Wednesday, December 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyemezo cya mbere cyafashwe mu rubanza rw’abaregwa amarozi yatangiwe mu nzoga

radiotv10by radiotv10
14/02/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Urubanza rudasanzwe mu Rwanda rw’abakekwaho kurogera mu nzoga uwavugwagaho amarozi
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu bane bakurikiranyweho kwica umuturage bamurogeye mu nzoga bamuhoye kuba na we baramushinjaga kuroga umuturanyi we mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Gasabo, bafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30.

Ni icyemezo cyasomwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo kuri uyu wa Mbere tariki 13 Gashyantare 2023, Umucamanza yemeje ko abaregwa uko ari bane bafungwa by’agateganyo kuko hari impamvu zikomeye zituma bakekwa ko bakoze icyaha bakurikiranyweho.

Icyaha bakurikiranyweho cyabaye umwaka ushize, tariki 09 Ukwakira 2022 mu Mudugudu wa Ngarama mu Kagari ka Mbahe mu Murenge wa Masaka.

Mu iburanisha ryabaye ku wa Mbere tariki 06 Gashyantare 2023, Ubushinjacyaha bwari bwagaragaje imiterere y’iki cyaha, bwavuze ko umwe muri aba bantu yasangiye inzoga n’umugore witwa Mukantagara Euphrasie witabye Imana kuri iriya tariki ya 09 Ukwakira 2022.

Ubushinjacyaha bwavuze ko Mazimpaka Patrick [umwe mu baregwa] yaguriye inzoga nyakwigendera akamushyiriramo uburozi, undi yayinywa agatangira kuribwa mu nda no kuzengera, nyuma y’iminota 30 ubwo bari bamujyanye kwa muganga, akaza kwitaba Imana.

Kuri uyu wa Mbere tariki 13 Gashyantare ubwo Umucamanza yasomaga icyemezo ku ifungwa ry’agateganyo, yagarutse ku byatangarijwe mu iburanisha, avuga ko mu ibazwa ryo mu bugenzacyaha, uregwa icyaha cyo kuroga, yabyemeye ko yabikoze kubera ikiraka yari yahawe kuko yari yizejwe kuzahembwa miliyoni 1 Frw.

Umucamanza yavuze ko hagendewe kuri ibi byatangarijwe mu mabazwa ndetse no kuba abaregwa bakurikiranyweho icyaha gikomeye, bagomba kuburana bafunzwe by’agateganyo.

Ubushinjacyaha kandi bwasobanuriye Urukiko ko hakozwe iperereza ku kabari kanywereyemo inzoga yahitanye nyakwigendera, ryagaragaje ko icupa ryanywereyemo uwitabye Imana, barisanzemo amatende n’utuntu tumeze nk’ifu mu gihe iyo nzoga ya Skol itabamo ibintu nk’ibyo.

Abandi bantu batatu muri aba bane, bakekwaho kuba ikitso mu cyaha cyo kwica umuntu bamuroze, mu gihe umwe ari we Mazimpaka akurikiranyweho icyaha cyo kuroga nyakwigendera.

Uyu Mazimpaka mu mabazwa we wavugaga ko yari yarahawe ikiraka cyo kwivugana nyakwigendera akazahabwa Miliyoni 1 Frw, avugwaho kuba yarabanje kureshyareshya nyakwigendera amushukashuka ko ari umusirikare, ubundi akaza kujya kumugurira inzoga ari na bwo yamushyiriyemo ubwo burozi.

Nubwo abaregwa mu mabazwa yo mu Bugenzacyaha bemeye ibyaha, bageze mu rukiko barabihakanye, bamwe bavuga ko babyemejwe n’igitutu bashyizweho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + 20 =

Previous Post

Rusizi: Abasigajwe n’amateka bahishuye amagabo akomeretsa babwirwa n’abayobozi banagaragaza umwanzuro nabo babafatiye

Next Post

Kigali: Amayobera ku mugabo basanze mu cyuzi cy’amafi yapfuye

Related Posts

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

by radiotv10
17/12/2025
0

Umwarimu wigisha mu ishuri ry’Imyuga n’Ubumenyingiro (TSS) rya Mutenderi mu Karere ka Ngoma, yatawe muri yombi akekwaho gusambanya umwana w’umukobwa...

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

by radiotv10
17/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yavuze ko Abapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri pandagari mu Karere ka Rubavu, batangiye gukurikiranwa kuko uburyo babikozemo...

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

by radiotv10
17/12/2025
0

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwamenyesheje abagatuye ko hagiye gukorwa igikorwa cyo kubarura abashomeri badafite akazi bari hagati y’imyaka 16 na...

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

by radiotv10
17/12/2025
0

Umusore wo mu Murene wa Runda mu Karere ka Kamonyi, akurikiranyweho kwica umukecuru amukubise ishoka ubwo yamusangaga iwe nyuma yuko...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

by radiotv10
17/12/2025
0

Igisasu cyo mu bwoko bwa Grenade cyishe giturikanye abana batatu b’umuryango wo mu Murenge wa Cyumba mu Karere ka Gicumbi,...

IZIHERUKA

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi
MU RWANDA

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

by radiotv10
17/12/2025
0

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

17/12/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

17/12/2025
Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

17/12/2025
Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

17/12/2025
Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

17/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Amayobera ku mugabo basanze mu cyuzi cy’amafi yapfuye

Kigali: Amayobera ku mugabo basanze mu cyuzi cy’amafi yapfuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.