Friday, August 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Icyo APR ivuga ku bakunzi bayo baregwa mu rubanza rurimo Abofisiye ba RDF n’abanyamakuru

radiotv10by radiotv10
15/08/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Icyo APR ivuga ku bakunzi bayo baregwa mu rubanza rurimo Abofisiye ba RDF n’abanyamakuru
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bwa APR FC bwasabye abakunzi b’iyi kipe bakozwe ku mutima n’ifungwa rya bamwe muri bo bafite ibyo bakurikiranyweho, kubyihanganira, kandi ko bwizeye ko ubutabera buzatangwa neza.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ubuyobozi bwa APR FC kuri uyu wa Gatanu tariki 15 Kanama 2025 nyuma y’iminsi ibiri Urukiko rwa Gisirikare rutangiye kuburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo urubanza ruregwamo abantu 28 barimo abofisiye muri RDF n’abofisiye bakuru muri RCS ndetse na bamwe mu bakunzi b’iyi kipe.

Ibyaha biregwa aba bantu bishingiye ku matike y’indege yaguzwe hakoreshejwe konti ya Minisiteri y’Ingabo ubwo ikipe ya APR FC yajyaga mu Misiri gukina na Pyramids, muri Nzeri 2024 mu Irushanwa Nyafurika rya CAF Champions League.

Bamwe mu bazwi muri APR baregwa muri uru rubanza, ni Mugisha Frank uzwi nka Jangwani usanzwe ari Umuvugizi w’Abafana ba APR FC.

Mu butumwa bwashyizwe hanze n’ubuyobozi bwa APR FC, bwatangajwe na Chairman w’iyi kipe, Brig Gen Deo Rusanganwa kuri uyu wa Gatanu, bugira buti “Hari abakunzi bacu kubera iperereza ryakozwe ku micungire y’ikipe, byabaye ngombwa ko bagira ibyo babazwa kugira abakozemo amakosa bahanwe. Ni byo, ko wenda hari n’abatarabigizemo uruhare bisanzemo.”

Ubuyobozi bwa APR bukomeza bugira buti “Abo byakoze ku mutima babyihanganire. Reka twizere ubutabera bwacu, kuko nubwo wenda byatindaho gato bizarangira bikemutse neza.”

Ubuyobozi bwa APR butangaje ibi mu gihe iyi kipe izanahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika ya CAF Champions League, iri mu myiteguro yayo ndetse na Shampiyona, aho yaninjiye mu gikorwa yise ‘Inkera y’Abahizi’ kirimo ibikorwa binyuranye birimo n’irushanwa yateguye. Ibi bikorwa byose bisaba ko abakunzi b’iyi kipe baba bari hamwe kandi batahiriza umugozi umwe nk’uko bisanzwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 5 =

Previous Post

Igihugu cyo muri Afurika kigiye kugura na America intwaro za miliyoni 346$

Related Posts

Ubutumwa Min.Mukazayire yageneye umunyempano ukomeye muri America muri Basketball mbere yo gutaha

Eng.-Minister Mukazayire’s message to a talented American basketball player before his departure

by radiotv10
14/08/2025
0

The Minister of Sports, Nelly Mukazayire, received basketball player Nate Ament, a rising talent in the United States with Rwandan...

Ubutumwa Min.Mukazayire yageneye umunyempano ukomeye muri America muri Basketball mbere yo gutaha

Ubutumwa Min.Mukazayire yageneye umunyempano ukomeye muri America muri Basketball mbere yo gutaha

by radiotv10
14/08/2025
0

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yakiriye umukinnyi wa Basketball Nate Ament uhanzwe amaso muri Leta Zunze Ubumwe za America ufite...

Uko byari byifashe ubwo Yanga SC yambariye guhura na Rayon yasesekaraga i Kigali

Uko byari byifashe ubwo Yanga SC yambariye guhura na Rayon yasesekaraga i Kigali

by radiotv10
14/08/2025
0

Ikipe ya Yanga SC yo muri Tanzania, yageze mu Rwanda, aho ije gukina umukino wa gicuti na Rayon Sports ku...

Bidasubirwaho hemejwe kandidatire y’ushobora kuyobora FERWAFA nyuma y’impaka zabanje

Bidasubirwaho hemejwe kandidatire y’ushobora kuyobora FERWAFA nyuma y’impaka zabanje

by radiotv10
12/08/2025
0

Komisiyo ishinzwe Amatora mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), yemeje kandidatire ya Shema Ngoga Fabrice n’itsinda ry’abo bari kumwe...

Umutoza Seninga watandukanye bitunguranye n’ikipe yari yatangiyemo akazi yabonye indi hanze y’u Rwanda

Umutoza Seninga watandukanye bitunguranye n’ikipe yari yatangiyemo akazi yabonye indi hanze y’u Rwanda

by radiotv10
11/08/2025
0

Nyuma yo gutandukana na Etincelles FC yari yatangiyemo akazi, umutoza Innocent Seninga ku nshuro ya kabiri yerekeje muri Djibouti asinyira...

IZIHERUKA

Icyo APR ivuga ku bakunzi bayo baregwa mu rubanza rurimo Abofisiye ba RDF n’abanyamakuru
FOOTBALL

Icyo APR ivuga ku bakunzi bayo baregwa mu rubanza rurimo Abofisiye ba RDF n’abanyamakuru

by radiotv10
15/08/2025
0

Igihugu cyo muri Afurika kigiye kugura na America intwaro za miliyoni 346$

Igihugu cyo muri Afurika kigiye kugura na America intwaro za miliyoni 346$

15/08/2025
Guhura kwa Perezida wa America Trump na Putini w’u Burusiya byahagurukije imbaga

Guhura kwa Perezida wa America Trump na Putini w’u Burusiya byahagurukije imbaga

15/08/2025
Do men have safe spaces too?-Exploring emotional vulnerability, mental Health, and toxic masculinity

Do men have safe spaces too?-Exploring emotional vulnerability, mental Health, and toxic masculinity

15/08/2025
Abagenzacyaha ba RIB bagaragarijwe impamvu ari bo Abanyarwanda bareberaho ishusho y’ubutabera bw’u Rwanda

Abagenzacyaha ba RIB bagaragarijwe impamvu ari bo Abanyarwanda bareberaho ishusho y’ubutabera bw’u Rwanda

15/08/2025
MTN Rwanda Delivers Strong Half-Year Results and Marks a Major Milestone with 5G Rollout

MTN Rwanda Delivers Strong Half-Year Results and Marks a Major Milestone with 5G Rollout

15/08/2025
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo APR ivuga ku bakunzi bayo baregwa mu rubanza rurimo Abofisiye ba RDF n’abanyamakuru

Igihugu cyo muri Afurika kigiye kugura na America intwaro za miliyoni 346$

Guhura kwa Perezida wa America Trump na Putini w’u Burusiya byahagurukije imbaga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.