Saturday, October 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ibyo kuzirikana biri muri Rayon binashobora kugena umusaruro uzava mu mukino utegerejwe na benshi

radiotv10by radiotv10
05/03/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ibyo kuzirikana biri muri Rayon binashobora kugena umusaruro uzava mu mukino utegerejwe na benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Harabura iminsi ibarirwa ku ntoki ngo abakunzi ba ruhago mu Rwanda birebere umukino bamaze igihe bategereje uzahuza Rayon na mucyeba wayo APR FC, gusa imwe muri aya makipe iri mu bihe bitayoroheye ndetse bishobora kuyigiraho ingaruka mu musaruro w’uyu mukino.

Rayon Sports iri mu bihe bitayoroheye byo kubura intsinzi, byiyongereyeho n’isezera ry’uwari umutoza wungirije, aho benshi bahamya ko ibi bibazo bishobora kugira ingaruka ku musaruro w’iyi kipe yitegura Derby y’amateka izaba mu mpera z’iki cyumweru.

Nubwo iyoboye urutonde rw’agateganyo rwa shampiyona, ikipe ya Rayon Sports imaze gutsinda imikino itatu (3) mu icyenda (9) yikurikiranya imaze gukina mu marushanwa yose.

Bijya gutangira hari ku munsi wa nyuma w’imikino ya shampiyona ubwo iyi kipe yambara ubururu n’umweru yatsindwaga na Mukura VS ibitego 2-1.

Umukino wakurikiyeho mu irushanwa ry’Intwari, Rayon yanganyije na Police FC, gusa isezererwa kuri Penaliti. Yakurikijeho Musanze banganya 2-2, itsinda Rutsiro mu mukino ubanza n’uwo kwishyura mu gikombe cy’Amahoro, irongera itsinda Kiyovu 2-1, inganya n’Amagaju, irongera inganya na Gorilla mu gikombe cy’Amahoro ndetse muri weekend iheruka, yanganyije na Gasogi United 0-0.

 

Imvune nk’imwe mu mpamvu muzi w’umusaruro udashimishije

Uyu musaruro udashimishije uri kugaragara muri Rayon Sports muri iyi minsi, hari ababihuza no kuba iyi kipe yaragiye itakaza bamwe ba bakinnyi bayo b’inkingi nyamwamba, ibi bikaba mu bihe bitandukanye.

Rutahizamu Fall Ngagne umaze gutsinda hafi 1/2 cy’ibitego Rayon imaze gutsinda muri shampiyona (13 mu mikino 14) akaba anayoboye abandi mu bitego muri shampiyona, ubu yaravunitse ndetse yabazwe mu ivi ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize, imikino 2 iheruka ntiyayikinnye yanabwiwe ko atazongera gukina muri uyu mwaka w’imikino.

Kapiteni w’iyi kipe, Muhire Kevin na we umaze gutanga imipira myinshi ivamo ibitego muri Rayon no muri shampiyona, amaze iminsi yaravunitse ndetse amaze gusiba imikino itanu (5) muri iyi saison, harimo n’itatu yikurikiranya iheruka.

Rayon Sports kandi imaze iminsi ikina idafite Youssou Diagne wari waravunitse, Souleymane Daffé na we wari waragize ikibazo cy’imvune hakiyongeraho n’abandi bakinnyi bagiye bavunika hagati muri saison nka Aimable Nsabimana, Ombolenda Fitina na Roger Kanamugire.

 

Gusezera k’umwe mu batoza, icyuho mu butoza

Muri ibi bihe Rayon Sports irimo kandi, iherutse no gutandukana na Quannane SELLAMI, Umunya-Tunisie wari usanzwe ari Umutoza wungirije.

Sellami yatandukanye na Rayon ku kibazo we avuga ko ari uburwayi bw’umuryango we, ariko akanashinja ubuyobozi bwa Rayon Sports ko butamuhembera ku gihe, imbarutso ikaba yarabaye ku wa Gatanu w’icyumweru gishize ubwo hahembwaga abakinnyi gusa, abatoza bo ntibahembwe.

Abakurikiranira hafi imitoreze ya Rayon Sports, bahamya ko uyu Sellami ari we wakoreshaga imyitozo myinshi abakinnyi, ndetse akanagira ijambo ku byemezo byo gusimbuza ku mikino bakinaga.

Icyakora nubwo ibi byose biba, Ubuyobozi bw’iyi kipe nabwo bushinjwa kuba butakigaragaza imbaraga nyinshi mu kwegera abakinnyi no kubatera akanyabugabo bihagije mu gihe bategura imikino, ibi bikiyongeraho ko ku isoko ryo muri Mutarama, Abakinnyi baguzwe bataragaragaza ko bashoboye aho kugeza ubu muri ba baje, umwe wenyine (Souleymane Daffé) ari we ugaragaza ubushobozi bwo gufasha ikipe.

Iki cyumweru kuri Rayon Sports gihishe byinshi ku mwaka wayo w’imikino, haba mu gikombe cy’Amahoro ndetse ikaba ishobora no gutakaza umwanya wa mbere muri shampiyona.

Rayon Sports yitegura Derby ya APR FC ku Cyumweru, ubu iracyayoboye shampiyona n’amanota 42, aho irusha APR ya kabiri amanota 2.

Mu gikombe cy’amahoro, kuri uyu wa 4, izasura Gorilla mu mukino wa 1/4 wo kwishyura, dore ko umukino ubanza warangiye ari ibitego 2-2.

Imvune ya Fall Ngagne ishobora guca intege iyi kipe
Isezera rya Quannane SELLAMI na ryo rishobora kugira ingaruka zitari nziza
Ubuyobozi bwa Rayon na bwo buravugwaho kutaba hafi bihagije abakinnyi

Jean Claude HITIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × five =

Previous Post

Itsinda rya RDF riyobowe n’Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka riri muri Centrafrique

Next Post

Ukraine yavuze uko igiye kwitwara nyuma yuko America iyihagarikiye inkunga ya Gisirikare

Related Posts

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

by radiotv10
25/10/2025
0

Umunyamakurukazi Clarisse Uwimana uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda, ari mu bahawe inshingano mu bagize za Komisiyo z’Ishyirahamwe ry’Umupira...

Umuti uzarandura ikibazo cy’imisifurire kiri mu bizambya ruhago nyarwanda uri mu nzira

Umuti uzarandura ikibazo cy’imisifurire kiri mu bizambya ruhago nyarwanda uri mu nzira

by radiotv10
24/10/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko riri mu biganiro na FIFA kugira ngo shampiyona yo mu Rwanda itangire...

Mukura yanditse yerura ko itishimiye imisifurire mu mukino wayo na APR

Hatangajwe ibyemezo byafatiwe abasifuzi bayoboye imikino yazamuye impaka irimo uwa APR na Mukura

by radiotv10
23/10/2025
0

Komisiyo ishinzwe imisifurire mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) yatangaje ibyemezo bishya bifitanye isano n’imikino ibiri ya Shampiyona iheruka...

Ibivugwa nyuma yuko hagiye hanze amajwi ya Perezida wa Rayon

Ibivugwa nyuma yuko hagiye hanze amajwi ya Perezida wa Rayon

by radiotv10
22/10/2025
0

Rugema Jocyline bakunze kwita 'Mado' yeguye ku mwanya w’ubunyamabanga muri Fan Base ya Rayon Sports FC, urwego ruhurije hamwe za...

Kigali igiye kwakira ibindi birori by’umukino w’amagare nyuma ya UCI Road World Championships

Kigali igiye kwakira ibindi birori by’umukino w’amagare nyuma ya UCI Road World Championships

by radiotv10
22/10/2025
0

Nyuma yuko Umujyi wa Kigali wakiriye Shampiyona y’Isi y’Amagare, uyu Murwa Mukuru w’u Rwanda ugiye no kwakira ibirori byo guhemba...

IZIHERUKA

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA
FOOTBALL

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

by radiotv10
25/10/2025
0

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

25/10/2025
Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

25/10/2025
Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

25/10/2025
Smart weekend spending: Budget tips for young professionals

Smart weekend spending: Budget tips for young professionals

25/10/2025
Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

25/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ukraine yavuze uko igiye kwitwara nyuma yuko America iyihagarikiye inkunga ya Gisirikare

Ukraine yavuze uko igiye kwitwara nyuma yuko America iyihagarikiye inkunga ya Gisirikare

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.