Friday, June 6, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyaranduye kuba hari abakurwaga mu buyobozi bakaba abarakare bamwe bakanahunga

radiotv10by radiotv10
03/11/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Icyaranduye kuba hari abakurwaga mu buyobozi bakaba abarakare bamwe bakanahunga
Share on FacebookShare on Twitter

Dr Charles Murigande wabaye mu buyobozi Bukuru bw’u Rwanda, avuga ko inyigisho zivomwa mu muryango Unity Club Intwararumuri, zagize uruhare runini mu kurandura imyitwarire idahwitse yagaragaraga kuri bamwe bakurwaga ku buyobozi hambere bagasharirirwa, bamwe bakanahunga Igihugu.

Dr Charles Murigande wabaye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, akaba yaranagize imyanya mu nzego nkuru z’Igihugu, yatangaje ibi ubwo yagaragazaga umusaruro w’Umuryango Unity Club Intwararumuri.

Yavuze ko yagize amahirwe yo kuba umunyamuryango w’uyu muryango kuva washingwa na Madamu Jeannette Kagame, kandi ko hari byinshi yawungukiyemo.

Avuva ko umwe mu misaruro ya Unity Club, ari ukuba yaratumye abantu benshi barumvise ko kuba umuyobozi ari ukuba umugaragu w’Abaturarwanda.

Ati “Ikintu gikomeye Unity Club imaze kubaka mu buyobozi, ni uko abantu benshi bamaze gusobanukirwa ko kuba umuyobozi ari ukuba umugaragu w’Abaturarwanda, kandi atari ikintu uba mu gihe ugifite title, ari ikintu ukwiriye kuba mu gihe cyose.”

Dr Murigande avuga ko mu gihe cyo hambere hari abantu bavanwaga mu myanya y’ubuyobozi bakagaragaza imyitwarire y’umujinya yo kutanyurwa no kuba batakiri abayobozi.

Ati “Hari igihe cyera abantu bavaga mu buyobozi, ukabona barashaririye, bamwe barahunze abandi bagize bate, ibyo bintu byose byarashize.”

Yakomeje agira ati “Ndahamya ko Unity Club yatanze umusansu mu kongera kubaka iyo myumvire myiza yo kuba uri Umuyobozi, ukaba uri Minisitiri umwaka umwe, ibiri se, itanu se, byarangira ukagenda ugakomeza ukaba Umunyarwanda ufite akamaro, aho atuye mu byo akora, utumva ko ubwo yavuye ku Buminisitiri nta gaciro agifite cyangwa yibagiranye.”

Dr Murigande avuga ko inyigisho zivomwa muri Unity Club zagize uruhare rukomeye mu kumvisha abayobozi ko igihe bakiri mu nshingano, baba bagomba kumva ko babereyeho gukorera abaturage, kandi ko nanone igihe bazivuyemo baba bakwiye gukomeza gutanga umusanzu mu kubaka Igihugu.

Charles Murigande ubu uri mu kiruhuko cy’izabukuru, yagize imyanya itandukanye mu nzego nkuru z’Igihugu, nko kuba yarabaye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane kuva muri 2002 kugeza muri 2008, anaba Minisitiri w’Uburezi kuva muri 2009 kugeza muri 2011.

Yagiye mu kiruhuko cy’izabukuru avuye ku mwanya w’Umuyobozi wungirije wa Kaminuza y’u Rwanda ushinzwe iterambere, ari na wo mwanya yasorejeho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 2 =

Previous Post

Amabandi yari yashimuse umubyeyi w’umukinnyi w’ikirangirire yatangaje ihumure

Next Post

BREAKING: Byemejwe ko batandatu barimo abayobozi muri Rulindo batawe muri yombi

Related Posts

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

by radiotv10
05/06/2025
0

Abagabo babiri bafatiwe mu Murenge wa Kanyinya mu Karere ka Nyarugenge bafite ibilo 36 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi bari bahishe mu ipine...

IZIHERUKA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel
MU RWANDA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

05/06/2025
Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

05/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

BREAKING: Byemejwe ko batandatu barimo abayobozi muri Rulindo batawe muri yombi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.