Wednesday, December 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyo kumenya mbere y’amasaha macye ngo abanyeshuri bakore ibizamini bya Leta

radiotv10by radiotv10
24/07/2023
in MU RWANDA
0
Ibyo kumenya mbere y’amasaha macye ngo abanyeshuri bakore ibizamini bya Leta
Share on FacebookShare on Twitter

Harabura amasaha macye ngo abanyeshuri bakore ibizamini bya Leta bisoza ibyiciro binyuranye birimo icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye n’icy’abasoza ayisumbuye. Hamenyekanye ahazatangirizwa ibi bizamini ku rwego rw’Igihugu, ndetse n’imibare y’abanyeshuri bazakora ibi bizamini.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 25 Nyakanga 2023, abanyeshuri baratangira ibizamini bya Leta bisoza icyiciro rusange kizwi nka Tronc Commun, n’ibisoza amashuri yisumbuye (Advanced Level).

Biteganyijwe ko ibi bizamini bizatangizwa ku mugaragaro ku rwego rw’Igihugu n’Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Uburezi Charles KARAKYE, mu Rwunge rw’Amashuri rwa (Groupe Scolaire) rwa Kigali mu Karere ka Nyarugenge.

Abanyeshuri bazakora ibizamini bisoza icyiciro rusange, ni 131 535, barimo abahungu 58 005 n’abakobwa 73 530.

Ni mu gihe abagiye gukora ibizamini bisoza amashuri yisumbuye ari 48 674, barimo abahungu 21 307, n’ abakobwa 27 367.

Abagiye gukora ibizamini bisoza amashuri nderabarezi, TTC ni abanyeshuri 3 994, bagizwe n’abahungu 1 708, mu gihe abakobwa ari 2 286.

Abagiye gukora ibizamini bisoza amashuri y’ubumenyi ngiro, bose hamwe ni 28 196 bagizwe n’abahungu 15 229, n’abakobwa 12 967.

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubugenzuzi bw’amashuri n’Ibizamini NESA, kivuga ko abafite ubumuga bagiye gukora ibizamini muri ibyo byiciro byose, ari abanyeshuri 1 203, bagizwe n’abakobwa 562, n’abahungu 641.

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − nine =

Previous Post

Gen. Kabarebe yagaragaje ikintu gikomeye cyabaho igihe muri RDF habamo nk’ibiherutse by’Abakono

Next Post

Igitegereje abatahana abakobwa bicuruza: Gisupusupu agarukanye impanuro ku bazongwa n’umubiri

Related Posts

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

by radiotv10
24/12/2025
0

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Mozambique, yasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mocímboa da Praia,...

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’imyaka igera kuri ibiri, abaturage bo mu Karere ka Rutsiro na Rubavu batabaje kubera ikibazo cy’umugezi wa Bihongora ugabanya...

IZIHERUKA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules
MU RWANDA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

24/12/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

23/12/2025
Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igitegereje abatahana abakobwa bicuruza: Gisupusupu agarukanye impanuro ku bazongwa n’umubiri

Igitegereje abatahana abakobwa bicuruza: Gisupusupu agarukanye impanuro ku bazongwa n’umubiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.