongera ukagaruka ha handi, ukaba wahagenda nk’amasaha atatu, ushaka Parikingi, ariko cyera kabaye Parikingi urayibonye.”

Uyu munyamakuru mushya wa RADIOTV10, yashimiye ubuyobozi bw’iki gitangazamakuru kuba bwamwakiranye ubwuzu, kandi asezeranya abakunzi bacyo ko aje gufatanya n’abandi kubagezaho amakuru y’umwihariko kandi y’umwimerere nk’uko kibimenyereweho.

IKIGANIRO CYA MBERE CYAGARAGAYEMO UMUNYAMAKURU MUSHYA WA RADIOTV10

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + 13 =

Previous Post

Perezida wa America yafashe icyemezo ku muhungu kinyuranye n’ibyo yari yasezeranyije Abanyamerika

Next Post

Uko byagenze ngo imodoka iparike hejuru y’inzu y’umuturage mu mujyi wa Kigali

Related Posts

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon Sports yatangaje ko yatandukanye na rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, wari umwe mu bakinnyi bafatwaga nk’ahazaza ha Gikundiro, nyuma y’imyaka...

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

by radiotv10
23/01/2026
0

Ikipe ya Police FC yemeje ko yasinyishije abakinnyi bane, barimo Rudasingwa Prince na Nshimirimana Ismail Pitchou wanyuze mu makipe ya...

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

by radiotv10
22/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo n'Imyidagaduro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Didier Budimbu, yashyikirije igihembo cy’imodoka nshyashya yo mu bwoko bwa...

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

by radiotv10
22/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe ya Rayon Sports bwemeje ko bwatandukanye n'Umutoza Wungirije, Haruna Ferouz ku bwumvikane bw’impande zombi, nyuma yuko bivuzwe ko...

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

by radiotv10
21/01/2026
0

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah yahumurije abakunzi b’iyi kipe bamaze kwiheba ko batakiri mu makipe ahatanira igikombe cya...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko byagenze ngo imodoka iparike hejuru y’inzu y’umuturage mu mujyi wa Kigali

Uko byagenze ngo imodoka iparike hejuru y’inzu y’umuturage mu mujyi wa Kigali

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.