Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Icyatumye hasibwa indirimbo ya The Ben yarebwaga ku bwinshi cyamenyekanye

radiotv10by radiotv10
26/12/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Icyatumye hasibwa indirimbo ya The Ben yarebwaga ku bwinshi cyamenyekanye
Share on FacebookShare on Twitter

Indirimbo ‘Ni Forever’ y’umuhanzi The Ben yari ikomeje guca ibintu kubera uburyo yarebwaga ku bwinshi kuri YouTube, yasibwe kuri uru rubuga, ndetse icyatumye ikurwaho kikaba cyamenyekanye.

Inkuru y’isibwa ry’iyi ndirimbo yagiye hanze mu cyumweru gishize, yamenyekanye ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 25 Ukuboza 2023.

Bamwe mu bakunzi b’uyu muhanzi, bahise batangira kwibaza impamvu iyi ndirimbo yasibwe kuri YouTube, ndetse bamwe batangira kubihuza n’ihanganisha rikunze kuba hagati y’abakunzi b’uyu muhanzi n’aba mugenzi we.

Amakuru yizewe, avuga ko icyatumye iyi ndirimbo isibwa ku rubuga rwa YouTube, ari ikirego cy’ikoreshwa ry’umutungo w’abandi (Copyright Claim) cyatanzwe na Kompanyi izwi nka Drone Skyline Ltd, isanzwe ifata amashusho hakoreshejwe utudege tutagira abapilote.

Bivugwa ko iyi kompanyi ifata amashusho by’umwihariko yo mu bikorwa remezo nko mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro ndetse n’imihanda n’imisozi miremire.

Mu mashusho y’iyi ndirimbo ‘Ni Forever’ hagaragaramo amashusho yafatiwe mu kirere bigaragara ko yafashwe na Drone, mu gihe abakurikiranira hafi ibya muzika, bemeza ko mu ifatwa ry’amashusho y’iyi ndirimbo, nta na hamwe higeze hakoreshwa aka kadege katagira umupilote.

Ikinyamakuru Inyarwanda cyandika ku nkuru z’imyidagaduro, gihamya ko amwe mu mashusho agaragara muri iyi ndirimbo ya The Ben, nk’agaragaza ishyamba rya Nyungwe, yafashwe hambere, ku buryo ari yo yatumye hatangwa ikirego cyasibishije iyi ndirimbo kuri YouTube.

Kugira ngo iyi ndirimbo igarurwe ku rubuga, byasaba ko The Ben n’iyi kompanyi bicara ku meza y’ibiganiro, ubundi bakagira ibyo bumvikanaho, kugira ngo YouTube ibone aho ihera isubizaho iyi ndirimbo yari imaze kurebwa n’abarenga miliyoni 1 mu minsi micye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + five =

Previous Post

DRC: Abashyigikiye uhanganye na Tshisekedi bavuze ko nibabiba amajwi haba akantu

Next Post

Amagare: Umukinnyi wegukanye irushanwa ryitiriwe Umusambi yegukanye irindi ryitiriwe Inkura

Related Posts

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
1

Bamwe mu bamaze igihe bakoresha imbuga nkoranyambaga banazwi mu mwuga w’itangazamakuru, bagiriye inama utarazimaraho igihe ukomeje kunyuzaho ubutumwa buvugwaho ko...

Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

Igisubizo cyihuse Miss Naomie yahaye uwibajije impamvu adatwita

by radiotv10
27/01/2026
0

Nyuma yuko hari uwanditse avuga ngo “umwaka urahise undi uratashye Miss Namie akoze ubukwe ariko nta kanunu ko gusama”, uyu...

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

by radiotv10
26/01/2026
0

Uwamamaye nka PK mu gusobanura filimi mu Rwanda, wari uherutse kwambika impeta y’urukundo umukunzi we, bamaze gukora ubukwe nk’umugore n’umugabo....

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

by radiotv10
24/01/2026
0

Abanyamakuru bazwi mu Rwanda, Aissa Cyiza, Cyuzuzo Jeanne d’Arc, Michèle Iradukunda uzwi nka Michou, na Mucyo Christella, bazwi mu kiganiro...

Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

by radiotv10
23/01/2026
0

Umuhanzi Bruce Melodie ukunze kwiyita ‘Munyakazi’, nyuma y’amasaha macye ahagurutse i Kigali akerecyeza i Nairobi muri Kenya mu bikorwa byo...

IZIHERUKA

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya
IMIBEREHO MYIZA

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

28/01/2026
Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

28/01/2026
Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amagare: Umukinnyi wegukanye irushanwa ryitiriwe Umusambi yegukanye irindi ryitiriwe Inkura

Amagare: Umukinnyi wegukanye irushanwa ryitiriwe Umusambi yegukanye irindi ryitiriwe Inkura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.