Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyemezo kitari kitezwe ku kohereza mu Rwanda abimukira baturutse mu Bwongereza

radiotv10by radiotv10
29/06/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hamenyekanye icyatumye indege yagombaga kuvana abimukira mu Bwongereza ihagarikwa ku munota wa nyuma
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko rw’Ubujurire rw’i London mu Bwongereza rwanzuye ko gahunda yo kohereza abimukira baturutse muri iki Gihugu, bagombaga koherezwa mu Rwanda, inyuranyije n’amategeko.

Ni icyemezo cyasomwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 29 Kamena 2023 cyaje kivuguruza icyari cyafashwe n’Urukiko Rukuru mu Bwongereza.

U Rwanda n’u Bwongereza byari byagiranye amasezerano yashyizweho umukono muri Mata umwaka ushize wa 2022, wo kohereza abimukira n’abashaka ubuhungiro bagiye mu Bwongereza mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Ni umugambi wari ugamije kurengera abimukira, gusa bamwe mu biganjemo abarwanya u Rwanda bakaba barahise bahaguruka bawurwanya ndetse banashyigikirwa n’imiryango inyuranye ku Isi.

Muri Kamena umwaka ushize, indege yagombaga kuzana abimukira ba mbere, yahagaritswe igitaraganya ubwo yari iri ku kibuga cy’Indege cya Wiltshire nyuma y’uko byari bitegetswe n’ Urukiko rw’Uburenganzira bwa Muntu ku Mugabane w’u Burayi [European Court of Human Rights].

Mu kwezi k’Ukuboza umwaka ushize, Urukiko Rukuru rw’i London rwo rwari rwahaye umugisha iyi gahunda, ariko abari barwiyambaje, bahita bujuririra mu Rukiko rw’Ubujurire ari na rwo rwanzuye ko uyu mugambi unyuranyije n’amategeko.

Ubwo batangazaga icyemezo cy’Urukiko, Inteko y’Abacamanza batatu, yemeje ku bwiganze bwa benshi ko u Rwanda rudashobora gufatwa nk’Igihugu “cya gatatu” gifite umutekano wizewe ku buryo ari cyo cyakoherezwamo abavuye mu Bihugu byabo bahunze ibibazo.

Umucamanza Ian Burnett wasomye iki cyemezo yagize ati “Hari ibibazo muri gahunda y’abimukira mu Rwanda bituma tubona ko hari impungenge ko abantu bazoherezwa mu Rwanda, bazasubira mu Bihugu bakomokamo kandi barabivuyemo bafite ibibazo byo gufatwa nabi.”

Umucamanza Burnett kandi yavuze ko ari we wenyine utemera kimwe na bagenzi be babiri kuri iyi ngingo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six − four =

Previous Post

Rayon yabuze ayo kwigondera umunyezamu wihagazeho mu Rwanda yerecyeza muri Uganda

Next Post

Abamotari bahishuye undi mutwaro ubaremereye banagaragaza uwawubikoreje

Related Posts

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

by radiotv10
26/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yavuze ko igisirikare cye kitigeze gikubita umugore w’umunyapolitiki Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi...

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

by radiotv10
26/01/2026
0

Mu bigo by’amashuri yisumbuye mu Gihugu cy’u Burundi muri Komini ya Gatara n’iya Kayanza, mu Ntara ya Butanyerera, haravugwa indwara...

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugaba w’ingabo za Uganda, akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni uherutse kongera gutorerwa kuyobora igihugu, yatangaje ko abashyigikiye ishyaka ritavuga...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ibibazo bya Afurika, yagaragaje ko gushyira abarwanyi ba AFC/M23 mu gisirikare...

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

by radiotv10
23/01/2026
0

I Davos mu Busuwisi, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangije Akanama k’Amahoro kagamije gushimangira agahenge kari...

IZIHERUKA

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo
AMAHANGA

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

by radiotv10
26/01/2026
0

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

26/01/2026
Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

26/01/2026
Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abamotari bahishuye undi mutwaro ubaremereye banagaragaza uwawubikoreje

Abamotari bahishuye undi mutwaro ubaremereye banagaragaza uwawubikoreje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.