Umusirikare umwe mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) yarashe amasasu menshi muri bagenzi be, yicamo babiri, abandi icyenda (9) barakomereka bikabije, aho bivugwa ko yabitewe n’ubusinzi.
Ibi byabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 24 Kamena 2025 mu gace ka Mungazi muri Gurupoma ya Luberike muri Teritwari ya Walikale mu Ntara ya Kivu ya Ruguru.
Uyu musirikare yarashe bagenzi be mu gitondo cya kare, aho amakuru avuga ko yari yasinze inzoga yaraye anyoye ijoro ryose.
Amakuru aturuka ahabereye iki gikorwa, avuga ko muri uko kurasa muri bagenzi be, abasirikare babiri bahise bahasiga ubuzima, mu gihe abandi icyenda (9) bakomeretse cyane bagahita bajyanwa kwa muganga, bakaba bari kwitabwaho.
Urusaku rw’amasasu yarashwe n’uyu musirikare, rwakanguye abaturage batuye muri aka gace gasanzwe gakorerwamo ibikorwa by’ubucuruzi, aho babanje kwikanga ari igitero cy’abarwanyi ba AFC/M23 bafite ibirindiro mu gace kari hafi y’aka kabereyemo iki gikorwa.
Uyu musirikare wa FRDC yahise atabwa muri yombi kugira ngo aryozwe ibi yakoze, mu gihe abakomeretse bahise boherezwa ku Bitaro Bikuru bya Kibua kugira ngo bitabweho n’abaganga.
RADIOTV10