Tuesday, October 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyo kumenya mbere y’amasaha macye ngo abanyeshuri bakore ibizamini bya Leta

radiotv10by radiotv10
24/07/2023
in MU RWANDA
0
Ibyo kumenya mbere y’amasaha macye ngo abanyeshuri bakore ibizamini bya Leta
Share on FacebookShare on Twitter

Harabura amasaha macye ngo abanyeshuri bakore ibizamini bya Leta bisoza ibyiciro binyuranye birimo icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye n’icy’abasoza ayisumbuye. Hamenyekanye ahazatangirizwa ibi bizamini ku rwego rw’Igihugu, ndetse n’imibare y’abanyeshuri bazakora ibi bizamini.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 25 Nyakanga 2023, abanyeshuri baratangira ibizamini bya Leta bisoza icyiciro rusange kizwi nka Tronc Commun, n’ibisoza amashuri yisumbuye (Advanced Level).

Biteganyijwe ko ibi bizamini bizatangizwa ku mugaragaro ku rwego rw’Igihugu n’Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Uburezi Charles KARAKYE, mu Rwunge rw’Amashuri rwa (Groupe Scolaire) rwa Kigali mu Karere ka Nyarugenge.

Abanyeshuri bazakora ibizamini bisoza icyiciro rusange, ni 131 535, barimo abahungu 58 005 n’abakobwa 73 530.

Ni mu gihe abagiye gukora ibizamini bisoza amashuri yisumbuye ari 48 674, barimo abahungu 21 307, n’ abakobwa 27 367.

Abagiye gukora ibizamini bisoza amashuri nderabarezi, TTC ni abanyeshuri 3 994, bagizwe n’abahungu 1 708, mu gihe abakobwa ari 2 286.

Abagiye gukora ibizamini bisoza amashuri y’ubumenyi ngiro, bose hamwe ni 28 196 bagizwe n’abahungu 15 229, n’abakobwa 12 967.

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubugenzuzi bw’amashuri n’Ibizamini NESA, kivuga ko abafite ubumuga bagiye gukora ibizamini muri ibyo byiciro byose, ari abanyeshuri 1 203, bagizwe n’abakobwa 562, n’abahungu 641.

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × four =

Previous Post

Gen. Kabarebe yagaragaje ikintu gikomeye cyabaho igihe muri RDF habamo nk’ibiherutse by’Abakono

Next Post

Igitegereje abatahana abakobwa bicuruza: Gisupusupu agarukanye impanuro ku bazongwa n’umubiri

Related Posts

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana

by radiotv10
28/10/2025
0

Igikomangomakazi Spéciose Mukabayojo, umukobwa w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda hagati y’ 1896 n’ 1931, yitabiye Imana muri Kenya...

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

by radiotv10
28/10/2025
0

Inzego z’iperereza mu Rwanda zemeje ko nyiri uruganda rukora inzoga izwi nka ‘Be One Gin’ ari mu maboko y’inzego z’ubutabera,...

Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

by radiotv10
28/10/2025
0

Princess Spéciose Mukabayojo, the daughter of King Yuhi V Musinga who ruled Rwanda between 1896 and 1931, has passed away...

Rwanda’s Smart National ID project worth over Rwf 100 billion

Rwanda’s Smart National ID project worth over Rwf 100 billion

by radiotv10
28/10/2025
0

The Government of Rwanda has announced that the new digital national ID project, estimated to cost over Rwf 100 billion,...

Umunyarwanda arakekwaho kwicira umugore we mu Bufaransa amuteraguye ibyuma

Umunyarwanda arakekwaho kwicira umugore we mu Bufaransa amuteraguye ibyuma

by radiotv10
28/10/2025
0

Umugabo w’Umunyarwanda w’imyaka 39 y’amavuko, arakekwaho kwicisha icyuma umugore we na we w’Umunyarwandakazi w’imyaka 38, babanaga mu Bufaransa, ubwo yahengeraga...

IZIHERUKA

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana
MU RWANDA

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana

by radiotv10
28/10/2025
0

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

28/10/2025
Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

28/10/2025
Rwanda’s Smart National ID project worth over Rwf 100 billion

Rwanda’s Smart National ID project worth over Rwf 100 billion

28/10/2025
Ntibirajya mu murongo neza-Brig.Gen Deo wa APR yavuze birambuye ku mitoreze y’umutoza mushya

Ntibirajya mu murongo neza-Brig.Gen Deo wa APR yavuze birambuye ku mitoreze y’umutoza mushya

28/10/2025
Amakuru mashya ava i Paris mu Bufaransa ahabereye ubujura buhambaye

Amakuru mashya ava i Paris mu Bufaransa ahabereye ubujura buhambaye

28/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igitegereje abatahana abakobwa bicuruza: Gisupusupu agarukanye impanuro ku bazongwa n’umubiri

Igitegereje abatahana abakobwa bicuruza: Gisupusupu agarukanye impanuro ku bazongwa n’umubiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.