Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Iby’umunyeshuri wapfiriye ku ishuri bivugwa ko yari yarimwe uruhushya byinjiwemo n’inzego

radiotv10by radiotv10
15/05/2023
in MU RWANDA
0
Iby’umunyeshuri wapfiriye ku ishuri bivugwa ko yari yarimwe uruhushya byinjiwemo n’inzego
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangiye iperereza ku rupfu rw’umunyeshuri w’imyaka 12 wapfiriye mu ivuriro rito (Infirmerie) ry’Ishuri rya Ecole des Sciences de Musanze, aho bivugwa ko yabanje kwimwa uruhushya rwo gutaha ngo ajye kwivuriza hanze y’ishuri. Umwe mu bakozi b’iri shuri yatawe muri yombi.

Uyu munyeshuri w’umukobwa wigaga mu mwaka wa mbere mu ishuri ryisumbuye rya Ecole des Sciences de Musanze ryo mu Karere ka Musanze, yitabye Imana ku wa Gatandatu w’icyumweru twaraye dusoje tariki 13 Gicurasi 2023.

Umunyamakuru Joseph Hakuzwumuremyi wavuze ku rupfu rw’uyu munyeshuri mu butumwa yanyujije kuri Twitter, yavuze ko hari amakuru avuga ko yitabye Imana nyuma y’ibyumweru bikabakaba bibiri arwaye ndetse ko yari yarasabye uruhushya ubuyobozi bw’ishuri ngo ajye kwivuriza mu rugo, ariko bukamubera ibamba.

Uyu munyamakuru yavuze ko ayo makuru avuga aho kugira ngo ubuyobozi bw’iri shuri buhe uruhushya uyu mwana w’umukobwa, ahubwo bwamubwiye ko agomba kurwarira mu ivuriro rito (Infirmerie) ryaryo, akitabwaho n’abaganga b’ishuri.

Nanone kandi ngo urupfu rw’uyu munyeshuri rwamenyekanye nyuma y’amasaha atatu nyuma yo gushiramo umwuka.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwagize icyo ruvuga ku rupfu rw’uyu munyeshuri, rugendeye ku butumwa bwashyizwe kuri Twitter n’uyu munyamakuru Joseph Hakuzwumuremyi, rwavuze ko rwatangiye iperereza kuri uru rupfu.

Uru rwego rwagize ruti “RIB yatangiye iperereza ku icyaba cyateye urupfu rw’uyu mwana w’umunyeshuli. Uwitwa Nyiramugisha Jeanne, umuforomo wari ushinzwe kwita ku bana muri icyo kigo cy’ishuli ubu yafashwe afungiye kuri Station ya RIB ya Muhoza/Musanze.”

Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze, na bwo bwagize icyo buvuga ku rupfu rw’uyu mwana w’umunyeshuri wababaje abatari bacye nkuko babigaragaje ku mbuga nkoranyambaga.

Mu butumwa bwatambutse kuri Twitter y’Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze, bwagize buti “Natwe twababajwe n’urupfu rw’uyu mwana, RIB ishami rya Musanze, Ubuyobozi bw’Akarere n’izindi nzego z’Umutekano kuva ejo bikiba bari gukurikirana iki kibazo. “

Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze, bwasoje ubutumwa bwabo, bwihanganisha Umuryango wa nyakwigendera, ku bwo kubura umwana wabo bakundaga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − 5 =

Previous Post

Icyabaye ku mukinnyi w’umuhanga udasiba kuvunika cyatumye hibazwa byinshi

Next Post

Ibitangaje i Rusizi: Urutonde rw’abatishoboye ruriho n’abayobozi!

Related Posts

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

IZIHERUKA

Easy foods that help your brain stay healthy and active
IMIBEREHO MYIZA

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

08/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibitangaje i Rusizi: Urutonde rw’abatishoboye ruriho n’abayobozi!

Ibitangaje i Rusizi: Urutonde rw’abatishoboye ruriho n’abayobozi!

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.