Sunday, January 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyavuye mu iperereza ku gisasu cyaturikiye mu rugo rw’umuturage muri Kicukiro

radiotv10by radiotv10
11/04/2022
in MU RWANDA
0
Icyavuye mu iperereza ku gisasu cyaturikiye mu rugo rw’umuturage muri Kicukiro
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko igisasu cya Grenade cyaturikiye mu rugo rw’Umuturage wo mu Murenge wa Niboye mu Karere ka Kicukiro, cyari gisanzwe kiba muri uru rugo ariko ba nyirarwo batabizi kuko bagikoreshaga nk’igikoresho cy’ubwubatsi.

Iyi Grenade yaturikiye mu rugo rw’Umuturage utuye mu Mudugudu wa Indakemwa mu Kagari ka Nyakabanda mu Murenge wa Niboye tariki 07 Mata 2022 ubwo hatangizwaga icyumweru cyahariwe Kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Amakuru yari yabanje kuvuga ko ari abagizi ba nabi bateye iyi Grenade mu gihe inzego zishinzwe iperereza zahise zitangira iperereza.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr Murangira B. Thierry yatangaje ko ibyavuye mu iperereza byerekanye ko iriya Grenade nta muntu wayiteye muri ruriya rugo nk’uko byari byabanje kuvugwa.

Ubwo yaganiraga n’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (RBA), Dr Murangira yagize ati “Iperereza ryakozwe ku bufatanye n’inzego z’umutekano, byagaragaje ko iriya Grenade yaturitse yari isanzwe iba muri urwo rugo ariko batazi ko ari igisasu.”

Dr Murangira avuga ko ba nyiri uru rugo rwaturikiyemo iki gisasu, bari basanzwe bafata iyo Grenade nk’igikoresho bifashisha bubaka kuko “cyari kibikanye n’ibindi bikoresho by’ubwubatsi.”

Ubwo bari mo bavugurura inzu yabo, bafashe ibyo bikoresho birimo n’icyo gisasu batari bazi ko ari cyo, babijyana hanze ubundi abana baza gukinisha iyo Grenade iturikana umwe muri bo w’imyaka umanani.

Dr Murangira uvuga ko uyu mwana aho ari kwitabwaho n’abaganga ari koroherwa, yatangaje ko RIB ikomeje gukora iperereza kugira ngo hamenyekane uburyo iyi Grenade yageze muri uru rugo.

Umuvugizi wa RIB yavuze ko amakuru yari yatangajwe mbere ko iki gisasu cyatewe kigambiriye guhitana umuntu ndetse n’abashatse kubihuza n’igihe Abanyarwanda barimo cyo Kwibuka, atari byo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × three =

Previous Post

Hamenyekanye amakuru mashya ku bakomerekeye muri ya mpanuka yo ku Kamonyi

Next Post

Urugendo Kigali-Amajyepfo ubu ni ruhire, umuhanda wongeye kuba nyabagendwa

Related Posts

Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Good digestion is the foundation of overall health. When your digestive system works well, your body absorbs nutrients properly, your...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Urugendo Kigali-Amajyepfo ubu ni ruhire, umuhanda wongeye kuba nyabagendwa

Urugendo Kigali-Amajyepfo ubu ni ruhire, umuhanda wongeye kuba nyabagendwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.