Saturday, November 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibyo Congo yifuje kuri MONUSCO byafunguriwe imiryango hatangazwa n’igihe bizatangirira

radiotv10by radiotv10
24/11/2023
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Ibyo Congo yifuje kuri MONUSCO byafunguriwe imiryango hatangazwa n’igihe bizatangirira
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango w’Abibumbye na Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya congo, bashyize umukono ku masezerano yo gutangira kuvana ingabo za MONUSCO mu burasirazuba bw’iki Gihugu cyabyifuje igihe kinini.

Aya masezerano yashyiriweho umukono i Kinshasa, yatangajwe mu itangazo ryasohotse, rivuga ko yasinywe n’umuyobozi w’ubu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye, Bintou Keita ndetse na Minisitiri w’Ububani n’Amahanga wa DRC, Christophe Lutundula.

Iri tangazo rigaruka ku by’aya masezera, rivuga ko aba bayobozi bombi “biyemeje kwihutisha inzira ndetse no gushyira mu bikorwa inshingano zo gucyura ingabo za UN.”

Harimo kandi “igihe kidashidikanywaho cy’irangira rya MONUSCO.” Muri Nzeri uyu mwaka, Perezida Tshisekedi wa DRC yavuze ko Igihugu cye cyifuza ko ubu butumwa bumaze imyaka 25, burangira.

Biteganyijwe ko icyiciro cya mbere cyo gucyura abasirikare ba MONUSCO, kizagenda mu kwezi k’Ukuboza uyu mwaka.

Gahunda yo kurangiza ubu butumwa, yizweho kandi itegurwa n’amatsinda ya Guverinoma ya Congo ndetse na MONUSCO nk’uko bikubiye muri iri tangazo ryagiye hanze.

Ni gahunda izakorwa mu byiciro bitatu, bizakorwa ku bufatanye b’abafatanyabikorwa mpuzamahanga ndetse n’abo mu Gihugu cya Congo.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Congo, Christophe Lutundula yagize ati “Ni gahunda izasozwa mu buryo ntangarugero, kandi ikaduhesha ishema ku rwego mpuzamahanga, izanagira uruhare mu kuzamura isura y’Igihugu cyacu.”

Yavuze ko hazabaho uburyo buzakorwa kuri buri gihembwe bwo gusuzuma no kugenzura umwuka, mu rwego rwo “kwirinda ibikorwa bihungabanya umutekano bishobora kuzuriria kuri iyi gahunda.”

Kugeza muri Gashyantare uyu mwaka wa 2023, MONUSCO yari ifite abakozi 17 753 barimo abasirikare 12 000 ndetse n’abapolisi 1 600.

Ingabo ziri muri ubu butumwa, zakunze kwamaganwa n’ubutegetsi bwa Congo ndetse n’Abanyekongo, bavugaga ko ntacyo zabamariye, kuko kuwa zahagera ibibazo by’umutekano bitahwemye kugaragara.

Mu mwaka ushize ubwo imirwano ihanganishije FARDC na M23 yari irimbanyije, abanyekongo benshi bigabije ibiro bya MONUSCO bayamagana, basaba ko yataha ngo kuko itari iri kubafasha kwikiza M23. Imyigaragambyo yagiye inagwamo abaturage ndetse n’abo ku ruhande rw’ubu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye.

Ubwo hasinywaga aya masezerano yo gucyura MONUSCO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × two =

Previous Post

Centrafrique: I Bangui RDF yatumye bongera gusinzira no gukora ntacyo bikanga barayivuga imyato

Next Post

Kigali: Ibisobanuro by’uwafatanywe 100.000 Frw y’amiganano byagaragaje ikibyihishe inyuma

Related Posts

AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

by radiotv10
07/11/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rigikomeje guhagarara ku ntego yo gucungura Abanyekongo bakomeje gukandamizwa n’ubutegetsi bw’Igihugu cyabo, nyuma yuko yerekanye amashusho...

Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

by radiotv10
07/11/2025
0

Abasirikare 11 bo ku rwego rw’Abofisiye n’aba Sous-officiers mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), barimo batatu bafite...

Eng.-Senior FARDC Soldiers including Colonels accused of diverting food supplies such as rice and milk

Eng.-Senior FARDC Soldiers including Colonels accused of diverting food supplies such as rice and milk

by radiotv10
07/11/2025
0

Eleven soldiers ranked as Officers and Sous-officiers within the Armed Forces of the Democratic Republic of Congo (FARDC), including three...

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

by radiotv10
06/11/2025
0

Umushinjacyaha wo ku rwego rw’Igihugu mu Burundi ushinzwe Komini za Kirundo na Busoni, mu Ntara ya Butanyerera amaze iminsi ahungiye...

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

by radiotv10
06/11/2025
0

Perezida wa Mexico, Madamu Claudia Sheinbaum, yatangaje ko agiye kurega umugabo wamukoreye ihohoterwa rishingiye ku gitsina, nyuma yuko hari ugaragaye...

IZIHERUKA

Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026
IMYIDAGADURO

Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

by radiotv10
08/11/2025
0

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

08/11/2025
Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

08/11/2025
Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

08/11/2025
Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

07/11/2025
Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

07/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Ibisobanuro by’uwafatanywe 100.000 Frw y’amiganano byagaragaje ikibyihishe inyuma

Kigali: Ibisobanuro by’uwafatanywe 100.000 Frw y’amiganano byagaragaje ikibyihishe inyuma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.