Thursday, November 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyo abandi babona nk’amahirwe we byamuzaniye akaga gashobora no kumuhitana

radiotv10by radiotv10
20/01/2024
in MU RWANDA
0
Ibyo abandi babona nk’amahirwe we byamuzaniye akaga gashobora no kumuhitana
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wo mu Murenge wa Gahara mu Karere ka Kirehe, aratabaza avuga ko umuvu w’amazi ava mu isantere ya Muguruka II ifatiye runini abaturage, ukomeje kumwangiriza ku buryo afite impungenge ko umunsi waje ari mu ijoro, ashobora kuzamuhitana.

Uyu muturage witwa Bahati Issa, atuye mu Mudugudu wa Muguruka II mu Kagari ka Nyakagezi mu Murenge wa Gahara, yabwiye RADIOTV10  ko amazi y’imvura aturuka ku isantere iri muri uyu Mudugudu amanuka akamusenyera ku buryo inzu ye yatangiye gusenyuka ari naho atakambira ubuyobozi kumufasha.
Yagize ati “Iyo ntari hano ibintu biri mu nzu amazi araza agahita areka nkayavoma nyamena hanze. Bitari ibyo iguye nko mu ijoro nta kuryama ndara mvoma amazi.”

Bamwe mu baturanyi b’uyu muturage bavuga ko ntaho atagejeje ikibazo cye, yaba mu mu nteko z’abaturage ndetse no mu zindi nzego, ariko akaba atarasubizwa.

Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe, Rangira Bruno yabwiye RADIOTV10 ko bagiye kwihutira gutabara uyu muturage.

Ati “Ikibazo nibwo tukicyumva, ariko tugiye kureba uko twamufasha mbere na mbere kuyobora aya mazi ntamusenyere. Tugiye gukorana n’abatekenisiye turebe igisubizo cyashoboka kugira ngo dukize ubuzima bw’uwo muturage tunirinda impanuka yaterwa n’ibiza.”

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 3 =

Previous Post

Israel yateye utwatsi icyo yari yasabwe n’inkoramutima yayo y’imena America

Next Post

Tanzania: Amanota y’ibizamini by’abaganga 1.300 yateshejwe agaciro ku mpamvu bikururiye

Related Posts

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

by radiotv10
20/11/2025
0

Uruganda ‘Agashinguracumu’ ruherereye mu Murenge wa Muyumbu mu Karere ka Rwamagana, rwari rwarahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki, rwatahuwe...

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

by radiotv10
20/11/2025
0

Umuhanda uhuza Uturere twa Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo, na Bugesera na Ngoma mu y’Iburasirazuba, uraza kumara amasaha arindwi (kuva saa...

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

by radiotv10
20/11/2025
0

Umugabo wo mu murenge wa Kamembe wari wibwe terefone n’abasore babiri bamutekeye umutwe ngo bakamutega ikizingo cy’amakoma azinze neza nk’amafaranga...

Eng.-One of the roads connecting two Provinces in Rwanda to be closed for seven hours

Eng.-One of the roads connecting two Provinces in Rwanda to be closed for seven hours

by radiotv10
20/11/2025
0

A major road linking the districts of Nyanza in the Southern Province and Bugesera and Ngoma in the Eastern Province...

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yavugiye Aba-Rayon ikibari ku mutima

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yavugiye Aba-Rayon ikibari ku mutima

by radiotv10
20/11/2025
0

Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, yasabye Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere RGB, gutabara mu muryango w’Ikipe ya Rayon Sports, kugira...

IZIHERUKA

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke
MU RWANDA

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

by radiotv10
20/11/2025
0

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

20/11/2025
Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

20/11/2025
Eng.-One of the roads connecting two Provinces in Rwanda to be closed for seven hours

Eng.-One of the roads connecting two Provinces in Rwanda to be closed for seven hours

20/11/2025
Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

20/11/2025
Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yavugiye Aba-Rayon ikibari ku mutima

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yavugiye Aba-Rayon ikibari ku mutima

20/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Tanzania: Amanota y’ibizamini by’abaganga 1.300 yateshejwe agaciro ku mpamvu bikururiye

Tanzania: Amanota y’ibizamini by’abaganga 1.300 yateshejwe agaciro ku mpamvu bikururiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.