Sunday, December 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Icyo Rayon isaba nyuma y’icyemezo cyafashwe ku mukino wayo na Mukura n’icyo izakora nikitubahirizwa

radiotv10by radiotv10
18/04/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Hatangajwe ikigiye gukorwa ku kibazo gitunguranye cyasize impaka ku mukino wahuzaga Rayon na Mukura
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ritangaje icyemezo cyafashwe ku kibazo cyabaye ku mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Amahoro wahuzaga Rayon Sports na Mukura VS, rikemeza ko uzasubukurwa, ubuyobozi bw’iyi kipe bwatangaje ko bwamaze kukijuririra, busaba ko hubahirizwa icyemezo cyo gutera mpaga Mukuru, bitaba ibyo iyi kipe ikikura mu irushanwa.

Ni nyuma yuko umukino ubanza wa 1/2 cy’Igikombe cy’Amahoro wahuzaga Rayon Sports na Mukura VS uhagaritswe ugeze ku munota wa 27’ bitewe no kuzima kw’amatara.

Iki cyemezo cyashyizwe hanze kuri uyu wa Kane tariki 17 Mata 2025, kivuga ko nyuma y’isuzuma ryakozwe na Komisiyo ishinzwe amarushanwa, byagaragaye ko ikibazo cyatumye uyu mukino uhagarara utarangiye, kitaturutse ku burangare bw’abateguye umukino.

FERWAFA igira iti “Hashingiwe ku raporo ya Komiseri w’umukino, ibisobanuro byatanzwe n’abari bateguye umukino, ndetse na raporo yatanzwe na Sosiyete itunganya ikanatanga serivisi z’ingufu n’amashanyarazi (EUCL), byagaragaye ko ikibazo cyatewe na “short circuit” ikomeye. Nk’uko impuguke mu by’amashanyarazi zibigaragaza muri raporo yashyikirijwe”

Ikomeza ivuga ko ibibazo nk’ibi biba gake kandi bigoye kubirinda, nubwo haba harakozwe ibikorwa byo kubikumira hakiri kare.

Igakomeza igira iti “Ibyo byatumye Komisiyo y’Amarushanwa isanga nta burangare bwagaragaye ku ruhande rw’abari bateguye umukino, ahubwo ikibazo cyatewe n’impamvu yihariye, itunguranye kandi itari mu bushobozi bwabo bwo kuyirinda, izwi nka cas de force majeure.

Bityo, Komisiyo ishingiye ku ngingo ya 38, igika cya 5 cy’amabwiriza agenga amarushanwa ya FERWAFA, yemeje ko Umukino uzasubukurwa uhereye ku munota warugezeho igihe wahagarikwaga, ukinwe ku wa 22 Mata 2025 saa cyenda z’amanywa kuri Stade ya Huye.”

Ubuyobozi bwa Rayon Sports na bwo bwahise bushyira hanze itangazo butangaz ako bwajuririye iki cyemezo kuko butanyuzwe na cyo.

Mu itangazo ryashyizwe hanze na Rayon, ubuyobozi bw’iyi kipe bugira buti “Rayon Sports yajuririye icyemezo cyafashwe na Komisiyo y’Amarushanwa ya FERWAFA cyo gusubiramo umukino ubanza wa 1/2 cy’igikombe cy’Amahoro wahuje Mukura Victory Sports FC na Rayon Sport FC, wabereye kuri Stade Huye tariki 15 Mata 2025 wahagaritswe kubera impamvu z’urumuri rudahagije.”

Ubuyobozi bw’iyi kipe bukomeza bugira buti “Rayon Sports irasaba gushyira mu bikorwa ingingo ya 38.3 y’amategeko agenga amarushanwa ya FERWAFA, Rayon Sports igahabwa intsinzi ku bitego 3-0 (mpaga).”

Ubuyobozi bw’iyi kipe kandi bwatangaje ko igihe ibi bitaba byubahirijwe ngo hafatwe icyemezo buvuga ko giteganywa n’amategeko agenga amarushanwa, iyi kipe ititeguye gukomeza iki Gikombe cy’Amahoro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × five =

Previous Post

Rubavu: Abasenyewe na Sebeya ubwo habaga ibiza bikomeye bamaze imyaka ibiri mu rujijo

Next Post

Umuhanzi ugezweho muri Gospel Nyarwanda yahishuye ibitari bizwi ku rugendo rwe rwa muzika

Related Posts

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

by radiotv10
13/12/2025
0

Rutahizamu wa Police FC, Kwitonda Alain bakunze kwita Bacca, yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga, ahamya ko ari itangirira...

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

by radiotv10
12/12/2025
0

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports biravugwa ko agera mu Rwanda mu mpera z’iki...

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon yatanze umucyo ku bibaza ku hazaza h’ikipe

by radiotv10
11/12/2025
0

Umuyobozi w’inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yatangaje itariki ntarengwa iyi kipe izaba yamaze kubona umutoza mushya wayo, ndetse anagaruka...

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

by radiotv10
09/12/2025
0

Uwari Umuyobozi w’ikipe ya APR FC, Brigadier General Déo RUSANGANWA, ntakiri kuri uyu mwanya kubera izindi nshingano z’akazi ke ka...

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

by radiotv10
09/12/2025
0

Rutahizamu wa Police FC n’Ikipe y’Igihugu Amavubi, Byiringiro Lague yifurije umugore we isabukuru nziza y’imyaka ine bamaze bakoze ubukwe bemeranyijwe...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi ugezweho muri Gospel Nyarwanda yahishuye ibitari bizwi ku rugendo rwe rwa muzika

Umuhanzi ugezweho muri Gospel Nyarwanda yahishuye ibitari bizwi ku rugendo rwe rwa muzika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.