Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Iby’ingenzi ku mutoza uri mu beza ku Isi wafashe icyemezo cyanyuze abakunzi b’ikipe atoza

radiotv10by radiotv10
21/11/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Iby’ingenzi ku mutoza uri mu beza ku Isi wafashe icyemezo cyanyuze abakunzi b’ikipe atoza
Share on FacebookShare on Twitter

Umutoza Josep “Pep” Guardiola Sala yemeye gushyira umukono ku masezerano mashya y’umwaka atoza ikipe ya Manchester City amazemo imyaka 8. Twibukiranye ibigwi by’uyu mutoza uza mu ba mbere beza ku Isi.

Inkuru yo kuba uyu mutoza w’Umunya-Espagne Pep Guardiola w’imyaka 53, yemeye gusinya amasezerano y’umwaka umwe muri Man City, yamenyekanye kuri uyu wa Gatatu, aho yemeye gukomezanya n’iyi kipe yayigezemo muri 2016.

Uyu mutoza yanyuze mu makipe akomeye cyane ku Isi nka FC Barcelone hagati ya 2008 na 2012, atwarana na yo ibikombe 14 birimo bitatu bya Shampiyona ya Espagne “La Liga”, bibiri bya Copa del Rey, bitatu bya Supercopa de España, bibiri bya UEFA Champions League, bibiri bya UEFA Super Cup na bibiri bya FIFA Club World Cup.

Hagati ya 2013 na 2016, Pep Guardiola, yatoje ikipe ya Bayern Munich, yo mu Budage, atwarana na yo ibikombe birindwi birimo bitatu bya Shampiyona “Bundesliga”, na bibiri by’igikombe cy’igihugu.

Yavuye muri iyi kipe yerekeza mu Bwongereza mu ikipe ya Manchester City, agitoza n’uyu munsi.

Ikinyamakuru “The Athletic” cyashimangiye ko byarangiye ibyo kongera amasezerano Pep Guardiola, bishyira akadomo ku makuru bamwe bafataga nk’ibihuha dore ko byari bimaze iminsi bivugwa, bamwe bavuga ko bitazakunda nyuma yuko Txiki Begiristain, wari Sporting Director muri Manchester City atangaje ko we azava muri iyi kipe nyuma y’umwaka w’imikino wa 2024-2025.

Iki kinyamakuru cyongeyeho kandi ko amasezerano ya Pep Guardiola azaba ari amasezerano y’umwaka umwe wa 2025-2026, ashobora no kongerwaho undi mwaka umwe umwe bikaba byageza muri 2027.

Biteganyijwe ko Pep Guardiola azasinya aya masezerano mu minsi micye iri imbere, cyane ko byashimangiwe n’Umunyamakuru Fabrizio Romano, wavuze ko impapuro zose bamaze kuzitegura, igisigaye ari ugushyira umukono ku masezerano.

Pep Guardiola, wageze muri Manchester City muri 2016, amaze gutwarana na yo ibikombe 18, birimo bitandatu bya Shampiyona y’Ubwongereza “Premier League”, bibiri bya FA Cup, bine bya Carabao Cup, na kimwe 1 cya UEFA Champions League.

Aya makuru yo kongerera amasezerano Pep Guardiola, atari meza ku ikipe ya Arsenal, dore ko ayitwaye ibikombe bibiri byikurikirana mu myaka ibiri ishize, aje mu gihe ikipe ya Manchester City itamerewe neza muri uyu mwaka w’imikino, cyane ko batsinzwe imikino ine ikurikirana mu marushanwa baheruka gukina, Pep Guardiola akaba ari we mutoza wenyine mu mateka ya Shampiyona y’u Bwongereza, wabashije gufasha ikipe ye gutwara ibikombe bine bya Shampiyona byikurikiranya.

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 5 =

Previous Post

Hagaragajwe ishusho y’ibyaha byo guhohotera abarokotse Jenoside mu myaka itanu no mu mezi atatu byiyongereyemo

Next Post

Ingabo zagiye gufasha FARDC guhangana na M23 zongerewe igihe

Related Posts

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

by radiotv10
10/01/2026
0

In a world full of intense workout trends and gym culture, walking is often overlooked. Many people believe that if...

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Nyuma y’imyitozo ya nyuma bitegura umukino wa nyuma w’Igikombe cya Super Cup, umutoza wa Rayon Sports, Bruno Ferry, yatangaje ko...

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

by radiotv10
09/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi yasuye abakinnyi b’ikipe ya APR FC, abibutsa ko intego yayo...

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

by radiotv10
09/01/2026
0

Imikino yo kwishyura ya shampiyona y’icyiciro cya mbere muri volleyball mu bagabo no mu bagore iratangira kuri uyu wa Gatanu...

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

by radiotv10
09/01/2026
0

Michel Kuka Mboladinga, umufana wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika ubwo yafanaga ikipe y’Igihugu ya DRC mu buryo bwihariye yigaragaza...

IZIHERUKA

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze
IMIBEREHO MYIZA

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ingabo zagiye gufasha FARDC zagaragaje icyo ziri kuyikorera kigamije kuyizamura imirwanire mu rugamba

Ingabo zagiye gufasha FARDC guhangana na M23 zongerewe igihe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.