Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Iby’ingenzi wamenya ku mpinduka z’umusoro w’umutungo utimukanwa wigeze kuvugisha benshi

radiotv10by radiotv10
20/12/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Iby’ingenzi wamenya ku mpinduka z’umusoro w’umutungo utimukanwa wigeze kuvugisha benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Nk’uko bikuye mu itegeko rishya ry’umusoro ku mutungo utimukanwa, Guverinoma y’u Rwanda yawugabanyije kugeza kuri 50%, aho ku nzu wavuye ku mafaranga ari hagati 0 na 300 Frw ujya ku mafaranga ari hagati ya 0 na 80 Frw kuri metero kare imwe, ndetse inzu zo guturamo zisonerwa umusoro burundu.

Iri gabanuka ry’iyi misoro rikubiye mu igazeti ya Leta yasohotse muri Nzeri uyu mwaka, mu gihe amabwiriza yo gushyira mu bikorwa uyu musoro yasohowe na Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi mu kwezi k’Ugushyingo 2023.

Aya mabwiriza yahuje umusoro w’inzu n’ubutaka iriho, ushyirwa kuri 0,5% uvuye kuri 1%, ni ukuvuga ko wagabanyijwe ku kigero cya 50%.

Uretse kuba inzu yo guturamo yarasonewe umusoro, n’inzu igeretse amagorofa atatu, na yo yagabanyirijwe umusoro, uva kuri 0,50% by’agaciro kayo, ushyirwa kuri 0,25%.

Ni mu gihe inzu z’ubucuruzi zo, umusoro wazo washyizwe kuri 0,3% uvuye kuri 0,5% zasoreshwaga mu itegeko rya mbere, mu gihe inzu z’inganda zo zizasoreshwa 0,5%, kandi umusoro ukaba ari uw’inzu n’ubutaka, mu gihe mbere inzu yasoreshwaga ukwayo n’ubutaka ukwabwo.

 

No ku butaka byaragabanyijwe

Iri tegeko rishya riteganya kandi ko ubutaka bufite hegitari zitarenze ebyiri buri mu gice cyagenewe ubuhinzi, zasonewe umusoro, kimwe n’ubutaka buri mu gace kataragezwamo ibikorwa remezo nk’imihanda n’amashanyarazi, na bwo bukaba butazasorerwa.

Nanone kandi ubutaka n’inzu bifite agaciro katarengeje miliyoni 5 Frw, mu gihe bigurishijwe, na byo ntibizasora, mu gihe ibirengeje aka gaciro bizajya bisoreshwa 2,5% ku muntu ku giti cye, na 2% kuri kompanyi ibugurishije.

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana avuga ko ubusanzwe itegeko rishyirwa mu bikorwa rigisohoka mu igazeti ya Leta, mu gihe iri ry’umusoro ku mutungo utimukanwa ryasohotse muri Nzeri uyu mwaka, ryo amabwiriza arishyira mu bikorwa yasohotse mu mpera z’Ugushyingo 2023.

Ati “Ariko nanone hari ibigomba gukorwa kugira ngo inzego zitegure kubikora, cyane cyane ko iriya misoro nk’iy’ubutaka, bya bipimo twavuze ntabwo ari ibipimo wavuga ngo umusoro ku butaka ni aya, ahubwo ni ukuva kuri aya kugera kuri aya, bitewe n’aho ubutaka buherereye, mu mujyi runaka, mu cyaro se no mu mujyi imbere,…”

Dr Uzziel Ndagijimana avuga ko ibi bipimo bigenwa n’Inama Njyanama z’Uturere, bityo ko zigomba kuzabanza kubigena kugira ngo ibiciro bishya by’imisoro bitangire kubahirizwa.

Gusa yavuze ko imisoro yose y’uyu mwaka w’ingengo y’imari wa 2023-2024, izagendera kuri iri tegeko rishya, kuko hari kwihutishwa ibigomba kugenda ibipimo, kugira ngo bishyirwe mu bikorwa.

 

Imisoro ku bukode na yo yagabanyijwe

Iri tegeko rishya kandi riteganya ko mu gihe umuntu afite inzu akodesha, azajya asonerwa umusoro kuri 50% by’amafaranga yinjije mu gihe kingana n’umwaka.

Ni mu gihe kandi ubukode bw’amafaranga ari hagati ya 0 n’ibihumbi 180 Frw, butazajya busoreshwa, naho hagati y’amafaranga y’ubukode ari hagati y’ibihumbi 180 Frw na Miliyoni 1 Frw azajya asoreshwa 20% hatabariwemo ibihumbi 180%.

Naho amafaranga y’ubukode ari hejuru ya Miliyoni 1Frw, azajya asoreshwa 30%, na bwo habanje gukurwamo asoreshwa 20%.

Nanone kandi umusoro w’ipatanti ndetse n’umusanzu w’isuku, na byo byakunze kugarukwaho na benshi, ubu byarahujwe, bikazajya byishyurirwa hamwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − eleven =

Previous Post

Abandi basirikare 10.000 ba RDF bahise bazamurwa bakurikiye izamurwa ry’Abofisiye 700

Next Post

Bwa mbere abagore muri RDF bagiye kwambara ‘ibirokoroko’: Mu bazamuwe harimo 7 b’igitsinagore

Related Posts

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu batujwe mu mudugudu uherereye mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bamaze imyaka itanu batarahabwa...

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
03/12/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame; na we yageze i Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, yitabiriye isinywa ry'amasezerano...

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

by radiotv10
03/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko mbere yuko akorana na General (Rtd) James Kabarebe hari byinshi byiza...

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

by radiotv10
03/12/2025
0

Abapolisi 74 ba Polisi y'u Rwanda barimo babiri bafite ipeti rya ACP, nka ACP Sam Rumanzi na ACP Francis Muheto...

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ibura ry’umuriro mu bice bimwe byo muri Kigali mu gihe cy’amasaha atatu

by radiotv10
03/12/2025
0

Sosiyete y'u Rwanda ishinzwe Ingufu (REG), yatangaje ko mu bice bimwe by'Imirenge ya Kacyiru na Kinyinya mu Karere ka Gasabo,...

IZIHERUKA

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza
IMIBEREHO MYIZA

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

03/12/2025
Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

03/12/2025
Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

03/12/2025
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

03/12/2025
Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

03/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bwa mbere abagore muri RDF bagiye kwambara ‘ibirokoroko’: Mu bazamuwe harimo 7 b’igitsinagore

Bwa mbere abagore muri RDF bagiye kwambara 'ibirokoroko': Mu bazamuwe harimo 7 b’igitsinagore

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.