• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyemezo kitari kitezwe ku kohereza mu Rwanda abimukira baturutse mu Bwongereza

radiotv10by radiotv10
29/06/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hamenyekanye icyatumye indege yagombaga kuvana abimukira mu Bwongereza ihagarikwa ku munota wa nyuma
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko rw’Ubujurire rw’i London mu Bwongereza rwanzuye ko gahunda yo kohereza abimukira baturutse muri iki Gihugu, bagombaga koherezwa mu Rwanda, inyuranyije n’amategeko.

Ni icyemezo cyasomwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 29 Kamena 2023 cyaje kivuguruza icyari cyafashwe n’Urukiko Rukuru mu Bwongereza.

U Rwanda n’u Bwongereza byari byagiranye amasezerano yashyizweho umukono muri Mata umwaka ushize wa 2022, wo kohereza abimukira n’abashaka ubuhungiro bagiye mu Bwongereza mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Ni umugambi wari ugamije kurengera abimukira, gusa bamwe mu biganjemo abarwanya u Rwanda bakaba barahise bahaguruka bawurwanya ndetse banashyigikirwa n’imiryango inyuranye ku Isi.

Muri Kamena umwaka ushize, indege yagombaga kuzana abimukira ba mbere, yahagaritswe igitaraganya ubwo yari iri ku kibuga cy’Indege cya Wiltshire nyuma y’uko byari bitegetswe n’ Urukiko rw’Uburenganzira bwa Muntu ku Mugabane w’u Burayi [European Court of Human Rights].

Mu kwezi k’Ukuboza umwaka ushize, Urukiko Rukuru rw’i London rwo rwari rwahaye umugisha iyi gahunda, ariko abari barwiyambaje, bahita bujuririra mu Rukiko rw’Ubujurire ari na rwo rwanzuye ko uyu mugambi unyuranyije n’amategeko.

Ubwo batangazaga icyemezo cy’Urukiko, Inteko y’Abacamanza batatu, yemeje ku bwiganze bwa benshi ko u Rwanda rudashobora gufatwa nk’Igihugu “cya gatatu” gifite umutekano wizewe ku buryo ari cyo cyakoherezwamo abavuye mu Bihugu byabo bahunze ibibazo.

Umucamanza Ian Burnett wasomye iki cyemezo yagize ati “Hari ibibazo muri gahunda y’abimukira mu Rwanda bituma tubona ko hari impungenge ko abantu bazoherezwa mu Rwanda, bazasubira mu Bihugu bakomokamo kandi barabivuyemo bafite ibibazo byo gufatwa nabi.”

Umucamanza Burnett kandi yavuze ko ari we wenyine utemera kimwe na bagenzi be babiri kuri iyi ngingo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + 10 =

Previous Post

Rayon yabuze ayo kwigondera umunyezamu wihagazeho mu Rwanda yerecyeza muri Uganda

Next Post

Abamotari bahishuye undi mutwaro ubaremereye banagaragaza uwawubikoreje

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Abamotari bahishuye undi mutwaro ubaremereye banagaragaza uwawubikoreje

Abamotari bahishuye undi mutwaro ubaremereye banagaragaza uwawubikoreje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.