Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyavuye mu iperereza ku gisasu cyaturikiye mu rugo rw’umuturage muri Kicukiro

radiotv10by radiotv10
11/04/2022
in MU RWANDA
0
Icyavuye mu iperereza ku gisasu cyaturikiye mu rugo rw’umuturage muri Kicukiro
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko igisasu cya Grenade cyaturikiye mu rugo rw’Umuturage wo mu Murenge wa Niboye mu Karere ka Kicukiro, cyari gisanzwe kiba muri uru rugo ariko ba nyirarwo batabizi kuko bagikoreshaga nk’igikoresho cy’ubwubatsi.

Iyi Grenade yaturikiye mu rugo rw’Umuturage utuye mu Mudugudu wa Indakemwa mu Kagari ka Nyakabanda mu Murenge wa Niboye tariki 07 Mata 2022 ubwo hatangizwaga icyumweru cyahariwe Kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Amakuru yari yabanje kuvuga ko ari abagizi ba nabi bateye iyi Grenade mu gihe inzego zishinzwe iperereza zahise zitangira iperereza.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr Murangira B. Thierry yatangaje ko ibyavuye mu iperereza byerekanye ko iriya Grenade nta muntu wayiteye muri ruriya rugo nk’uko byari byabanje kuvugwa.

Ubwo yaganiraga n’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (RBA), Dr Murangira yagize ati “Iperereza ryakozwe ku bufatanye n’inzego z’umutekano, byagaragaje ko iriya Grenade yaturitse yari isanzwe iba muri urwo rugo ariko batazi ko ari igisasu.”

Dr Murangira avuga ko ba nyiri uru rugo rwaturikiyemo iki gisasu, bari basanzwe bafata iyo Grenade nk’igikoresho bifashisha bubaka kuko “cyari kibikanye n’ibindi bikoresho by’ubwubatsi.”

Ubwo bari mo bavugurura inzu yabo, bafashe ibyo bikoresho birimo n’icyo gisasu batari bazi ko ari cyo, babijyana hanze ubundi abana baza gukinisha iyo Grenade iturikana umwe muri bo w’imyaka umanani.

Dr Murangira uvuga ko uyu mwana aho ari kwitabwaho n’abaganga ari koroherwa, yatangaje ko RIB ikomeje gukora iperereza kugira ngo hamenyekane uburyo iyi Grenade yageze muri uru rugo.

Umuvugizi wa RIB yavuze ko amakuru yari yatangajwe mbere ko iki gisasu cyatewe kigambiriye guhitana umuntu ndetse n’abashatse kubihuza n’igihe Abanyarwanda barimo cyo Kwibuka, atari byo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + nine =

Previous Post

Hamenyekanye amakuru mashya ku bakomerekeye muri ya mpanuka yo ku Kamonyi

Next Post

Urugendo Kigali-Amajyepfo ubu ni ruhire, umuhanda wongeye kuba nyabagendwa

Related Posts

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Abantu batanu barimo Heradi Sefu Josué uzwi nka Prophet Joshua, bari baherutse gutabwa muri yombi bakurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro...

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

by radiotv10
30/12/2025
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yashimiye abasirikare n’abo mu zindi nzego z’umutekano z’u Rwanda ku bw’akazi...

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

by radiotv10
30/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yibukije ko muri uyu mwaka wa 2025 hari inzira zizewe zashoboraga gutuma ibibazo by’amakimbirane biri mu karere byumwihariko...

Eng.-President Kagame’s end-of-year message to the Rwanda Defence Force

Eng.-President Kagame’s end-of-year message to the Rwanda Defence Force

by radiotv10
30/12/2025
0

President Paul Kagame, the Commander-in-Chief of the Rwanda Defence Force, has commended Rwanda’s soldiers and members of other security organs...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Rwanda states that the Kinshasa-backed FDLR remains the most significant unaddressed security threat

by radiotv10
30/12/2025
0

The Government of Rwanda has emphasized that in 2025 there were credible pathways that could have helped resolve regional conflicts,...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu
MU RWANDA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

30/12/2025
Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

30/12/2025
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

30/12/2025
Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

30/12/2025
U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

30/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Urugendo Kigali-Amajyepfo ubu ni ruhire, umuhanda wongeye kuba nyabagendwa

Urugendo Kigali-Amajyepfo ubu ni ruhire, umuhanda wongeye kuba nyabagendwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.