Friday, December 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Icyatumye hasibwa indirimbo ya The Ben yarebwaga ku bwinshi cyamenyekanye

radiotv10by radiotv10
26/12/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Icyatumye hasibwa indirimbo ya The Ben yarebwaga ku bwinshi cyamenyekanye
Share on FacebookShare on Twitter

Indirimbo ‘Ni Forever’ y’umuhanzi The Ben yari ikomeje guca ibintu kubera uburyo yarebwaga ku bwinshi kuri YouTube, yasibwe kuri uru rubuga, ndetse icyatumye ikurwaho kikaba cyamenyekanye.

Inkuru y’isibwa ry’iyi ndirimbo yagiye hanze mu cyumweru gishize, yamenyekanye ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 25 Ukuboza 2023.

Bamwe mu bakunzi b’uyu muhanzi, bahise batangira kwibaza impamvu iyi ndirimbo yasibwe kuri YouTube, ndetse bamwe batangira kubihuza n’ihanganisha rikunze kuba hagati y’abakunzi b’uyu muhanzi n’aba mugenzi we.

Amakuru yizewe, avuga ko icyatumye iyi ndirimbo isibwa ku rubuga rwa YouTube, ari ikirego cy’ikoreshwa ry’umutungo w’abandi (Copyright Claim) cyatanzwe na Kompanyi izwi nka Drone Skyline Ltd, isanzwe ifata amashusho hakoreshejwe utudege tutagira abapilote.

Bivugwa ko iyi kompanyi ifata amashusho by’umwihariko yo mu bikorwa remezo nko mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro ndetse n’imihanda n’imisozi miremire.

Mu mashusho y’iyi ndirimbo ‘Ni Forever’ hagaragaramo amashusho yafatiwe mu kirere bigaragara ko yafashwe na Drone, mu gihe abakurikiranira hafi ibya muzika, bemeza ko mu ifatwa ry’amashusho y’iyi ndirimbo, nta na hamwe higeze hakoreshwa aka kadege katagira umupilote.

Ikinyamakuru Inyarwanda cyandika ku nkuru z’imyidagaduro, gihamya ko amwe mu mashusho agaragara muri iyi ndirimbo ya The Ben, nk’agaragaza ishyamba rya Nyungwe, yafashwe hambere, ku buryo ari yo yatumye hatangwa ikirego cyasibishije iyi ndirimbo kuri YouTube.

Kugira ngo iyi ndirimbo igarurwe ku rubuga, byasaba ko The Ben n’iyi kompanyi bicara ku meza y’ibiganiro, ubundi bakagira ibyo bumvikanaho, kugira ngo YouTube ibone aho ihera isubizaho iyi ndirimbo yari imaze kurebwa n’abarenga miliyoni 1 mu minsi micye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 1 =

Previous Post

DRC: Abashyigikiye uhanganye na Tshisekedi bavuze ko nibabiba amajwi haba akantu

Next Post

Amagare: Umukinnyi wegukanye irushanwa ryitiriwe Umusambi yegukanye irindi ryitiriwe Inkura

Related Posts

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

by radiotv10
12/12/2025
0

Umuhanzikazi w’icyamamare mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, Aline Gahongayire, yizihije isabukuru y’amavuko kuri uyu wa 12 Ukuboza 2025,...

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

by radiotv10
11/12/2025
0

Mu rubanza rw’abaregwa gukwirakwiza amashusho y’urukozasoni, barimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, hasobanuwe ko uyu uzwi mu biganiro kuri YouTube,...

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

by radiotv10
11/12/2025
0

Umuhanzi mu njyana ya gakondo, Lionel Sentore, yagaragaje ibyishimo yatewe no kongera guhura n’umubyeyi we bari bamaze imyaka 13 batabonana,...

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

by radiotv10
11/12/2025
0

Edouard Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda, yagiye gushyigikira umuhanzi Niyo Bosco, mu muhango wo gusezerana imbere y’amategeko n’umugore...

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuhanzikazi Alyn Sano yabajijwe niba akiri isugi, abanza gutungurwa no kuba uwari ubimubajije atinyuka kubimubaza, amusubiza na we amubaza niba...

IZIHERUKA

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye
IBYAMAMARE

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

12/12/2025
Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

12/12/2025
Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

12/12/2025
Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

12/12/2025
Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

AFC/M23 yashyize hanze imyitwarire iteye impungenge ya bamwe mu basirikare b’u Burundi nyuma yo kubatsinda

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amagare: Umukinnyi wegukanye irushanwa ryitiriwe Umusambi yegukanye irindi ryitiriwe Inkura

Amagare: Umukinnyi wegukanye irushanwa ryitiriwe Umusambi yegukanye irindi ryitiriwe Inkura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.