Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibyo Congo yifuje kuri MONUSCO byafunguriwe imiryango hatangazwa n’igihe bizatangirira

radiotv10by radiotv10
24/11/2023
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Ibyo Congo yifuje kuri MONUSCO byafunguriwe imiryango hatangazwa n’igihe bizatangirira
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango w’Abibumbye na Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya congo, bashyize umukono ku masezerano yo gutangira kuvana ingabo za MONUSCO mu burasirazuba bw’iki Gihugu cyabyifuje igihe kinini.

Aya masezerano yashyiriweho umukono i Kinshasa, yatangajwe mu itangazo ryasohotse, rivuga ko yasinywe n’umuyobozi w’ubu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye, Bintou Keita ndetse na Minisitiri w’Ububani n’Amahanga wa DRC, Christophe Lutundula.

Iri tangazo rigaruka ku by’aya masezera, rivuga ko aba bayobozi bombi “biyemeje kwihutisha inzira ndetse no gushyira mu bikorwa inshingano zo gucyura ingabo za UN.”

Harimo kandi “igihe kidashidikanywaho cy’irangira rya MONUSCO.” Muri Nzeri uyu mwaka, Perezida Tshisekedi wa DRC yavuze ko Igihugu cye cyifuza ko ubu butumwa bumaze imyaka 25, burangira.

Biteganyijwe ko icyiciro cya mbere cyo gucyura abasirikare ba MONUSCO, kizagenda mu kwezi k’Ukuboza uyu mwaka.

Gahunda yo kurangiza ubu butumwa, yizweho kandi itegurwa n’amatsinda ya Guverinoma ya Congo ndetse na MONUSCO nk’uko bikubiye muri iri tangazo ryagiye hanze.

Ni gahunda izakorwa mu byiciro bitatu, bizakorwa ku bufatanye b’abafatanyabikorwa mpuzamahanga ndetse n’abo mu Gihugu cya Congo.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Congo, Christophe Lutundula yagize ati “Ni gahunda izasozwa mu buryo ntangarugero, kandi ikaduhesha ishema ku rwego mpuzamahanga, izanagira uruhare mu kuzamura isura y’Igihugu cyacu.”

Yavuze ko hazabaho uburyo buzakorwa kuri buri gihembwe bwo gusuzuma no kugenzura umwuka, mu rwego rwo “kwirinda ibikorwa bihungabanya umutekano bishobora kuzuriria kuri iyi gahunda.”

Kugeza muri Gashyantare uyu mwaka wa 2023, MONUSCO yari ifite abakozi 17 753 barimo abasirikare 12 000 ndetse n’abapolisi 1 600.

Ingabo ziri muri ubu butumwa, zakunze kwamaganwa n’ubutegetsi bwa Congo ndetse n’Abanyekongo, bavugaga ko ntacyo zabamariye, kuko kuwa zahagera ibibazo by’umutekano bitahwemye kugaragara.

Mu mwaka ushize ubwo imirwano ihanganishije FARDC na M23 yari irimbanyije, abanyekongo benshi bigabije ibiro bya MONUSCO bayamagana, basaba ko yataha ngo kuko itari iri kubafasha kwikiza M23. Imyigaragambyo yagiye inagwamo abaturage ndetse n’abo ku ruhande rw’ubu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye.

Ubwo hasinywaga aya masezerano yo gucyura MONUSCO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + seven =

Previous Post

Centrafrique: I Bangui RDF yatumye bongera gusinzira no gukora ntacyo bikanga barayivuga imyato

Next Post

Kigali: Ibisobanuro by’uwafatanywe 100.000 Frw y’amiganano byagaragaje ikibyihishe inyuma

Related Posts

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

by radiotv10
07/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar, yagiriye uruzinduko muri Somaliland, nyuma yo kwemeza nk'Igihugu cyigenga iyi Ntara yo muri...

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuryango Uharanira Amahoro n'Imibereho myiza y’Abaturage (CPCC), watangaje ko Abantu 105 bari mu nkambi z’impunzi z’Abanyekongo ziri mu Burundi, bitabye...

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

by radiotv10
07/01/2026
0

Impanuka y’ikamyo yabereye mu mujyi wa Semera, mu Karere ka Afar mu majyaruguru ya Ethiopia, yari ibatwaye nk'abimukira, yahitanye abantu...

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Raporo ku bugenzuzi bwakorewe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Amahoro, yagaragaje ko hari ingingo z’ingenzi zikomeje kwirengagizwa mu masezerano y’i Washington,...

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

by radiotv10
06/01/2026
0

A report assessing the implementation of peace agreements has revealed that key provisions of the Washington Peace Agreement continue to...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Ibisobanuro by’uwafatanywe 100.000 Frw y’amiganano byagaragaje ikibyihishe inyuma

Kigali: Ibisobanuro by’uwafatanywe 100.000 Frw y’amiganano byagaragaje ikibyihishe inyuma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.