Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyavuye mu iperereza ku gisasu cyaturikiye mu rugo rw’umuturage muri Kicukiro

radiotv10by radiotv10
11/04/2022
in MU RWANDA
0
Icyavuye mu iperereza ku gisasu cyaturikiye mu rugo rw’umuturage muri Kicukiro
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko igisasu cya Grenade cyaturikiye mu rugo rw’Umuturage wo mu Murenge wa Niboye mu Karere ka Kicukiro, cyari gisanzwe kiba muri uru rugo ariko ba nyirarwo batabizi kuko bagikoreshaga nk’igikoresho cy’ubwubatsi.

Iyi Grenade yaturikiye mu rugo rw’Umuturage utuye mu Mudugudu wa Indakemwa mu Kagari ka Nyakabanda mu Murenge wa Niboye tariki 07 Mata 2022 ubwo hatangizwaga icyumweru cyahariwe Kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Amakuru yari yabanje kuvuga ko ari abagizi ba nabi bateye iyi Grenade mu gihe inzego zishinzwe iperereza zahise zitangira iperereza.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr Murangira B. Thierry yatangaje ko ibyavuye mu iperereza byerekanye ko iriya Grenade nta muntu wayiteye muri ruriya rugo nk’uko byari byabanje kuvugwa.

Ubwo yaganiraga n’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (RBA), Dr Murangira yagize ati “Iperereza ryakozwe ku bufatanye n’inzego z’umutekano, byagaragaje ko iriya Grenade yaturitse yari isanzwe iba muri urwo rugo ariko batazi ko ari igisasu.”

Dr Murangira avuga ko ba nyiri uru rugo rwaturikiyemo iki gisasu, bari basanzwe bafata iyo Grenade nk’igikoresho bifashisha bubaka kuko “cyari kibikanye n’ibindi bikoresho by’ubwubatsi.”

Ubwo bari mo bavugurura inzu yabo, bafashe ibyo bikoresho birimo n’icyo gisasu batari bazi ko ari cyo, babijyana hanze ubundi abana baza gukinisha iyo Grenade iturikana umwe muri bo w’imyaka umanani.

Dr Murangira uvuga ko uyu mwana aho ari kwitabwaho n’abaganga ari koroherwa, yatangaje ko RIB ikomeje gukora iperereza kugira ngo hamenyekane uburyo iyi Grenade yageze muri uru rugo.

Umuvugizi wa RIB yavuze ko amakuru yari yatangajwe mbere ko iki gisasu cyatewe kigambiriye guhitana umuntu ndetse n’abashatse kubihuza n’igihe Abanyarwanda barimo cyo Kwibuka, atari byo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + 2 =

Previous Post

Hamenyekanye amakuru mashya ku bakomerekeye muri ya mpanuka yo ku Kamonyi

Next Post

Urugendo Kigali-Amajyepfo ubu ni ruhire, umuhanda wongeye kuba nyabagendwa

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Urugendo Kigali-Amajyepfo ubu ni ruhire, umuhanda wongeye kuba nyabagendwa

Urugendo Kigali-Amajyepfo ubu ni ruhire, umuhanda wongeye kuba nyabagendwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.