Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Iby’ingenzi wamenya ku mpinduka z’umusoro w’umutungo utimukanwa wigeze kuvugisha benshi

radiotv10by radiotv10
20/12/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Iby’ingenzi wamenya ku mpinduka z’umusoro w’umutungo utimukanwa wigeze kuvugisha benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Nk’uko bikuye mu itegeko rishya ry’umusoro ku mutungo utimukanwa, Guverinoma y’u Rwanda yawugabanyije kugeza kuri 50%, aho ku nzu wavuye ku mafaranga ari hagati 0 na 300 Frw ujya ku mafaranga ari hagati ya 0 na 80 Frw kuri metero kare imwe, ndetse inzu zo guturamo zisonerwa umusoro burundu.

Iri gabanuka ry’iyi misoro rikubiye mu igazeti ya Leta yasohotse muri Nzeri uyu mwaka, mu gihe amabwiriza yo gushyira mu bikorwa uyu musoro yasohowe na Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi mu kwezi k’Ugushyingo 2023.

Aya mabwiriza yahuje umusoro w’inzu n’ubutaka iriho, ushyirwa kuri 0,5% uvuye kuri 1%, ni ukuvuga ko wagabanyijwe ku kigero cya 50%.

Uretse kuba inzu yo guturamo yarasonewe umusoro, n’inzu igeretse amagorofa atatu, na yo yagabanyirijwe umusoro, uva kuri 0,50% by’agaciro kayo, ushyirwa kuri 0,25%.

Ni mu gihe inzu z’ubucuruzi zo, umusoro wazo washyizwe kuri 0,3% uvuye kuri 0,5% zasoreshwaga mu itegeko rya mbere, mu gihe inzu z’inganda zo zizasoreshwa 0,5%, kandi umusoro ukaba ari uw’inzu n’ubutaka, mu gihe mbere inzu yasoreshwaga ukwayo n’ubutaka ukwabwo.

 

No ku butaka byaragabanyijwe

Iri tegeko rishya riteganya kandi ko ubutaka bufite hegitari zitarenze ebyiri buri mu gice cyagenewe ubuhinzi, zasonewe umusoro, kimwe n’ubutaka buri mu gace kataragezwamo ibikorwa remezo nk’imihanda n’amashanyarazi, na bwo bukaba butazasorerwa.

Nanone kandi ubutaka n’inzu bifite agaciro katarengeje miliyoni 5 Frw, mu gihe bigurishijwe, na byo ntibizasora, mu gihe ibirengeje aka gaciro bizajya bisoreshwa 2,5% ku muntu ku giti cye, na 2% kuri kompanyi ibugurishije.

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana avuga ko ubusanzwe itegeko rishyirwa mu bikorwa rigisohoka mu igazeti ya Leta, mu gihe iri ry’umusoro ku mutungo utimukanwa ryasohotse muri Nzeri uyu mwaka, ryo amabwiriza arishyira mu bikorwa yasohotse mu mpera z’Ugushyingo 2023.

Ati “Ariko nanone hari ibigomba gukorwa kugira ngo inzego zitegure kubikora, cyane cyane ko iriya misoro nk’iy’ubutaka, bya bipimo twavuze ntabwo ari ibipimo wavuga ngo umusoro ku butaka ni aya, ahubwo ni ukuva kuri aya kugera kuri aya, bitewe n’aho ubutaka buherereye, mu mujyi runaka, mu cyaro se no mu mujyi imbere,…”

Dr Uzziel Ndagijimana avuga ko ibi bipimo bigenwa n’Inama Njyanama z’Uturere, bityo ko zigomba kuzabanza kubigena kugira ngo ibiciro bishya by’imisoro bitangire kubahirizwa.

Gusa yavuze ko imisoro yose y’uyu mwaka w’ingengo y’imari wa 2023-2024, izagendera kuri iri tegeko rishya, kuko hari kwihutishwa ibigomba kugenda ibipimo, kugira ngo bishyirwe mu bikorwa.

 

Imisoro ku bukode na yo yagabanyijwe

Iri tegeko rishya kandi riteganya ko mu gihe umuntu afite inzu akodesha, azajya asonerwa umusoro kuri 50% by’amafaranga yinjije mu gihe kingana n’umwaka.

Ni mu gihe kandi ubukode bw’amafaranga ari hagati ya 0 n’ibihumbi 180 Frw, butazajya busoreshwa, naho hagati y’amafaranga y’ubukode ari hagati y’ibihumbi 180 Frw na Miliyoni 1 Frw azajya asoreshwa 20% hatabariwemo ibihumbi 180%.

Naho amafaranga y’ubukode ari hejuru ya Miliyoni 1Frw, azajya asoreshwa 30%, na bwo habanje gukurwamo asoreshwa 20%.

Nanone kandi umusoro w’ipatanti ndetse n’umusanzu w’isuku, na byo byakunze kugarukwaho na benshi, ubu byarahujwe, bikazajya byishyurirwa hamwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − eight =

Previous Post

Abandi basirikare 10.000 ba RDF bahise bazamurwa bakurikiye izamurwa ry’Abofisiye 700

Next Post

Bwa mbere abagore muri RDF bagiye kwambara ‘ibirokoroko’: Mu bazamuwe harimo 7 b’igitsinagore

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bwa mbere abagore muri RDF bagiye kwambara ‘ibirokoroko’: Mu bazamuwe harimo 7 b’igitsinagore

Bwa mbere abagore muri RDF bagiye kwambara 'ibirokoroko': Mu bazamuwe harimo 7 b’igitsinagore

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.