• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyo abandi babona nk’amahirwe we byamuzaniye akaga gashobora no kumuhitana

radiotv10by radiotv10
20/01/2024
in MU RWANDA
0
Ibyo abandi babona nk’amahirwe we byamuzaniye akaga gashobora no kumuhitana
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wo mu Murenge wa Gahara mu Karere ka Kirehe, aratabaza avuga ko umuvu w’amazi ava mu isantere ya Muguruka II ifatiye runini abaturage, ukomeje kumwangiriza ku buryo afite impungenge ko umunsi waje ari mu ijoro, ashobora kuzamuhitana.

Uyu muturage witwa Bahati Issa, atuye mu Mudugudu wa Muguruka II mu Kagari ka Nyakagezi mu Murenge wa Gahara, yabwiye RADIOTV10  ko amazi y’imvura aturuka ku isantere iri muri uyu Mudugudu amanuka akamusenyera ku buryo inzu ye yatangiye gusenyuka ari naho atakambira ubuyobozi kumufasha.
Yagize ati “Iyo ntari hano ibintu biri mu nzu amazi araza agahita areka nkayavoma nyamena hanze. Bitari ibyo iguye nko mu ijoro nta kuryama ndara mvoma amazi.”

Bamwe mu baturanyi b’uyu muturage bavuga ko ntaho atagejeje ikibazo cye, yaba mu mu nteko z’abaturage ndetse no mu zindi nzego, ariko akaba atarasubizwa.

Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe, Rangira Bruno yabwiye RADIOTV10 ko bagiye kwihutira gutabara uyu muturage.

Ati “Ikibazo nibwo tukicyumva, ariko tugiye kureba uko twamufasha mbere na mbere kuyobora aya mazi ntamusenyere. Tugiye gukorana n’abatekenisiye turebe igisubizo cyashoboka kugira ngo dukize ubuzima bw’uwo muturage tunirinda impanuka yaterwa n’ibiza.”

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 1 =

Previous Post

Israel yateye utwatsi icyo yari yasabwe n’inkoramutima yayo y’imena America

Next Post

Tanzania: Amanota y’ibizamini by’abaganga 1.300 yateshejwe agaciro ku mpamvu bikururiye

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Tanzania: Amanota y’ibizamini by’abaganga 1.300 yateshejwe agaciro ku mpamvu bikururiye

Tanzania: Amanota y’ibizamini by’abaganga 1.300 yateshejwe agaciro ku mpamvu bikururiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.