Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Iby’ingenzi ku mutoza uri mu beza ku Isi wafashe icyemezo cyanyuze abakunzi b’ikipe atoza

radiotv10by radiotv10
21/11/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Iby’ingenzi ku mutoza uri mu beza ku Isi wafashe icyemezo cyanyuze abakunzi b’ikipe atoza
Share on FacebookShare on Twitter

Umutoza Josep “Pep” Guardiola Sala yemeye gushyira umukono ku masezerano mashya y’umwaka atoza ikipe ya Manchester City amazemo imyaka 8. Twibukiranye ibigwi by’uyu mutoza uza mu ba mbere beza ku Isi.

Inkuru yo kuba uyu mutoza w’Umunya-Espagne Pep Guardiola w’imyaka 53, yemeye gusinya amasezerano y’umwaka umwe muri Man City, yamenyekanye kuri uyu wa Gatatu, aho yemeye gukomezanya n’iyi kipe yayigezemo muri 2016.

Uyu mutoza yanyuze mu makipe akomeye cyane ku Isi nka FC Barcelone hagati ya 2008 na 2012, atwarana na yo ibikombe 14 birimo bitatu bya Shampiyona ya Espagne “La Liga”, bibiri bya Copa del Rey, bitatu bya Supercopa de España, bibiri bya UEFA Champions League, bibiri bya UEFA Super Cup na bibiri bya FIFA Club World Cup.

Hagati ya 2013 na 2016, Pep Guardiola, yatoje ikipe ya Bayern Munich, yo mu Budage, atwarana na yo ibikombe birindwi birimo bitatu bya Shampiyona “Bundesliga”, na bibiri by’igikombe cy’igihugu.

Yavuye muri iyi kipe yerekeza mu Bwongereza mu ikipe ya Manchester City, agitoza n’uyu munsi.

Ikinyamakuru “The Athletic” cyashimangiye ko byarangiye ibyo kongera amasezerano Pep Guardiola, bishyira akadomo ku makuru bamwe bafataga nk’ibihuha dore ko byari bimaze iminsi bivugwa, bamwe bavuga ko bitazakunda nyuma yuko Txiki Begiristain, wari Sporting Director muri Manchester City atangaje ko we azava muri iyi kipe nyuma y’umwaka w’imikino wa 2024-2025.

Iki kinyamakuru cyongeyeho kandi ko amasezerano ya Pep Guardiola azaba ari amasezerano y’umwaka umwe wa 2025-2026, ashobora no kongerwaho undi mwaka umwe umwe bikaba byageza muri 2027.

Biteganyijwe ko Pep Guardiola azasinya aya masezerano mu minsi micye iri imbere, cyane ko byashimangiwe n’Umunyamakuru Fabrizio Romano, wavuze ko impapuro zose bamaze kuzitegura, igisigaye ari ugushyira umukono ku masezerano.

Pep Guardiola, wageze muri Manchester City muri 2016, amaze gutwarana na yo ibikombe 18, birimo bitandatu bya Shampiyona y’Ubwongereza “Premier League”, bibiri bya FA Cup, bine bya Carabao Cup, na kimwe 1 cya UEFA Champions League.

Aya makuru yo kongerera amasezerano Pep Guardiola, atari meza ku ikipe ya Arsenal, dore ko ayitwaye ibikombe bibiri byikurikirana mu myaka ibiri ishize, aje mu gihe ikipe ya Manchester City itamerewe neza muri uyu mwaka w’imikino, cyane ko batsinzwe imikino ine ikurikirana mu marushanwa baheruka gukina, Pep Guardiola akaba ari we mutoza wenyine mu mateka ya Shampiyona y’u Bwongereza, wabashije gufasha ikipe ye gutwara ibikombe bine bya Shampiyona byikurikiranya.

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − three =

Previous Post

Hagaragajwe ishusho y’ibyaha byo guhohotera abarokotse Jenoside mu myaka itanu no mu mezi atatu byiyongereyemo

Next Post

Ingabo zagiye gufasha FARDC guhangana na M23 zongerewe igihe

Related Posts

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

by radiotv10
16/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire yahaye umukoro abakinnyi b’ikipe y’igihugu ya Handball yitegura Igikombe cya Afurika kigiye kubera mu Rwanda,...

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Cameroun (FECAFOOT), Samuel Eto’o, yahagaritswe imikino ine n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), azira imyitwarire...

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

by radiotv10
14/01/2026
0

Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwihanganishije ikipe ya Rayon Sports ku bw’ibyago yagize byo gupfusha uwari umuganga w’iyi kipe Dr....

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko Adel Amrouche wari umutoza Mukuru w'Ikipe y'Igihugu Amavubi, yirukanywe nyuma yo gukorerwa...

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

by radiotv10
14/01/2026
0

Dr. Charles Mugemana wari umaze imyaka irenga 30 ari umuganga w’ikipe ya Rayon Sports, yitabye Imana azize uburwayi yari amaranye...

IZIHERUKA

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi
MU RWANDA

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

16/01/2026
Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

16/01/2026
Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ingabo zagiye gufasha FARDC zagaragaje icyo ziri kuyikorera kigamije kuyizamura imirwanire mu rugamba

Ingabo zagiye gufasha FARDC guhangana na M23 zongerewe igihe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.