Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyaranduye kuba hari abakurwaga mu buyobozi bakaba abarakare bamwe bakanahunga

radiotv10by radiotv10
03/11/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Icyaranduye kuba hari abakurwaga mu buyobozi bakaba abarakare bamwe bakanahunga
Share on FacebookShare on Twitter

Dr Charles Murigande wabaye mu buyobozi Bukuru bw’u Rwanda, avuga ko inyigisho zivomwa mu muryango Unity Club Intwararumuri, zagize uruhare runini mu kurandura imyitwarire idahwitse yagaragaraga kuri bamwe bakurwaga ku buyobozi hambere bagasharirirwa, bamwe bakanahunga Igihugu.

Dr Charles Murigande wabaye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, akaba yaranagize imyanya mu nzego nkuru z’Igihugu, yatangaje ibi ubwo yagaragazaga umusaruro w’Umuryango Unity Club Intwararumuri.

Yavuze ko yagize amahirwe yo kuba umunyamuryango w’uyu muryango kuva washingwa na Madamu Jeannette Kagame, kandi ko hari byinshi yawungukiyemo.

Avuva ko umwe mu misaruro ya Unity Club, ari ukuba yaratumye abantu benshi barumvise ko kuba umuyobozi ari ukuba umugaragu w’Abaturarwanda.

Ati “Ikintu gikomeye Unity Club imaze kubaka mu buyobozi, ni uko abantu benshi bamaze gusobanukirwa ko kuba umuyobozi ari ukuba umugaragu w’Abaturarwanda, kandi atari ikintu uba mu gihe ugifite title, ari ikintu ukwiriye kuba mu gihe cyose.”

Dr Murigande avuga ko mu gihe cyo hambere hari abantu bavanwaga mu myanya y’ubuyobozi bakagaragaza imyitwarire y’umujinya yo kutanyurwa no kuba batakiri abayobozi.

Ati “Hari igihe cyera abantu bavaga mu buyobozi, ukabona barashaririye, bamwe barahunze abandi bagize bate, ibyo bintu byose byarashize.”

Yakomeje agira ati “Ndahamya ko Unity Club yatanze umusansu mu kongera kubaka iyo myumvire myiza yo kuba uri Umuyobozi, ukaba uri Minisitiri umwaka umwe, ibiri se, itanu se, byarangira ukagenda ugakomeza ukaba Umunyarwanda ufite akamaro, aho atuye mu byo akora, utumva ko ubwo yavuye ku Buminisitiri nta gaciro agifite cyangwa yibagiranye.”

Dr Murigande avuga ko inyigisho zivomwa muri Unity Club zagize uruhare rukomeye mu kumvisha abayobozi ko igihe bakiri mu nshingano, baba bagomba kumva ko babereyeho gukorera abaturage, kandi ko nanone igihe bazivuyemo baba bakwiye gukomeza gutanga umusanzu mu kubaka Igihugu.

Charles Murigande ubu uri mu kiruhuko cy’izabukuru, yagize imyanya itandukanye mu nzego nkuru z’Igihugu, nko kuba yarabaye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane kuva muri 2002 kugeza muri 2008, anaba Minisitiri w’Uburezi kuva muri 2009 kugeza muri 2011.

Yagiye mu kiruhuko cy’izabukuru avuye ku mwanya w’Umuyobozi wungirije wa Kaminuza y’u Rwanda ushinzwe iterambere, ari na wo mwanya yasorejeho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + 19 =

Previous Post

Amabandi yari yashimuse umubyeyi w’umukinnyi w’ikirangirire yatangaje ihumure

Next Post

BREAKING: Byemejwe ko batandatu barimo abayobozi muri Rulindo batawe muri yombi

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

BREAKING: Byemejwe ko batandatu barimo abayobozi muri Rulindo batawe muri yombi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.