Tuesday, August 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Icyo Rayon isaba nyuma y’icyemezo cyafashwe ku mukino wayo na Mukura n’icyo izakora nikitubahirizwa

radiotv10by radiotv10
18/04/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Hatangajwe ikigiye gukorwa ku kibazo gitunguranye cyasize impaka ku mukino wahuzaga Rayon na Mukura
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ritangaje icyemezo cyafashwe ku kibazo cyabaye ku mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Amahoro wahuzaga Rayon Sports na Mukura VS, rikemeza ko uzasubukurwa, ubuyobozi bw’iyi kipe bwatangaje ko bwamaze kukijuririra, busaba ko hubahirizwa icyemezo cyo gutera mpaga Mukuru, bitaba ibyo iyi kipe ikikura mu irushanwa.

Ni nyuma yuko umukino ubanza wa 1/2 cy’Igikombe cy’Amahoro wahuzaga Rayon Sports na Mukura VS uhagaritswe ugeze ku munota wa 27’ bitewe no kuzima kw’amatara.

Iki cyemezo cyashyizwe hanze kuri uyu wa Kane tariki 17 Mata 2025, kivuga ko nyuma y’isuzuma ryakozwe na Komisiyo ishinzwe amarushanwa, byagaragaye ko ikibazo cyatumye uyu mukino uhagarara utarangiye, kitaturutse ku burangare bw’abateguye umukino.

FERWAFA igira iti “Hashingiwe ku raporo ya Komiseri w’umukino, ibisobanuro byatanzwe n’abari bateguye umukino, ndetse na raporo yatanzwe na Sosiyete itunganya ikanatanga serivisi z’ingufu n’amashanyarazi (EUCL), byagaragaye ko ikibazo cyatewe na “short circuit” ikomeye. Nk’uko impuguke mu by’amashanyarazi zibigaragaza muri raporo yashyikirijwe”

Ikomeza ivuga ko ibibazo nk’ibi biba gake kandi bigoye kubirinda, nubwo haba harakozwe ibikorwa byo kubikumira hakiri kare.

Igakomeza igira iti “Ibyo byatumye Komisiyo y’Amarushanwa isanga nta burangare bwagaragaye ku ruhande rw’abari bateguye umukino, ahubwo ikibazo cyatewe n’impamvu yihariye, itunguranye kandi itari mu bushobozi bwabo bwo kuyirinda, izwi nka cas de force majeure.

Bityo, Komisiyo ishingiye ku ngingo ya 38, igika cya 5 cy’amabwiriza agenga amarushanwa ya FERWAFA, yemeje ko Umukino uzasubukurwa uhereye ku munota warugezeho igihe wahagarikwaga, ukinwe ku wa 22 Mata 2025 saa cyenda z’amanywa kuri Stade ya Huye.”

Ubuyobozi bwa Rayon Sports na bwo bwahise bushyira hanze itangazo butangaz ako bwajuririye iki cyemezo kuko butanyuzwe na cyo.

Mu itangazo ryashyizwe hanze na Rayon, ubuyobozi bw’iyi kipe bugira buti “Rayon Sports yajuririye icyemezo cyafashwe na Komisiyo y’Amarushanwa ya FERWAFA cyo gusubiramo umukino ubanza wa 1/2 cy’igikombe cy’Amahoro wahuje Mukura Victory Sports FC na Rayon Sport FC, wabereye kuri Stade Huye tariki 15 Mata 2025 wahagaritswe kubera impamvu z’urumuri rudahagije.”

Ubuyobozi bw’iyi kipe bukomeza bugira buti “Rayon Sports irasaba gushyira mu bikorwa ingingo ya 38.3 y’amategeko agenga amarushanwa ya FERWAFA, Rayon Sports igahabwa intsinzi ku bitego 3-0 (mpaga).”

Ubuyobozi bw’iyi kipe kandi bwatangaje ko igihe ibi bitaba byubahirijwe ngo hafatwe icyemezo buvuga ko giteganywa n’amategeko agenga amarushanwa, iyi kipe ititeguye gukomeza iki Gikombe cy’Amahoro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three − two =

Previous Post

Rubavu: Abasenyewe na Sebeya ubwo habaga ibiza bikomeye bamaze imyaka ibiri mu rujijo

Next Post

Umuhanzi ugezweho muri Gospel Nyarwanda yahishuye ibitari bizwi ku rugendo rwe rwa muzika

Related Posts

Bidasubirwaho hemejwe kandidatire y’ushobora kuyobora FERWAFA nyuma y’impaka zabanje

Bidasubirwaho hemejwe kandidatire y’ushobora kuyobora FERWAFA nyuma y’impaka zabanje

by radiotv10
12/08/2025
0

Komisiyo ishinzwe Amatora mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), yemeje kandidatire ya Shema Ngoga Fabrice n’itsinda ry’abo bari kumwe...

Umutoza Seninga watandukanye bitunguranye n’ikipe yari yatangiyemo akazi yabonye indi hanze y’u Rwanda

Umutoza Seninga watandukanye bitunguranye n’ikipe yari yatangiyemo akazi yabonye indi hanze y’u Rwanda

by radiotv10
11/08/2025
0

Nyuma yo gutandukana na Etincelles FC yari yatangiyemo akazi, umutoza Innocent Seninga ku nshuro ya kabiri yerekeje muri Djibouti asinyira...

Icyizere Umutoza wa APR aha abafana ku mukino wa mbere w’ishiraniro azahuramo na Rayon

Icyizere Umutoza wa APR aha abafana ku mukino wa mbere w’ishiraniro azahuramo na Rayon

by radiotv10
08/08/2025
0

Umutoza wa APR FC, Abderrahim Talib yongeye kwibutsa abakunzi b'iyi kipe ko badakwiye guterwa ubwoba na Rayon Sports mu mukino...

Kinshasa yatoranyijwe kwakira Inteko rusange ya CAF

Kinshasa yatoranyijwe kwakira Inteko rusange ya CAF

by radiotv10
07/08/2025
0

Umujyi wa Kinshasa, umurwa mukuru wa Repubulika Ndemokarasi ya Congo, watoranyijwe kuzakira Inama y’inteko rusange isanzwe ya 47 y’Impuzamashyirahamwe y’Umupira...

Jules Karangwa wabaye umunyamakuru yahawe inshingano zikomeye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

Jules Karangwa wabaye umunyamakuru yahawe inshingano zikomeye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

by radiotv10
07/08/2025
0

Jules Karangwa wigeze gukora umwuga w’itangazamakuru nk’umunyamakuru w’ibiganiro bya Siporo, yagizwe Umuyobozi Mukuru w’Urwego rukurikirana Shampiyona y’Umupira w’Amaguru mu Rwanda...

IZIHERUKA

Bidasubirwaho hemejwe kandidatire y’ushobora kuyobora FERWAFA nyuma y’impaka zabanje
FOOTBALL

Bidasubirwaho hemejwe kandidatire y’ushobora kuyobora FERWAFA nyuma y’impaka zabanje

by radiotv10
12/08/2025
0

Ntimwite ku myaka yanjye n’uko ngaragara-Umukowa w’imyaka 20 arifuza kuzahatana na Museveni w’imyaka 80

Ntimwite ku myaka yanjye n’uko ngaragara-Umukowa w’imyaka 20 arifuza kuzahatana na Museveni w’imyaka 80

12/08/2025
Undi munyamakuru mu Rwanda yerecyeje ku kindi gitangazamakuru

Undi munyamakuru mu Rwanda yerecyeje ku kindi gitangazamakuru

12/08/2025
Igisubizo Polisi yasubije uwavuze ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha hari gukoreshwa akuma ‘bakarigataho’

Igisubizo Polisi yasubije uwavuze ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha hari gukoreshwa akuma ‘bakarigataho’

12/08/2025
Perezida wa America Donald Trump yakomoje kuri kimwe mu bikorwa by’Ubudasa bw’u Rwanda

Perezida wa America Donald Trump yakomoje kuri kimwe mu bikorwa by’Ubudasa bw’u Rwanda

12/08/2025
Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

12/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi ugezweho muri Gospel Nyarwanda yahishuye ibitari bizwi ku rugendo rwe rwa muzika

Umuhanzi ugezweho muri Gospel Nyarwanda yahishuye ibitari bizwi ku rugendo rwe rwa muzika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bidasubirwaho hemejwe kandidatire y’ushobora kuyobora FERWAFA nyuma y’impaka zabanje

Ntimwite ku myaka yanjye n’uko ngaragara-Umukowa w’imyaka 20 arifuza kuzahatana na Museveni w’imyaka 80

Undi munyamakuru mu Rwanda yerecyeje ku kindi gitangazamakuru

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.