Tuesday, October 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Icyo amategeko avuga ku byo Abanyekongo bakoreye muri Sitade n’ibihano bishobora gufatwa

radiotv10by radiotv10
10/09/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Icyo amategeko avuga ku byo Abanyekongo bakoreye muri Sitade n’ibihano bishobora gufatwa
Share on FacebookShare on Twitter

Ibikorwa bidakwiye byakozwe n’abafana b’Ikipe y’Igihugu ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byo kwangiza Sitade yabo, bishobora gutuma hafatwa ibihano birimo amande cyangwa kuba ikipe y’Igihugu yazakina nta bafana, ndetse no kuba Sitade yabereyeho izi mvururu yafungwa.

Iyi myitwarire idakwiye yagaragajwe n’abafana b’ikipe y’Igihugu ya DRC kuri uyu wa Kabiri tariki 09 Nzeri 2025, nyuma yuko itsinzwe n’iya Senegal ibitego 3-2.

Aba bafana bakuye zimwe mu ntebe za Stade des Martyrs yakiniweho uyu mukino, barazimenagura nk’uko byagaragaye mu mashusho yasakaye.

Kugeza ubu ntacyo ubuyobozi bwa DRC buravuga kuri iyi myitwarire idakwiye yagaragajwe na bamwe mu Banyekongo, gusa Minisitiri wa Siporo, Didier Budimbu, yagaragaje ko yababajwe n’ibi bakoze.

Itegeko ry’imyitwarire ry’Impuzamashyirahamwe y’umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA byumwihariko mu ngingo zaryo; iya 16 n’iya 67 ryavuguruwe muri 2023, rigaragaza ibihano binyuranye ku myitwarire nk’iyi yagaragajwe n’Abanyekongo.

Ni ibihano bikunze guhabwa Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Gihugu cyabereyemo ibyo bikorwa cyangwa ku ikipe y’abafana babikoze.

Ibihano bikunze kuba ari amande y’amafaranga cyangwa kuba hari imikino yakinwa iyo kipe idafite abafana, kuba iyo sitade yafungwa, gukura amanota ku ikipe, ndetse no kuba yakumirwa mu marushanwa.

Ku bikorwa bikomeye, hafatwa ibihano bikomeye, nk’uko biteganywa muri ziriya ngingo, iya 16 n’iya 67. FIFA ishobora gufata ingamba zikarishye zirimo kuba ikipe yaterwa mpaga, gukurwaho amanota, kimwe no kuba yakumirwa mu irushanwa.

Ibikorwa byo kujugunya ibiturika n’ibikorwa byo kwangiza bikomeye, hafatwa ibihano byo gucibwa amande.

Nko muri 2022 mu mukino wahuje Maroc na DRC kuri Sitade yitiriwe Umwami Mohamed VI, abafana ba Maroc bateye ibishashi muri sitade baninjira mu kibuga, ibintu byatumye Maroc icibwa amande y’ibihumbi 37 USD, ndetse ikipe y’iki Gihugu ihanishwa gukina umukino wakurikiyeho nta bafana bari muri Sitade.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − fourteen =

Previous Post

U Rwanda rwabwiye amahanga ko noneho DRCongo yarengereye ku byo yavuze kuri RDF

Next Post

Religion vs. Reality: Why young Rwandans are questioning the church more than ever

Related Posts

Eng.-VAR technology coming to Rwandan football

Eng.-VAR technology coming to Rwandan football

by radiotv10
28/10/2025
0

The Rwanda Football Federation (FERWAFA) has announced that the Video Assistant Referee (VAR) technology, which helps improve refereeing decisions, will...

Igihe ikoranabuhanga rya VAR rizatangira gukoresherezwa mu Rwanda cyamenyekanye

Igihe ikoranabuhanga rya VAR rizatangira gukoresherezwa mu Rwanda cyamenyekanye

by radiotv10
28/10/2025
0

Ubuyobozi bw’Ishyihamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ryatangaje ko ikoranabuhanga ryinganira imisifurire rizwi nka VAR (Video Assistant Referee) rizatangira gukoreshwa...

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

by radiotv10
25/10/2025
0

Umunyamakurukazi Clarisse Uwimana uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda, ari mu bahawe inshingano mu bagize za Komisiyo z’Ishyirahamwe ry’Umupira...

Umuti uzarandura ikibazo cy’imisifurire kiri mu bizambya ruhago nyarwanda uri mu nzira

Umuti uzarandura ikibazo cy’imisifurire kiri mu bizambya ruhago nyarwanda uri mu nzira

by radiotv10
24/10/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko riri mu biganiro na FIFA kugira ngo shampiyona yo mu Rwanda itangire...

Mukura yanditse yerura ko itishimiye imisifurire mu mukino wayo na APR

Hatangajwe ibyemezo byafatiwe abasifuzi bayoboye imikino yazamuye impaka irimo uwa APR na Mukura

by radiotv10
23/10/2025
0

Komisiyo ishinzwe imisifurire mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) yatangaje ibyemezo bishya bifitanye isano n’imikino ibiri ya Shampiyona iheruka...

IZIHERUKA

Rwanda’s Smart National ID project worth over Rwf 100 billion
MU RWANDA

Rwanda’s Smart National ID project worth over Rwf 100 billion

by radiotv10
28/10/2025
0

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

28/10/2025
Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

28/10/2025
Umunyarwanda arakekwaho kwicira umugore we mu Bufaransa amuteraguye ibyuma

Umunyarwanda arakekwaho kwicira umugore we mu Bufaransa amuteraguye ibyuma

28/10/2025
Eng.-VAR technology coming to Rwandan football

Eng.-VAR technology coming to Rwandan football

28/10/2025
Eng.-Rwandan origin girl competing for Miss Belgium crown

Eng.-Rwandan origin girl competing for Miss Belgium crown

28/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Religion vs. Reality: Why young Rwandans are questioning the church more than ever

Religion vs. Reality: Why young Rwandans are questioning the church more than ever

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s Smart National ID project worth over Rwf 100 billion

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.