Thursday, May 15, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo America ivuga ku Munyarwanda yataye muri yombi ukekwaho gukora Jenoside yakorewe Abatutsi

radiotv10by radiotv10
25/04/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Icyo America ivuga ku Munyarwanda yataye muri yombi ukekwaho gukora Jenoside yakorewe Abatutsi
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yataye muri yombi Umunyarwanda Faustin Nsabumukunzi ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, wari umaze imyaka irenga 20 atuye muri iki Gihugu cyamufashe, gisezeranya ko hatitawe ku gihe kizaba gishize, kitazabura gufata abantu nk’aba barakoze amarorerwa mu Bihugu byabo.

Amakuru dukesha itangazo ryashyizwe hanze na Minisiteri y’Ubutabera muri Leta Zunze Ubumwe za America kuri uyu Kane, uyu Munyarwanda w’imyaka 65 yatawe muri yombi ku busabe bw’Inteko ya Central Islip i New York aho yari atuye.

Minisiteri y’Ubutabera ya USA ivuga ko yatawe muri yombi hagendewe ku nyandiko y’ikireho yo ku ya 22 Mata, aho uyu Mugabo aregwa “kubeshya ubwo yasabaga green card ndetse n’ubwenegihugu bw’iki Gihugu, agamije kusibanganya ibimenyetso by’uruhare yagize rwo kuyobora no gutegura Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.”

Iri tangazo rya USA rivuga ko hagendewe ku nyandiko, Faustin Nsabumukunzi utuye muri Bridgehampton i New York, yari Umuyobozi wa Segiteri ubwo Jenoside yatangiraga.

Minisiteri y’Ubutabera ya America, yatangaje ko “Nsabumukunzi yatawe muri yombi muri iki gitondo (cyo kuri uyu wa Kane) muri Long Island kandi biteganyijwe ko saa saba n’igice agezwa imbere y’Umucamanza w’Urukiko ku rwego rw’Akarere, Joanna Seybert mu Karere k’Ibirasirazuba bwa New York.”

Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Ubutabera muri Diviziyo ikurikirana ibyaha muri Minisiteri y’Ubutabera muri America, Matthew R. Galeotti yagize ati “Uregwa yagize uruhare mu bikorwa biteye ubwoba bw’urugomo yakoreye mu mahanga, ubundi abeshya imyirondoro ye yaka Green Card ndetse anagerageza kubona ubwenegihugu bwa US.”

Uyu mugabo w’Umunyarwanda yari amaze imyaka 22 ari muri Leta Zunze Ubumwe za America, kuko yari atuyeyo kuva mu mwaka wa 2003.

Matthew R. Galeotti yavuze ko Leta Zunze Ubumwe za America zidashobora kuzihanganira abantu nk’aba bakoze amarorerwa bakajya kwihisha muri iki Gihugu.

Yagize ati “Hatitawe ku gihe kizaba gishize, Ishami ry’Ubutabera rizashakisha kandi rizakurikirana abantu bose baba barakoze amarorerwa mu Bihugu byabo ubundi bakiyoberanya bakaza banashakisha ubwenegihugu bwa Leta Zunze Ubumwe za America.”

Naho Umushinjacyaha mu Karere k’Iburasirazuba bwa New York, John J. Durham we yagize ati “Nk’uko bivugwa, Nsabumukunzi yabeshye inshuro nyinshi agamije guhishira uruhare yagize mu bikorwa by’indengakamere bya Jenoside yabaye mu Rwanda [Bavuga Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994] ndetse no kugira ngo abone uruhusa rwo gutura no kubona ubwenegihugu bwa Leta Zunze Ubumwe za America.”

John J. Durham yakomeje agira ati “Mu binyacumi bibiri bishize, yakomeje kugendera kuri ibyo binyoma anaba muri Leta Zunze Ubumwe za America afite ishusho nziza adakwiye, abaho ubuzima buhenze butigeze bubonwa n’abo yahemukiye kandi batazanagira, ariko bitewe n’imbaraga z’Abagenzacyaha n’Abashinjacyaha bacu, cyera kabaye uregwa agomba kuzaryozwa amarorerwa ye.”

Minisiteri y’Ubutabera ya Leta Zunze Ubumwe za America, ivuga ko Nsabumukunzi yakoresheje ububasha yari afite nk’umuntu wari umuyobozi mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, ubundi akayobora ibikorwa by’ubwicanyi, ndetse akanayobora amatsinda y’interahamwe zariho zikora Jenoside.

Nsabumukunzi kandi aregwa kuba yarashyizeho za Bariyeri mu gihe cya Jenoside, zagiye zicirwaho Abatutsi, ndetse akaba yarari yarahamijwe ibyaha bya Jenoside n’Inkiko zo mu Rwanda zamuburanishije adahari nk’uko biteganywa n’amategeko.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 1 =

Previous Post

Rusizi: Basobanuye ibikomeje gufata intera bikorerwa mu gace katakinyurwa n’abiganjemo abagore ku mugoroba

Next Post

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe intambwe nziza igiye guterwa hagati y’u Rwanda na DRCongo

Related Posts

Kigali: Hagaragajwe abantu bakekwaho ubujura bwa Telefone

Kigali: Hagaragajwe abantu bakekwaho ubujura bwa Telefone

by radiotv10
15/05/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwerekanye abantu 14 bakekwaho ubujura bwa telefone, zibwe mu bice bitandukanye by’Igihugu, runasubiza telefone 332 ba...

The Ben nyuma yo kugarukwaho mu rubanza rwa Fatakumavuta yahise amugenera ubutumwa

Ubushinjacyaha bwatangaje igihano busabira Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’

by radiotv10
15/05/2025
0

Mu rubanza ruregwamo umunyamakuru Sengabo Jean Bosco wamenyekanye nka Fatakumavuta, Ubushinjacyaha bwasabye Urukiko kumuhamya ibyaha akurikiranyweho birimo ivangura, rukamukatira gufungwa...

I Rubavu haravugwa itsinda ry’abana b’abakobwa biyise ‘Sunika Simbabara’ rivugwaho ibidakwiye abangavu

I Rubavu haravugwa itsinda ry’abana b’abakobwa biyise ‘Sunika Simbabara’ rivugwaho ibidakwiye abangavu

by radiotv10
15/05/2025
0

Abo mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, baravuga ko itsinda ry’abana b’abakobwa biyise ‘Sunika Simbabara’ ribazengereje kuko bishoye...

Ibyakurikiye kwanga icyifuzo cy’Umuyobozi ku isambu amaranye imyaka 30 byamusize mu ihurizo

Ibyakurikiye kwanga icyifuzo cy’Umuyobozi ku isambu amaranye imyaka 30 byamusize mu ihurizo

by radiotv10
14/05/2025
0

Umuturage wo mu Kagari ka Rebero mu Murenge wa Nzahaha mu Karere ka Rusizi, arasaba ubuyobozi bw’Akarere kumurenganura nyuma yo...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
14/05/2025
0

IZIHERUKA

Ubutumwa buvuye muri RIB bugenewe abanyamakuru babiri bazwi mu Rwanda bamaze iminsi baterana amagambo
FOOTBALL

Ubutumwa buvuye muri RIB bugenewe abanyamakuru babiri bazwi mu Rwanda bamaze iminsi baterana amagambo

by radiotv10
15/05/2025
0

Kigali: Hagaragajwe abantu bakekwaho ubujura bwa Telefone

Kigali: Hagaragajwe abantu bakekwaho ubujura bwa Telefone

15/05/2025
The Ben nyuma yo kugarukwaho mu rubanza rwa Fatakumavuta yahise amugenera ubutumwa

Ubushinjacyaha bwatangaje igihano busabira Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’

15/05/2025
I Rubavu haravugwa itsinda ry’abana b’abakobwa biyise ‘Sunika Simbabara’ rivugwaho ibidakwiye abangavu

I Rubavu haravugwa itsinda ry’abana b’abakobwa biyise ‘Sunika Simbabara’ rivugwaho ibidakwiye abangavu

15/05/2025
Umuhanzi ukizamuka muri muzima Nyarwanda ahishuye ibicantege yasimbutse n’icyatumye bitamuhagarika

Umuhanzi ukizamuka muri muzima Nyarwanda ahishuye ibicantege yasimbutse n’icyatumye bitamuhagarika

15/05/2025
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda yakoze mu ntoki abakinnyi b’ikipe y’Igihugu abakandira akanyenyeri

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda yakoze mu ntoki abakinnyi b’ikipe y’Igihugu abakandira akanyenyeri

15/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAKURU MASHYA: Hatangajwe intambwe nziza igiye guterwa hagati y’u Rwanda na DRCongo

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe intambwe nziza igiye guterwa hagati y’u Rwanda na DRCongo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Ubutumwa buvuye muri RIB bugenewe abanyamakuru babiri bazwi mu Rwanda bamaze iminsi baterana amagambo

Kigali: Hagaragajwe abantu bakekwaho ubujura bwa Telefone

Ubushinjacyaha bwatangaje igihano busabira Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.