Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyatumye Perezida wa America yongera kugaragara yambaye agapfukamunwa cyatangajwe

radiotv10by radiotv10
06/09/2023
in AMAHANGA
0
Icyatumye Perezida wa America yongera kugaragara yambaye agapfukamunwa cyatangajwe
Share on FacebookShare on Twitter

Jill Biden, Madamu wa Joe Biden Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, yasanzwemo Covid-19, ari na byo byatumye uyu Mukuru w’Igihugu na we asabwa kubahiriza amabwiriza yose yo kwirinda iyi ndwara, nko kwambara agapfukamunwa.

Ni amakuru yemejwe n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America White Hose, ko Jill Biden w’imyaka 72 yasanzwemo ubwandu bw’iyi ndwara yigeze guhangayikisha Isi.

Uyu Madamu wa Joe Biden wanakingiwe inkingo zose zo gutsindagira, azaguma mu rugo ku mucanga wa Rehoboth muri Delaware, aho we na Perezida bari bagiye kuruhukira mu mpera z’icyumweru gishize.

Ni mu gihe Perezida Biden we wasuzumwe ku wa Mbere agasanga ari muzima, we ejo ku wa Kabiri yari yagarutse muri White House i Washington DC.

Umunyamabanga ushinzwe Itangazamakuru muri Whithe House, Karine Jean-Pierre, kuri uyu wa Kabiri yatangaje ko Perezida Biden “akomeza gusuzumwa muri iki cyumweru ndetse no kugenzura ko yagaragazaga ibimenyetso by’iyi ndwara.”

Gusa Karine Jean-Pierre avuga ko kugeza ubu, Perezida Biden ataragaragaza ikimenyetso na kimwe kandi ko “abaganga bakurikiranira hafi uko ubuzima bw’umubiri we bakomeza kumukurikirana.”

Karine Jean-Pierre yagize ati “Perezida azakomeza kwambara agapfukamunwa igihe azaba ari mu nzu ndetse no mu gihe azaba ari mu bandi bantu nk’uko bitegangwa na CDC [ikigo gishinze ibyorezo].”

Yakomeje avuga ko Perezida Biden azubahiriza amabwiriza yose yari yarashyizweho yo kwirinda iyi ndwara yigeze kuba icyorezo, “akazajya akuramo agapfukamunwa igihe ari ahantu ha wenyine.”

Perezida Biden yagaragaye mu ruhame yambaye ahapfukamunwa kuri uyu wa Kabiri ubwo yageraga ahabereye umuhango wo kwambika umudari w’icyubahiro umukambwe w’imyaka 81.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + 19 =

Previous Post

Kigali: Ukekwaho iby’ubugome budasanzwe haravugwa uko yatahuwe n’andi makuru arambuye kuri we

Next Post

Hasobanuwe impamvu abanyamagare n’abamotari bahawe umwihariko muri ‘GerayoAmahoro’

Related Posts

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

by radiotv10
20/01/2026
0

Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, yabwiye abaturage ko intsinzi ikomeye yabonye mu matora y’umukuru w’igihugu aheruka igaragaza ubuhangange bw’ishyaka rye,...

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

by radiotv10
19/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko impugenge ryagaragaje niriramuka rirekuye Umujyi wa Uvira, zahise...

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, na we yashimiye mugenzi we wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni ku bw’intsinzi ye yo kongera...

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana b’abanyeshuri mu bya politiki, nyuma yuko ribakoresheje imyiyerekano...

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

by radiotv10
16/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye kugaragaza ko uruhande bahanganye mu mirwano, rukomeje kurenga ku...

IZIHERUKA

Abasenateri bagaragarije Leta ihurizo rikizitira aborozi bo mu Rwanda mu kwiteza imbere
IMIBEREHO MYIZA

Abasenateri bagaragarije Leta ihurizo rikizitira aborozi bo mu Rwanda mu kwiteza imbere

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

20/01/2026
Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

20/01/2026
Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

20/01/2026
Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hasobanuwe impamvu abanyamagare n’abamotari bahawe umwihariko muri ‘GerayoAmahoro’

Hasobanuwe impamvu abanyamagare n’abamotari bahawe umwihariko muri 'GerayoAmahoro'

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abasenateri bagaragarije Leta ihurizo rikizitira aborozi bo mu Rwanda mu kwiteza imbere

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.