Tuesday, December 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyemezo cya mbere cyafashwe mu rubanza rw’abaregwa amarozi yatangiwe mu nzoga

radiotv10by radiotv10
14/02/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Urubanza rudasanzwe mu Rwanda rw’abakekwaho kurogera mu nzoga uwavugwagaho amarozi
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu bane bakurikiranyweho kwica umuturage bamurogeye mu nzoga bamuhoye kuba na we baramushinjaga kuroga umuturanyi we mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Gasabo, bafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30.

Ni icyemezo cyasomwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo kuri uyu wa Mbere tariki 13 Gashyantare 2023, Umucamanza yemeje ko abaregwa uko ari bane bafungwa by’agateganyo kuko hari impamvu zikomeye zituma bakekwa ko bakoze icyaha bakurikiranyweho.

Icyaha bakurikiranyweho cyabaye umwaka ushize, tariki 09 Ukwakira 2022 mu Mudugudu wa Ngarama mu Kagari ka Mbahe mu Murenge wa Masaka.

Mu iburanisha ryabaye ku wa Mbere tariki 06 Gashyantare 2023, Ubushinjacyaha bwari bwagaragaje imiterere y’iki cyaha, bwavuze ko umwe muri aba bantu yasangiye inzoga n’umugore witwa Mukantagara Euphrasie witabye Imana kuri iriya tariki ya 09 Ukwakira 2022.

Ubushinjacyaha bwavuze ko Mazimpaka Patrick [umwe mu baregwa] yaguriye inzoga nyakwigendera akamushyiriramo uburozi, undi yayinywa agatangira kuribwa mu nda no kuzengera, nyuma y’iminota 30 ubwo bari bamujyanye kwa muganga, akaza kwitaba Imana.

Kuri uyu wa Mbere tariki 13 Gashyantare ubwo Umucamanza yasomaga icyemezo ku ifungwa ry’agateganyo, yagarutse ku byatangarijwe mu iburanisha, avuga ko mu ibazwa ryo mu bugenzacyaha, uregwa icyaha cyo kuroga, yabyemeye ko yabikoze kubera ikiraka yari yahawe kuko yari yizejwe kuzahembwa miliyoni 1 Frw.

Umucamanza yavuze ko hagendewe kuri ibi byatangarijwe mu mabazwa ndetse no kuba abaregwa bakurikiranyweho icyaha gikomeye, bagomba kuburana bafunzwe by’agateganyo.

Ubushinjacyaha kandi bwasobanuriye Urukiko ko hakozwe iperereza ku kabari kanywereyemo inzoga yahitanye nyakwigendera, ryagaragaje ko icupa ryanywereyemo uwitabye Imana, barisanzemo amatende n’utuntu tumeze nk’ifu mu gihe iyo nzoga ya Skol itabamo ibintu nk’ibyo.

Abandi bantu batatu muri aba bane, bakekwaho kuba ikitso mu cyaha cyo kwica umuntu bamuroze, mu gihe umwe ari we Mazimpaka akurikiranyweho icyaha cyo kuroga nyakwigendera.

Uyu Mazimpaka mu mabazwa we wavugaga ko yari yarahawe ikiraka cyo kwivugana nyakwigendera akazahabwa Miliyoni 1 Frw, avugwaho kuba yarabanje kureshyareshya nyakwigendera amushukashuka ko ari umusirikare, ubundi akaza kujya kumugurira inzoga ari na bwo yamushyiriyemo ubwo burozi.

Nubwo abaregwa mu mabazwa yo mu Bugenzacyaha bemeye ibyaha, bageze mu rukiko barabihakanye, bamwe bavuga ko babyemejwe n’igitutu bashyizweho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × five =

Previous Post

Rusizi: Abasigajwe n’amateka bahishuye amagabo akomeretsa babwirwa n’abayobozi banagaragaza umwanzuro nabo babafatiye

Next Post

Kigali: Amayobera ku mugabo basanze mu cyuzi cy’amafi yapfuye

Related Posts

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

by radiotv10
30/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yibukije ko muri uyu mwaka wa 2025 hari inzira zizewe zashoboraga gutuma ibibazo by’amakimbirane biri mu karere byumwihariko...

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

by radiotv10
30/12/2025
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yashimiye abasirikare n’abo mu zindi nzego z’umutekano z’u Rwanda ku bw’akazi...

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

by radiotv10
30/12/2025
0

U Rwanda rwatangaje ko rushyigikiye ibyatangajwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’uwa Afurika y’Iburasirazuba, yagaragaje ko Igihugu cya Somalia kigomba...

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

by radiotv10
29/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Uburezi bw’Ibanze REB, rwatangaje ko abayobozi b’ibigo by’amashuri mu cyiciro cy’ayisumbuye n’abanza 890 bambuwe inshingano zo kuyobora,...

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

by radiotv10
29/12/2025
0

Rwanda has announced that it supports the statements issued by the African Union (AU) and the East African Community (EAC),...

IZIHERUKA

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo
MU RWANDA

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

by radiotv10
30/12/2025
0

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

30/12/2025
Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

30/12/2025
Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

29/12/2025
Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

29/12/2025
BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

29/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Amayobera ku mugabo basanze mu cyuzi cy’amafi yapfuye

Kigali: Amayobera ku mugabo basanze mu cyuzi cy’amafi yapfuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.