Polisi y’u Rwanda yavuze ko umumotari wagaragaye atwaye moto anahetse umwana mu mugongo, yakoze ibitemewe, ndetse ko yatangiye kubazwa icyabimuteye.
Ni nyuma yuko ku mbuga nkoranyambaga hagaragaye amashusho y’umumotari uba atwaye moto mu mujyi wa Musanze mu Karere ka Musanze, anahetse umwana mu mpetso mu mugongo.
Ni amashusho yazamuye impaka nyinshi, bamwe bibaza kuri uyu mumotari ku cyamuteye kugenda ahetse umwana mu mugongo, abandi banabishima bavuga ko yumvise ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye bw’abagabo n’abagore, ku buryo ashobora kuba yarabikoze avuye kuvuza cyangwa gukingiza umwana we.
Gusa ukoresha Konti yitwa Ifitiyigihaza ku rubuga nkoranyambaga rwa X, yashyizeho aya mashusho abaza polisi niba ibyakozwe n’uyu mumotari byemewe.
Mu butumwa buherekeje aya mashusho yashyizweho n’uyu ukoresha konti yitwa Ifiritiyigihaza yagize ati “Polisi y’u Rwanda ese ibi bintu biremewe byo gutwara moto uhetse umwana?”
Polisi y’u Rwanda mu gusubiza uyu muturage, na yo ibinyujije kuri uru rubuga nkoranyambaga rwa X, yagize iti “Ibyo uyu mumotari yakoze bibangamiye ubuzima bw’umwana n’umutekano we.”
Polisi y’u Rwanda kandi yatangaje ko uyu mumotari wagaragaye atwaye moto anahetse umwana mu mugongo, ari kubazwa icyamuteye kubikora.
RADIOTV10