Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Iby’ingenzi ku mutoza uri mu beza ku Isi wafashe icyemezo cyanyuze abakunzi b’ikipe atoza

radiotv10by radiotv10
21/11/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Iby’ingenzi ku mutoza uri mu beza ku Isi wafashe icyemezo cyanyuze abakunzi b’ikipe atoza
Share on FacebookShare on Twitter

Umutoza Josep “Pep” Guardiola Sala yemeye gushyira umukono ku masezerano mashya y’umwaka atoza ikipe ya Manchester City amazemo imyaka 8. Twibukiranye ibigwi by’uyu mutoza uza mu ba mbere beza ku Isi.

Inkuru yo kuba uyu mutoza w’Umunya-Espagne Pep Guardiola w’imyaka 53, yemeye gusinya amasezerano y’umwaka umwe muri Man City, yamenyekanye kuri uyu wa Gatatu, aho yemeye gukomezanya n’iyi kipe yayigezemo muri 2016.

Uyu mutoza yanyuze mu makipe akomeye cyane ku Isi nka FC Barcelone hagati ya 2008 na 2012, atwarana na yo ibikombe 14 birimo bitatu bya Shampiyona ya Espagne “La Liga”, bibiri bya Copa del Rey, bitatu bya Supercopa de España, bibiri bya UEFA Champions League, bibiri bya UEFA Super Cup na bibiri bya FIFA Club World Cup.

Hagati ya 2013 na 2016, Pep Guardiola, yatoje ikipe ya Bayern Munich, yo mu Budage, atwarana na yo ibikombe birindwi birimo bitatu bya Shampiyona “Bundesliga”, na bibiri by’igikombe cy’igihugu.

Yavuye muri iyi kipe yerekeza mu Bwongereza mu ikipe ya Manchester City, agitoza n’uyu munsi.

Ikinyamakuru “The Athletic” cyashimangiye ko byarangiye ibyo kongera amasezerano Pep Guardiola, bishyira akadomo ku makuru bamwe bafataga nk’ibihuha dore ko byari bimaze iminsi bivugwa, bamwe bavuga ko bitazakunda nyuma yuko Txiki Begiristain, wari Sporting Director muri Manchester City atangaje ko we azava muri iyi kipe nyuma y’umwaka w’imikino wa 2024-2025.

Iki kinyamakuru cyongeyeho kandi ko amasezerano ya Pep Guardiola azaba ari amasezerano y’umwaka umwe wa 2025-2026, ashobora no kongerwaho undi mwaka umwe umwe bikaba byageza muri 2027.

Biteganyijwe ko Pep Guardiola azasinya aya masezerano mu minsi micye iri imbere, cyane ko byashimangiwe n’Umunyamakuru Fabrizio Romano, wavuze ko impapuro zose bamaze kuzitegura, igisigaye ari ugushyira umukono ku masezerano.

Pep Guardiola, wageze muri Manchester City muri 2016, amaze gutwarana na yo ibikombe 18, birimo bitandatu bya Shampiyona y’Ubwongereza “Premier League”, bibiri bya FA Cup, bine bya Carabao Cup, na kimwe 1 cya UEFA Champions League.

Aya makuru yo kongerera amasezerano Pep Guardiola, atari meza ku ikipe ya Arsenal, dore ko ayitwaye ibikombe bibiri byikurikirana mu myaka ibiri ishize, aje mu gihe ikipe ya Manchester City itamerewe neza muri uyu mwaka w’imikino, cyane ko batsinzwe imikino ine ikurikirana mu marushanwa baheruka gukina, Pep Guardiola akaba ari we mutoza wenyine mu mateka ya Shampiyona y’u Bwongereza, wabashije gufasha ikipe ye gutwara ibikombe bine bya Shampiyona byikurikiranya.

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + 3 =

Previous Post

Hagaragajwe ishusho y’ibyaha byo guhohotera abarokotse Jenoside mu myaka itanu no mu mezi atatu byiyongereyemo

Next Post

Ingabo zagiye gufasha FARDC guhangana na M23 zongerewe igihe

Related Posts

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon Sports yatangaje ko yatandukanye na rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, wari umwe mu bakinnyi bafatwaga nk’ahazaza ha Gikundiro, nyuma y’imyaka...

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

by radiotv10
23/01/2026
0

Ikipe ya Police FC yemeje ko yasinyishije abakinnyi bane, barimo Rudasingwa Prince na Nshimirimana Ismail Pitchou wanyuze mu makipe ya...

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

by radiotv10
22/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo n'Imyidagaduro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Didier Budimbu, yashyikirije igihembo cy’imodoka nshyashya yo mu bwoko bwa...

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

by radiotv10
22/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe ya Rayon Sports bwemeje ko bwatandukanye n'Umutoza Wungirije, Haruna Ferouz ku bwumvikane bw’impande zombi, nyuma yuko bivuzwe ko...

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

by radiotv10
21/01/2026
0

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah yahumurije abakunzi b’iyi kipe bamaze kwiheba ko batakiri mu makipe ahatanira igikombe cya...

IZIHERUKA

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026
AMAHANGA

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ingabo zagiye gufasha FARDC zagaragaje icyo ziri kuyikorera kigamije kuyizamura imirwanire mu rugamba

Ingabo zagiye gufasha FARDC guhangana na M23 zongerewe igihe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.