Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyemezo kitari kitezwe ku kohereza mu Rwanda abimukira baturutse mu Bwongereza

radiotv10by radiotv10
29/06/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hamenyekanye icyatumye indege yagombaga kuvana abimukira mu Bwongereza ihagarikwa ku munota wa nyuma
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko rw’Ubujurire rw’i London mu Bwongereza rwanzuye ko gahunda yo kohereza abimukira baturutse muri iki Gihugu, bagombaga koherezwa mu Rwanda, inyuranyije n’amategeko.

Ni icyemezo cyasomwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 29 Kamena 2023 cyaje kivuguruza icyari cyafashwe n’Urukiko Rukuru mu Bwongereza.

U Rwanda n’u Bwongereza byari byagiranye amasezerano yashyizweho umukono muri Mata umwaka ushize wa 2022, wo kohereza abimukira n’abashaka ubuhungiro bagiye mu Bwongereza mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Ni umugambi wari ugamije kurengera abimukira, gusa bamwe mu biganjemo abarwanya u Rwanda bakaba barahise bahaguruka bawurwanya ndetse banashyigikirwa n’imiryango inyuranye ku Isi.

Muri Kamena umwaka ushize, indege yagombaga kuzana abimukira ba mbere, yahagaritswe igitaraganya ubwo yari iri ku kibuga cy’Indege cya Wiltshire nyuma y’uko byari bitegetswe n’ Urukiko rw’Uburenganzira bwa Muntu ku Mugabane w’u Burayi [European Court of Human Rights].

Mu kwezi k’Ukuboza umwaka ushize, Urukiko Rukuru rw’i London rwo rwari rwahaye umugisha iyi gahunda, ariko abari barwiyambaje, bahita bujuririra mu Rukiko rw’Ubujurire ari na rwo rwanzuye ko uyu mugambi unyuranyije n’amategeko.

Ubwo batangazaga icyemezo cy’Urukiko, Inteko y’Abacamanza batatu, yemeje ku bwiganze bwa benshi ko u Rwanda rudashobora gufatwa nk’Igihugu “cya gatatu” gifite umutekano wizewe ku buryo ari cyo cyakoherezwamo abavuye mu Bihugu byabo bahunze ibibazo.

Umucamanza Ian Burnett wasomye iki cyemezo yagize ati “Hari ibibazo muri gahunda y’abimukira mu Rwanda bituma tubona ko hari impungenge ko abantu bazoherezwa mu Rwanda, bazasubira mu Bihugu bakomokamo kandi barabivuyemo bafite ibibazo byo gufatwa nabi.”

Umucamanza Burnett kandi yavuze ko ari we wenyine utemera kimwe na bagenzi be babiri kuri iyi ngingo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three − one =

Previous Post

Rayon yabuze ayo kwigondera umunyezamu wihagazeho mu Rwanda yerecyeza muri Uganda

Next Post

Abamotari bahishuye undi mutwaro ubaremereye banagaragaza uwawubikoreje

Related Posts

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, mu gace ka Barcelona muri Espagne, gari ya moshi itwara abagenzi b’imbere mu...

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

by radiotv10
21/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rizasubira mu Mujyi wa Uvira nyuma yuko riwukuyemo abarwanyi baryo bose, ugahita wigabizwa n’uruhande bahanganye, rugatangira...

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

by radiotv10
21/01/2026
0

The AFC/M23 coalition has indicated that it will return to the city of Uvira after withdrawing all its fighters, following...

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

by radiotv10
20/01/2026
0

Uganda held widely watched presidential and parliamentary elections on 15 January 2026, choosing both the country’s leader and members of...

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

by radiotv10
20/01/2026
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyatangaje ko kigaruriye Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo, nyuma yuko Ihuriro AFC/M23...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abamotari bahishuye undi mutwaro ubaremereye banagaragaza uwawubikoreje

Abamotari bahishuye undi mutwaro ubaremereye banagaragaza uwawubikoreje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.