Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Icyatumye hasibwa indirimbo ya The Ben yarebwaga ku bwinshi cyamenyekanye

radiotv10by radiotv10
26/12/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Icyatumye hasibwa indirimbo ya The Ben yarebwaga ku bwinshi cyamenyekanye
Share on FacebookShare on Twitter

Indirimbo ‘Ni Forever’ y’umuhanzi The Ben yari ikomeje guca ibintu kubera uburyo yarebwaga ku bwinshi kuri YouTube, yasibwe kuri uru rubuga, ndetse icyatumye ikurwaho kikaba cyamenyekanye.

Inkuru y’isibwa ry’iyi ndirimbo yagiye hanze mu cyumweru gishize, yamenyekanye ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 25 Ukuboza 2023.

Bamwe mu bakunzi b’uyu muhanzi, bahise batangira kwibaza impamvu iyi ndirimbo yasibwe kuri YouTube, ndetse bamwe batangira kubihuza n’ihanganisha rikunze kuba hagati y’abakunzi b’uyu muhanzi n’aba mugenzi we.

Amakuru yizewe, avuga ko icyatumye iyi ndirimbo isibwa ku rubuga rwa YouTube, ari ikirego cy’ikoreshwa ry’umutungo w’abandi (Copyright Claim) cyatanzwe na Kompanyi izwi nka Drone Skyline Ltd, isanzwe ifata amashusho hakoreshejwe utudege tutagira abapilote.

Bivugwa ko iyi kompanyi ifata amashusho by’umwihariko yo mu bikorwa remezo nko mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro ndetse n’imihanda n’imisozi miremire.

Mu mashusho y’iyi ndirimbo ‘Ni Forever’ hagaragaramo amashusho yafatiwe mu kirere bigaragara ko yafashwe na Drone, mu gihe abakurikiranira hafi ibya muzika, bemeza ko mu ifatwa ry’amashusho y’iyi ndirimbo, nta na hamwe higeze hakoreshwa aka kadege katagira umupilote.

Ikinyamakuru Inyarwanda cyandika ku nkuru z’imyidagaduro, gihamya ko amwe mu mashusho agaragara muri iyi ndirimbo ya The Ben, nk’agaragaza ishyamba rya Nyungwe, yafashwe hambere, ku buryo ari yo yatumye hatangwa ikirego cyasibishije iyi ndirimbo kuri YouTube.

Kugira ngo iyi ndirimbo igarurwe ku rubuga, byasaba ko The Ben n’iyi kompanyi bicara ku meza y’ibiganiro, ubundi bakagira ibyo bumvikanaho, kugira ngo YouTube ibone aho ihera isubizaho iyi ndirimbo yari imaze kurebwa n’abarenga miliyoni 1 mu minsi micye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − 3 =

Previous Post

DRC: Abashyigikiye uhanganye na Tshisekedi bavuze ko nibabiba amajwi haba akantu

Next Post

Amagare: Umukinnyi wegukanye irushanwa ryitiriwe Umusambi yegukanye irindi ryitiriwe Inkura

Related Posts

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

by radiotv10
20/01/2026
0

Umuhanzi The Ben wari watangaje ko amakuru yari yatangajwe na mugenzi we Bruce Melodie ko bafite ibitaramo bizazazenguka Igihugu ari...

How social media Is Changing the Meaning of Fame

How social media Is Changing the Meaning of Fame

by radiotv10
20/01/2026
0

Fame used to be rare. It was reserved for movie stars, musicians, athletes, and public figures who gained recognition through...

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

by radiotv10
19/01/2026
0

Abahanzi Bruce Melodie na The Ben baherutse guhurira mu gitaramo kimwe cyatangije umwaka wa 2026, byamaze kwemezwa ko bagiye gukora...

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

by radiotv10
16/01/2026
0

Umunyamakuru Angelibert Mutabaruka uzwi nka Angeli Mutabaruka yavuze igihe yahuriye bwa mbere na KNC batangiye bakorana bombi ari abanyamakuru, nyuma...

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuririmbyi w’indirimbo z’Imana, Uwiringiyimana Théogène wamamaye nka ‘Theo Bosebabireba’ yavuze ko abamututse ko yagaragaye aririmba indirimbo ‘Pom Pom’ bamuhoye ubusa...

IZIHERUKA

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe
FOOTBALL

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

by radiotv10
21/01/2026
0

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amagare: Umukinnyi wegukanye irushanwa ryitiriwe Umusambi yegukanye irindi ryitiriwe Inkura

Amagare: Umukinnyi wegukanye irushanwa ryitiriwe Umusambi yegukanye irindi ryitiriwe Inkura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.