Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyemezo cya mbere cyafashwe mu rubanza rw’abaregwa amarozi yatangiwe mu nzoga

radiotv10by radiotv10
14/02/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Urubanza rudasanzwe mu Rwanda rw’abakekwaho kurogera mu nzoga uwavugwagaho amarozi
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu bane bakurikiranyweho kwica umuturage bamurogeye mu nzoga bamuhoye kuba na we baramushinjaga kuroga umuturanyi we mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Gasabo, bafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30.

Ni icyemezo cyasomwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo kuri uyu wa Mbere tariki 13 Gashyantare 2023, Umucamanza yemeje ko abaregwa uko ari bane bafungwa by’agateganyo kuko hari impamvu zikomeye zituma bakekwa ko bakoze icyaha bakurikiranyweho.

Icyaha bakurikiranyweho cyabaye umwaka ushize, tariki 09 Ukwakira 2022 mu Mudugudu wa Ngarama mu Kagari ka Mbahe mu Murenge wa Masaka.

Mu iburanisha ryabaye ku wa Mbere tariki 06 Gashyantare 2023, Ubushinjacyaha bwari bwagaragaje imiterere y’iki cyaha, bwavuze ko umwe muri aba bantu yasangiye inzoga n’umugore witwa Mukantagara Euphrasie witabye Imana kuri iriya tariki ya 09 Ukwakira 2022.

Ubushinjacyaha bwavuze ko Mazimpaka Patrick [umwe mu baregwa] yaguriye inzoga nyakwigendera akamushyiriramo uburozi, undi yayinywa agatangira kuribwa mu nda no kuzengera, nyuma y’iminota 30 ubwo bari bamujyanye kwa muganga, akaza kwitaba Imana.

Kuri uyu wa Mbere tariki 13 Gashyantare ubwo Umucamanza yasomaga icyemezo ku ifungwa ry’agateganyo, yagarutse ku byatangarijwe mu iburanisha, avuga ko mu ibazwa ryo mu bugenzacyaha, uregwa icyaha cyo kuroga, yabyemeye ko yabikoze kubera ikiraka yari yahawe kuko yari yizejwe kuzahembwa miliyoni 1 Frw.

Umucamanza yavuze ko hagendewe kuri ibi byatangarijwe mu mabazwa ndetse no kuba abaregwa bakurikiranyweho icyaha gikomeye, bagomba kuburana bafunzwe by’agateganyo.

Ubushinjacyaha kandi bwasobanuriye Urukiko ko hakozwe iperereza ku kabari kanywereyemo inzoga yahitanye nyakwigendera, ryagaragaje ko icupa ryanywereyemo uwitabye Imana, barisanzemo amatende n’utuntu tumeze nk’ifu mu gihe iyo nzoga ya Skol itabamo ibintu nk’ibyo.

Abandi bantu batatu muri aba bane, bakekwaho kuba ikitso mu cyaha cyo kwica umuntu bamuroze, mu gihe umwe ari we Mazimpaka akurikiranyweho icyaha cyo kuroga nyakwigendera.

Uyu Mazimpaka mu mabazwa we wavugaga ko yari yarahawe ikiraka cyo kwivugana nyakwigendera akazahabwa Miliyoni 1 Frw, avugwaho kuba yarabanje kureshyareshya nyakwigendera amushukashuka ko ari umusirikare, ubundi akaza kujya kumugurira inzoga ari na bwo yamushyiriyemo ubwo burozi.

Nubwo abaregwa mu mabazwa yo mu Bugenzacyaha bemeye ibyaha, bageze mu rukiko barabihakanye, bamwe bavuga ko babyemejwe n’igitutu bashyizweho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven − 6 =

Previous Post

Rusizi: Abasigajwe n’amateka bahishuye amagabo akomeretsa babwirwa n’abayobozi banagaragaza umwanzuro nabo babafatiye

Next Post

Kigali: Amayobera ku mugabo basanze mu cyuzi cy’amafi yapfuye

Related Posts

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ntibivugwaho rumwe

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ntibivugwaho rumwe

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yakiriye mu Biro bye, abarimo Prof. Dong-Sup Yoon usanzwe ari Perezida wa Yonsei University, Kaminuza yo muri...

IZIHERUKA

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ntibivugwaho rumwe
MU RWANDA

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ntibivugwaho rumwe

by radiotv10
28/01/2026
0

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

28/01/2026
Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

28/01/2026
Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

28/01/2026
Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Amayobera ku mugabo basanze mu cyuzi cy’amafi yapfuye

Kigali: Amayobera ku mugabo basanze mu cyuzi cy’amafi yapfuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ntibivugwaho rumwe

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.