• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibyo Congo yifuje kuri MONUSCO byafunguriwe imiryango hatangazwa n’igihe bizatangirira

radiotv10by radiotv10
24/11/2023
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Ibyo Congo yifuje kuri MONUSCO byafunguriwe imiryango hatangazwa n’igihe bizatangirira
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango w’Abibumbye na Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya congo, bashyize umukono ku masezerano yo gutangira kuvana ingabo za MONUSCO mu burasirazuba bw’iki Gihugu cyabyifuje igihe kinini.

Aya masezerano yashyiriweho umukono i Kinshasa, yatangajwe mu itangazo ryasohotse, rivuga ko yasinywe n’umuyobozi w’ubu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye, Bintou Keita ndetse na Minisitiri w’Ububani n’Amahanga wa DRC, Christophe Lutundula.

Iri tangazo rigaruka ku by’aya masezera, rivuga ko aba bayobozi bombi “biyemeje kwihutisha inzira ndetse no gushyira mu bikorwa inshingano zo gucyura ingabo za UN.”

Harimo kandi “igihe kidashidikanywaho cy’irangira rya MONUSCO.” Muri Nzeri uyu mwaka, Perezida Tshisekedi wa DRC yavuze ko Igihugu cye cyifuza ko ubu butumwa bumaze imyaka 25, burangira.

Biteganyijwe ko icyiciro cya mbere cyo gucyura abasirikare ba MONUSCO, kizagenda mu kwezi k’Ukuboza uyu mwaka.

Gahunda yo kurangiza ubu butumwa, yizweho kandi itegurwa n’amatsinda ya Guverinoma ya Congo ndetse na MONUSCO nk’uko bikubiye muri iri tangazo ryagiye hanze.

Ni gahunda izakorwa mu byiciro bitatu, bizakorwa ku bufatanye b’abafatanyabikorwa mpuzamahanga ndetse n’abo mu Gihugu cya Congo.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Congo, Christophe Lutundula yagize ati “Ni gahunda izasozwa mu buryo ntangarugero, kandi ikaduhesha ishema ku rwego mpuzamahanga, izanagira uruhare mu kuzamura isura y’Igihugu cyacu.”

Yavuze ko hazabaho uburyo buzakorwa kuri buri gihembwe bwo gusuzuma no kugenzura umwuka, mu rwego rwo “kwirinda ibikorwa bihungabanya umutekano bishobora kuzuriria kuri iyi gahunda.”

Kugeza muri Gashyantare uyu mwaka wa 2023, MONUSCO yari ifite abakozi 17 753 barimo abasirikare 12 000 ndetse n’abapolisi 1 600.

Ingabo ziri muri ubu butumwa, zakunze kwamaganwa n’ubutegetsi bwa Congo ndetse n’Abanyekongo, bavugaga ko ntacyo zabamariye, kuko kuwa zahagera ibibazo by’umutekano bitahwemye kugaragara.

Mu mwaka ushize ubwo imirwano ihanganishije FARDC na M23 yari irimbanyije, abanyekongo benshi bigabije ibiro bya MONUSCO bayamagana, basaba ko yataha ngo kuko itari iri kubafasha kwikiza M23. Imyigaragambyo yagiye inagwamo abaturage ndetse n’abo ku ruhande rw’ubu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye.

Ubwo hasinywaga aya masezerano yo gucyura MONUSCO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − 5 =

Previous Post

Centrafrique: I Bangui RDF yatumye bongera gusinzira no gukora ntacyo bikanga barayivuga imyato

Next Post

Kigali: Ibisobanuro by’uwafatanywe 100.000 Frw y’amiganano byagaragaje ikibyihishe inyuma

Related Posts

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

by radiotv10
02/06/2026
0

Ikibumbano cy’umukinnyi w’umupira w'amaguru, Lionel Messi cyari mu Buhindi, cyasenywe gikurwaho nyuma yuko abaturage bagize ikikango ko gishobora kuzahanuka kuko...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Next Post
Kigali: Ibisobanuro by’uwafatanywe 100.000 Frw y’amiganano byagaragaje ikibyihishe inyuma

Kigali: Ibisobanuro by’uwafatanywe 100.000 Frw y’amiganano byagaragaje ikibyihishe inyuma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.